Minisitiri Murekezi i Kinshasa mu nama yiga ku ishoramari

Minisitiri w’Intebe Anastase Murekezi, kuri uyu wa 24 Gashyantare 2016 ari i Kinshasa mu nama igamije guha agaciro ibyagezweho n’abikorera mu Karere k’Ibiyaga Bigari.

Iyi nama yanitabiriwe n’Umunyamabanga Mukuru wa Loni, Ban Ki Moon na Perezida wa DR Kongo, Joseph Kabila Kabange, hamwe n’abandi bakuru ba za Guverinoma.

Uhereye ibumoso Ban Ki Moon, Perezida Kabila na Minisitiri w'intebe w'u Rwanda Anastase Murekezi muri iyo nama
Uhereye ibumoso Ban Ki Moon, Perezida Kabila na Minisitiri w’intebe w’u Rwanda Anastase Murekezi muri iyo nama

Igamije kandi kwereka abashoramari uko ishoramari rihagaze, umutekano uharangwa ndetse n’amahirwe ahari mu ishoramari.

Ni inama yari ihuje abahagarariye inganda zitandukanye zikorera mu karere, abashinzwe iterambere ry’imishinga, abakuru ba za Guverinoma bo mu karere, abafatanyabikorwa mu iterambere, abashoramari mpuzamahanga n’abarebana n’ubukungu.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo   ( 1 )

Mukosore umutwe w’iyi nkuru, ni Minisitiri w’Intebe ntabwo ari Minisitiri byonyine

kagabi yanditse ku itariki ya: 26-02-2016  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka