Rwamagana: Aba DASSO baremeye incike ya jenoside banayitera inkunga y’imirimo

Abagize Urwego Rwunganira Ubuyobozi bw’Akarere mu gucunga Umutekano (DASSO) bo mu Karere ka Rwamagana, bafashije umukecuru w’incike ya jenoside yakorewe Abatutsi utuye mu Mudugudu wa Kangerero, mu Kagari ka Bwiza mu Murenge wa Kigabiro wo mu Karere ka Rwamagana, bamuha ibikoresho byo mu nzu, ibiribwa bamukorera imirimo y’amaboko.

Ibikoresho bahaye uyu mukecuru birimo intebe zo mu ruganiriro, umufariso, ibiribwa ndetse n’amasabune; byose hamwe bibarirwa mu gaciro k’amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 180. Iyi nkunga ikaba yarakusanyijwe n’aba DASSO 45 bakorera mu Karere ka Rwamagana.

Aba DASSO bakoze imirimo irimo kwasiriza inkwi umukecuru Mukantabana kugira ngo abone uko acana bitamugoye.
Aba DASSO bakoze imirimo irimo kwasiriza inkwi umukecuru Mukantabana kugira ngo abone uko acana bitamugoye.

Umukecuru witwa Mukantabana Esther wahawe ibi bikoresho, yashimiye urwego rwa DASSO ndetse n’Umukuru w’igihugu Paul Kagame, ngo kuko byose bikomoka ku miyoborere myiza yatoje Abanyarwanda.

Mukantaba akaba yagaragaje icyifuzo cy’uko Umukuru w’igihugu, Paul Kagame, yakomeza kuyobora u Rwanda ngo kuko ku buyobozi bwe, ni bwo incike zabonye agaciro n’ubufasha.

Aba DASSO batunganyije akarima k'igikoni kwa Mukantabana.
Aba DASSO batunganyije akarima k’igikoni kwa Mukantabana.

Umuyobozi wa DASSO mu Karere ka Rwamagana, Baguma Willy, avuga ko nubwo bashinzwe umutekano, ngo bafite n’imbaraga zafasha abaturage mu iterambere n’imibereho myiza, ikaba ari yo mpamvu bazikoresheje bunganira uyu mukecuru.

Baguma avuga ko nyuma yo kugira icyo gitekerezo nk’aba DASSO bakorera mu Karere ka Rwamagana, begereye ubuyobozi bw’akarere maze bubereka uwo mukecuru utishoboye, na bo banoza inama yo kumufasha.

Mukantabana yishimye acinyana akadiho n'aba DASSO.
Mukantabana yishimye acinyana akadiho n’aba DASSO.

Umuyobozi w’Akarere ka Rwamagana, Uwizeyimana Abdoul Kalim, yavuze ko urwego rwa DASSO rugize uruhare rukomeye mu gufasha imiryango y’abarokotse jenoside batishoboye kandi ngo ubuyobozi buzakomeza gushishikariza n’abandi bafatanyabikorwa gufasha imiryango nk’iyi.

Umukecuru Mukantabana Esther (hagati) yicaranye n'abashyitsi ku ntebe yahawe n'aba DASSO b'i Rwamagana.
Umukecuru Mukantabana Esther (hagati) yicaranye n’abashyitsi ku ntebe yahawe n’aba DASSO b’i Rwamagana.

Uretse inkunga y’ibikoresho, aba DASSO b’i Rwamagana basirije uyu mukecuru inkwi zo gucana ndetse bamutunganyiriza akarima k’igikoni.

Emmanuel Ntivuguruzwa

Ibitekerezo   ( 2 )

Nibakomerezaho nantu babagabo kuko Dasso barwamagana bafasha abaturage cyane nange nigeze kugira ikibazo baramfasha kirakemuka

Alias patos yanditse ku itariki ya: 20-06-2015  →  Musubize

Aba DASSO ba rwamagana turabashimiye cyane, bakomereze aho nabantu babagabo cyane.

Alias yanditse ku itariki ya: 19-06-2015  →  Musubize

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka