Mu ijoro ryo ku Cyumweru tariki 30 Mata 2023, habaye umuhango wo gutanga ku nshuro ya gatatu ibihembo bya ‘The Choice Awards’, mu rwego rwo guteza imbere uruhando rw’imyidagaduro, Bruce Melodie atwara ibihembo bibiri birimo icy’Umuhanzi w’umwaka mu Rwanda.
Kuri uyu wa 24 Mata 2023 Urwego rw’Igihugu rushinzwe itangazamakuru n’itumanaho(CNC) rwatangaje ko ruhagaritse ku mugaragaro indirimbo 33 mu Burundi, ruvuga ko zirimo amagambo ateye isoni, ibyo bikaba biihabanye n’umuco w’Igihugu cyabo.
Umuhanzi Bruce Melodie yagaragaje ko ari mu gahinda yatewe no kubura Nyirakuru witabye Imana.
Umuhanzi Mani Martin avuga ko mu ndirimbo 8 ziri kuri Alubumu ye yise Nomade agiye kumurika tariki 26 Gicurasi 2023 harimo indirimbo yitwa Lucifer (Shitani) yahimbye abitewe n’uko abantu benshi bamufata.
Indirimbo ‘Hagati y’ibiti bibiri’ ya nyakwigendera Rodrigue Karemera, abantu benshi bibwiraga ko yayihimbiye umukobwa kubera amashusho ya videwo (clip) yacaga kenshi kuri Televiziyo y’u Rwanda, arimo umukobwa batemberana mu busitani nyuma bagasezeranaho ku kibuga cy’indege.
Umuhanzi Stromae ufite inkomoko mu Rwanda akagira ubwenegihugu bw’Ababiligi, yasubitse ibitaramo byinshi yagombaga gukora ku mugabane w’u Burayi, avuga ko akeneye kwita ku buzima bwe.
Mukarusine Claudine, umukobwa ufite ubumuga bw’uruhu, avuga ko nyuma yo kugaragara mu mashusho y’indirimbo ‘igitekerezo’ ya King James byahinduye abenshi mu bateshaga agaciro abafite ubumuga.
Umuhanzi Saidi Brazza wamamaye mu njyana ya Reggae, yitabye Imana mu gitondo cyo kuri uyu wa 24 Werurwe 2023 aguye mu bitaro bya Ngozi mu Burundi, aho yari amaze iminsi arwariye.
Itorero Inyamibwa rya AERG, ryatangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, ryakoze igitaramo cyiswe Urwejeje Imana, kikaba cyasusurukije imbaga y’abacyitabiriye, baturutse hirya no hino mu gihugu.
Mu ijoro ryo ku wa 11 rishyira 12 Werurwe 2023, nibwo hirya no hino ku mbuga nkoranyambaga hatangiye gusakazwa amakuru y’urupfu rw’icyamamare mu njyana ya Amapiano ikunzwe n’urubyiruko muri iyi minsi, Costa Tsobanoglou, wamenyekanye mu muziki nka Costa Titch.
Umuhanzi w’umuraperi Muheto Bertrand uzwi nka B. They, yasabye ndetse anakwa Keza Nailla bamaze igihe bakundana, ubukwe bwabaye mu ibanga rikomeye.
Jean Pierre Ntwali Mucumbitsi umuhanzi nyarwanda uzwi ku izina rya Jali yasabye anakwa Rocio Salazar bamaze imyaka 10 bakundana, uwo mukunzi we akaba afite inkomoko muri Espanye.
Iradukunda Elsa wabaye Nyampinga w’u Rwanda mu mwaka wa 2017 kuri uyu wa Kane tariki ya 02 Werurwe 2023 yasezeranye mu mategeko na Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid.
Nyakwigendera Rubayita Théophile wamenyekanye cyane mu ndirimbo ‘Uyu mwana ni we mahoro’, yavutse ku itariki 10 Nyakanga 1947 muri komine Giciye Perefegitura ya Gisenyi, ariko umuryango we waje kujya i Byumba kubera akazi Rubayita arahakurira ahiga n’amashuri abanza.
Umunsi wa Saint Valentin ni umunsi witiriwe Mutagatifu Valentin wabayeho mu binyejana byashize, ukomeza kwizihizwa uko imyaka igenda ihita indi igataha. Mu Rwanda uwo munsi w’itariki 14 Gashyantare 2023, waranzwe no guhana indabo, impano, kohererezanya ubutumwa bw’urukundo, ku bakundana no gusohoka bagasangira , mu gihe ku (…)
Robyn Rihanna Fenty uzwi cyane nka Rihanna ubwo yari mu gitaramo cya Super Bowl Halftime Show cyabaye mu rukerera rwa tariki 13 Gashyantare 2023, yahishuriye abakunzi be ko atwite umwana wa kabiri w’umuraperi A$AP Rocky.
Umuraperi w’icyamamare wo muri Afurika y’Epfo, Kiernan Jarryd Forbes (AKA), yitabye imana arasiwe ku muhanda wa Florida i Durban.
Leonardo DiCaprio wamenyekanye cyane nka Romeo muri Filime ‘Romeo na Juliet’, yavuze ko atari mu rukundo n’umunyamideli w’imyaka 19 y’amavuko, nyuma y’amafoto y’aba bombi amaze iminsi acicikana abagaragaza bari hamwe.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana umaze kubaka izina, Prosper Nkomezi kuri ubu ugeze kure imyiteguro y’igitaramo azakorera i Huye, yatangaje ko azasangira urubyiniro n’itsinda rya Papi Clever na Dorcas na bo bamaze kwigarurira imitima ya benshi bakunda ibihangano byabo.
Umuhanzi Nasseb Abdoul Juma wamamaye cyane nka Diamond Platnumz muri Tanzania, Afurika y’i Burasirazuba no ku Isi muri rusange, yamaze gutangaza ko agiye kwibaruka undi mwana muri uyu mwaka.
Ku nshuro ya mbere mu Rwanda hateguwe igitaramo cyiswe ‘Kaze Rugamba’ cyibutsa ubumwe bw’Abanyarwanda n’Abarundi, guhera ku ngoma y’Abami na nyuma yaho, uburyo bahoze ari umwe ntawe ushobora kubameneramo.
Itariki 5 Gashyantare ni umunsi w’ingenzi kuri Neymar. Iki cyamamare muri ruhago ni bwo yizihiza isabukuru ye y’amavuko. Iy’uyu mwaka yabaye ku Cyumweru, aho uyu munsi we waranzwe no kwakira ubutumwa butandukanye ku mbuga nkoranyambaga ze yagenewe n’inshuti ze, abafana be, umuryango we ndetse n’ibindi birangirire muri ruhago.
Igitaramo cy’umuhanzi w’Umunya-Jamaica, Collin Demar Edwards, wamamaye nka Demarco mu muziki wa Reggae na Dancehall, nticyitabiriwe kuko yasaga n’uwaririmbiye intebe zo muri BK Arena.
Itsinda ry’abaramyi Papi Clever n’umugore we Dorcas bahembuye imitima y’abitabiriye igitaramo bise ‘Yavuze yego live concert’, cyabereye muri Camp Kigali, banamurika alubumu y’indirimbo 300.
Mu gitondo cyo ku wa Gatandatu tariki 14 Mutarama 2023, nibwo umuhanzi Ngabo Medard Jobert wamenyekanye nka Meddy, yasohoye indirimbo yise ‘Grateful’.
Umuhanzi Don Jazzy ukomoka muri Nigeria yavuze ko kugeza ubu yumva kubana n’umugore umwe gusa atari igitekerezo cyiza, n’ubwo ngo uko abyumva bishobora kuzahinduka mu gihe kizaza.
Umuraperi Meek Mill yasabye imbabazi nyuma yo gufatira amashusho y’indirimbo mu ngoro y’umukuru w’Igihugu cya Ghana Nana Akufo-Addo.
Umuhanzi Musoni Evariste yavukiye mu Rwanda ku Kibuye (Karongi) mu 1948, ahunga mu 1973 ari kumwe na nyina bajya mu Burundi, abavandimwe be bahungira mu bindi bihugu, nyuma y’uko ise yiciwe mu Rwanda mu 1963 mu mvururu zishingiye ku ivangura ryari ryaratangiye mu 1959.
Hakizimana Amani wamamaye nka ‘Ama G The Black’ muri muzika, yavuze ko abahanzi bo mu kiragano gishya badabagiye kandi ngo banaririmba ibintu bitumvikana.
Curtis James Jackson, Umuraperi w’Umunyamerika wamamaye nka 50 Cent, yatangaje ko agiye kugaruka gukora umuziki nyuma y’imyaka icyenda atagaragara.