Umuhanzi Jose Chameleone Mayanja, yatunguranye ataramira abakunzi be mu gitaramo cyabereye mu mujyi wa Toronto muri Canada, nyuma y’amasaha make asezerewe mu Bitaro.
Umuhanzi David Adeleke wamamaye nka Davido, ubuyobozi bw’umujyi Huston muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika bwategetse ko tariki 07 Nyakanga buri mwaka ari umunsi wahariwe uyu muhanzi ‘Davido Day’.
Umuhanzi Diamond Platnumz usanzwe ufite abana bane ku bagore batandatukanye, yatunguye abakunzi be ubwo yabateguzaga ko muri Mutarama umwaka utaha azibaruka Umwana wa Gatanu.
Nyuma yo kubona ko umuziki wo mu njyana ya Hip Hop ugenda uzimira ugasimburwa n’izindi njyana, abateguye Iserukiramuco ryitwa ‘Ubumuntu Arts Festival’ ry’uyu mwaka, bashyizemo na gahunda igamije kwiga no kuganira ku muziki wo mu njyana ya Hip Hop, nk’imwe mu njyana zitanga ubutumwa bufasha abantu ku giti cyabo na sosiyete (…)
Angel Divas Amber Rose umunyarwandakazi umaze imyaka irenga 13 mu Bufaransa yiyemeje kumenyekanisha umuziki Nyarwanda mu Burayi.
Umuhanzi wamamaye mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, Joseph Mayanja uzwi cyane ku izina rya Dr Jose Chameleone , arembeye muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Umuririmbyi w’Umunya-Nigeria, John Ighodaro wamenyekanye nka Johnny Drille agakundirwa cyane indirimbo ze z’urukundo, yatunguye benshi ubwo hajyaga amafoto hanze y’ubukwe bwe yakoze mu ibanga.
Umuhanzi ukomoka muri Kenya, Jacob Obunga wamamaye ku izina rya Otile Brown, ari mu gahida nyuma yo kubura umwana we wari utaravuka.
Umuhanzikazi w’icyamamare Madonna Louise Ciccone, wari wajyanywe mu bitaro mu cyumweru gishize, yasezerewe n’abaganga asubira iwe mu rugo I New York, ndetse akaba ameze neza.
Umuhanzi Naseeb Abdul Juma Issack, wamamaye nka Diamond Platnumz, yatangaje ko muri uku kwezi kwa Nyakanga atangira gushyira hanze indirimbo, nyuma y’igihe afashe akaruhuko.
Umuhanzi Adedeji Adeleke uzwi nka Davido arashinjwa guca inyuma umugore we Chioma, agatera inda abakobwa babiri mu bihe bimwe.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Madonna, yimuye ibitaramo byo kuzenguruka Isi, byari biteganyijwe gutangira muri Nyakanga kugeza mu kwezi k’Ukuboza 2023, nyuma yo kujyanwa mu bitaro kubera indwara yatewe na bagiteri ‘grave infection bactérienne’.
Umunya-Nigeria Davido yaririmbye mu muhango wo gutanga ibihembo bya BET Awards byabaga ku nshuro ya 23, bagenzi be barimo Burna Boy na Tems begukana ibihembo.
Umuhanzi w’icyamamare wo muri Tanzania, Nasibu Abdul uzwi cyane ku mazina ya Diamond Platnumz, yinjiye mu rugamba rwo kurwanya ibiyobyabwenge, ahamagarira urubyiruko rwo muri icyo gihugu kureka kubikoresha, kuko nta nyungu bizana mu buzima bwaho ahubwo bibwangiza.
Indirimbo ‘Calm Down’ y’umuhanzi ukomoka muri Nigeria, Rema, kuva yasohoka ikomeje guca aduhigo ku rutonde rw’indirimbo zikunzwe mu bihugu bitandukanye ku Isi.
Urubuga rwa Audiomack rucuruza imiziki rwatangaje ko umuhanzi Burna Boy wo muri Nigeria yaciye agahigo ko kuba umunyafurika wa mbere aho abarenga miliyari imwe bamaze kumva indirimbo ze.
Ali Kiba, umuhanzi wamamaye muri Bongo Flava (Umuziki wo muri Tanzania), yagize icyo avuga ku bihuha bivuga ko yatandukanye n’umugore we Amina Khalef, akanga kumusinyira impapuro za gatanya.
Umuraperikazi w’umunyamerika Onika Tanya Maraj- Petty uzwi cyane nka Nicki Minaj yashize amanga ahishura ko Lil Wayne ari we mpamvu yatumye ajya kwiyongeresha ibice by’umubiri we birimo n’ikibuno.
Ricky Martin ni rimwe mu mazina azwi rugando rw’imyidagaduro cyane cyane muri Amerika y’Amajyepfo aho akomoka, kuko ni umuhanzi w’indirimbo w’icyamamare, akaba n’umwanditsi wazo.
Umuhanzi Hakizimana Amani ukoresha izina ry’ubuhanzi rya Ama-G The Black yatangaje ko impamvu yise Album y’indirimbo ze ‘Ibishingwe’ ari ukugira ngo agaragaze ko hari ibintu bidahabwa agaciro kandi bigafite.
Ku nshuro ya mbere i Kigali mu Rwanda hagiye guhurira ibihangange mu muziki ku Mugabane wa Afurika, bizahurira mu Iserukiramuco rizwi nka ‘Giants of Africa Festival’.
Umuhanzikazi w’Umunyamerika, Beyoncé Giselle Knowles-Carter, ukomeje kuzenguruka u Burayi mu bitaramo bigamije kumenyekanisha Album ye nshya aheruka gusohora yise ‘Renaissance’, ubwo aheruka muri Suède yateje izamuka ry’ibiciro ku isoko.
Umuhanzi Burna Boy ukomoka muri Nigeria, yahaye impano y’umukufi ukoze muri Diyama igihangange akaba n’umunyabigwi mu mupira w’amaguru, Thierry Henry, wakiniye ikipe y’Igihugu y’u Bufaransa na Arsenal.
Umunya-Kenya w’umunyarwenya umaze kwamamara mu Karere no ku mugabane wa Afurika, Eric Omondi n’umukunzi we, umunyamideli n’umushabitsikazi, Lynne, batangaje ko bitegura kwibaruka umwana wabo wa mbere.
Umuhanzi Ossama Masut Khalid, umaze kwandika izina nka Okkama, ari mu byishimo bikomeye nyuma yo kwibaruka imfura y’umwana w’umuhungu.
Umuraperi w’icyamamare, Tupac Amaru Shakur, umaze imyaka 27 yishwe, yahawe inyenyeri muri ‘Hollywood Walk Of Fame’ ku bw’ibikorwa by’indashyikirwa yagezeho.
Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P, wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys, aritegura kwerekeza ku mugabane wa Amerika, mu bitaramo bizenguruka Canada.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga ryo muri Uganda, Ghetto Kids, ryahabwaga amahirwe yo kwegukana irushanwa ry’abanyempano rya Britain’s Got Talent ntiryahiriwe.
Itsinda ry’abana b’ababyinnyi babigize umwuga bo muri Uganda bazwi nka ‘Ghetto Kids’ryakoze amateka yo kugera mu cyiciro cya nyuma (Final) y’irushanwa ry’abanyempano rya Britain’s Got Talent.
Umuhanzi ukomoka muri Nijeriya, Oluwatobiloba Daniel Anidugbe uzwi cyane ku izina rya Kizz Daniel yahishuye ko yibarutse umwana wa gatatu w’Umuhungu ariko akaza kwitaba Imana.