Imwe mu mikino y’umunsi wa 14 wa shampiyona yahinduriwe amasaha, aho umukino wa AS Kigali na Rayon Sports washyizwe Saa Moya z’ijoro
Uturere tune mu Ntara y’Iburengerazuba hamwe na dutatu mu Ntara y’Amajyaruguru, ndetse n’Akarere ka Rwamagana, turara tubonye abayobozi bashya nyuma y’amatora yo kuzuza Inama Njyanama z’Uturere.
Ikipe ya Rayon Sports yafashe umwanya kabiri muri shampiyona nyuma yo gutsinda Muhazi United 2-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wabereye kuri Kigali Pele Stadium, Kiyovu yo inyagirwa na Mukura i Huye
Bamwe mu bagore bo mu Ntara y’Iburasirazuba biteje imbere bagira inama bagenzi babo babaaba guharanira icyubahiro cyabo n’icy’umuryango bakagira ubuzima bwiza babigizemo uruhare ubwabo aho gutegereza kubaho ari uko hari umugabo cyangwa umuvandimwe ubigizemo uruhare.
Tariki 05 Ukuboza 2023 hasohotse Igazeti ya Leta yasohotsemo amategeko abiri: Itegeko nº 058/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 027/2019 ryo ku wa 19/09/2019 ryerekeye imiburanishirize y’imanza z’inshinjabyaha ndetse n’Itegeko nº 059/2023 ryo ku wa 04/12/2023 rihindura itegeko nº 68/2018 ryo ku wa 30/08/2018 (…)
Polisi y’u Rwanda kuri uyu wa Gatatu tariki ya 6 Ugushyingo 2023 yafunze uruganda rwenga inzoga zitujuje ubuziranenge rwakoreraga mu Murenge wa Ndera akagari ka Rudashya umudugudu wa Akamahoro mu karere ka Gasabo.
Dr Anicet Nzabonimpa akaba inzobere mu bijyanye n’imyororokere avuga ko imiterere y’umubiri w’umugore ndetse n’iy’umugabo ari bimwe mu mpamvu zituma abagore baramba kuruta abagabo.
Nyuma y’imyaka 15 batandukanye, abahanzikazi bahoze bagize itsinda rya “Blu 3” aribo Lilian Mbabazi, Jackie Chandiru na Cindy Sanyu bagiye guhirira ku gitaramo bise “The Blu 3 Reunion”.
Mu ijoro ryacyeye umuraperi Kendrick Lamar yanejeje bidasanzwe abanyakigali mu gitaramo cya Move Africa.
Perezida Paul Kagame na Madamu Jeannette Kagame bitabiriye ndetse bifatanya n’abakunzi ba muzika bari muri BK Arena mu gitaramo cya Move Afrika cyaririmbyemo umuraperi Kendrick Lamar.
Imibare itangwa n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku Buzima (OMS/WHO), igaragaza ko abantu babarirwa muri miliyoni 600 bandura indwara zikomoka ku biribwa buri mwaka.
Gaposho Ismael, ni umuririmbyi akaba n’umucuranzi wamenyekanye cyane kubera indirimbo y’amashusho yitwa ‘Dore ishyano re’ yagaragaye kenshi kuri Televiziyo y’u Rwanda ahagana mu 1992.
Nyuma yo gutsindwa n’ikipe y’Igihugu y’ingimbi ya Uganda igitego 1-0, u Rwanda ruragaruka mu kibuga kuri uyu wa Gatanu rucakirana n’ikipe y’igihugu y’ingimbi ya Tanzania mu guhatanira umwanya wa gatatu mu irushanwa rya CECAFA U18 CHALLENGE CUP 2023.
Abanyamuryango b’Umuryango utari uwa Leta wa ba Kanyamigezi wo mu Rwanda ukora ibikorwa bitandukanye birimo gukwirakwiza amazi meza no kwita ku isuku n’isukura (COFORWA), n’inshuti za Padiri Sylvain Bourguet, bashinze ikigega cy’ingoboka cyita ku bakene, bacyitirira uwo mupadiri ukomoka mu Bubiligi, witangiye abakene ahereye (…)
Perezida Paul Kagame yakiriye Hugh Evans, Umuyobozi mukuru akaba n’uwashinze umuryango Global Citizen ndetse na Francine Katsoudas, Umuyobozi wungirije w’inama y’ubutegetsi y’uyu muryango hamwe n’intumwa bari kumwe.
Théresie Nyirahabimana ushinzwe imibereho y’abanyeshuriri muri UR-Huye, avuga ko abanyeshuri azi bafite batwite n’ababyaye kuri ubu ari 34, kandi ko ibivugwa ko hari abanyeshuri benshi batwita muri iyi kaminuza ari ukubeshya.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Murama mu Karere ka Ngoma, Mapendo Gilbert, afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Rusororo mu Karere ka Gasabo mu Mujyi wa Kigali, akekwaho gutwara ikinyabiziga yasinze akagonga abantu 10 biganjemo abanyeshuri, umwe ahita yitaba Imana.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda Juvenal Marizamunda, yitabiriye inama y’umuryango w’abibumbye ku kubungabunga amahoro iri kubera I Accra muri Ghana, igamije gushimangira ibikorwa byo kubungabunga amahoro n’umutekano n’ingaruka bigira ku baturage.
Ambasaderi Mukangira Jacqueline, yafunguye ibiro by’uhagarariye u Rwanda muri Nepal, ndetse hasinywa n’amasezerano ajyanye n’ubwikorezi bwo mu kirere hagati y’ibihugu byombi.
Abagore 19 baba mu buyobozi butandukanye hirya no hino ku isi, bahuriye mu Kigo cy’Igihugu cy’Amahoro (Rwanda Peace Academy/RPA), mu mahugurwa agamije kubongerera ubumenyi bwo kuba abayobozi mu butumwa bw’amahoro.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umuyobozi wa Koperative NDMC (Nyagatare Dairy Marketing Cooperative), Hodari Hillary, n’Umubaruramari w’iyi Koperative, Muhoza Happy, bakekwaho kunyereza umutungo wa Koperative ungana na Miliyoni 160 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Kuri uyu wa Kabiri,I kipe ya APR FC yanganyije na Gasogi United 0-0 mu mukino w’umunsi wa 13 wa shampiyona wabereye kuri Kigali Pele Stadiumi Nyamirambo
Umuceri ni ikiribwa gifite inkomoko mu bihugu byo muri Aziya nk’Ubushinwa n’Ubuhinde, kuri ubu kikaba cyarabaye ifunguro rikundwa na benshi mu batuye isi.
Rumwe mu rubyiruko mu Karere ka Nyagatare ntirukozwa ibyo kwipimisha SIDA keretse gusa iyo habaye impamvu zirimo kubaka urugo cyangwa uburwayi.
Abanyamuryango b’Umuryango w’abantu bafite ubumuga batewe na za mine hamwe n’abandi babuze ingingo bakuze (OLSAR), barasaba koroherezwa kubona insimburangingo zikoze mu buryo butangiza ubuzima, n’imibiri yabo.
Minisitiri w’Ububanyi n’amahanga w’u Rwanda Dr Vincent Biruta, yavuze ko Urukiko rw’Ikirenga rw’u Bwongereza rutatesheje agaciro amasezerano yari asanzwe mu bijyanye n’abimukira, ahubwo ko hari ibyo rwavuze bikwiye kubanza kunozwa mu buryo bwo kwakira ubusabe ku basaba ubuhungiro n’abimukira.
Ibiciro by’ibikomoka kuri Peteroli mu Rwanda byagabanutse, aho lisansi yavuye ku mafaranga 1822 Frw kuri litiro igashyirwa ku 1639 Frw (bivuze ko lisansi yagabanutseho amafaranga 183 kuri litiro imwe) naho mazutu litiro iva ku 1662 Frw ishyirwa ku 1635 Frw (yagabanutseho amafaranga 27 kuri litiro imwe).
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard ubwo yatangizaga ku mugaragaro icyumweru cyahariwe ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro mu Rwanda tariki 4 Ukuboza 2023, yavuze ko Guverinoma y’u Rwanda izakomeza kongerera imbaraga urwego rw’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro.
Nyuma y’imyaka 51 ubutumwa bw’urugendo rwa nyuma rw’icyogajuru cya Amerika kigana ku kwezi cyiswe Apollo 17 rukozwe, Leta Zunze Ubumwe za Amerika zigiye kongera kohereza icyogajuru ku kwezi mu mpera z’uyu mwaka, bikaba biteganyijwe ko kizahagera mu ntangiriro za 2024.
Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’igihugu cya Niger yatangaje ko Leta y’icyo gihugu ihagaritse amasezerano y’ubufatanye mu bya Gisirikare cyari gisanzwe gifitanye n’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (UE/EU).
Ikigo gishinzwe uburezi mu Rwanda (REB) cyamurikiwe ibikoresho byahawe ibigo by’amashuri yisumbuye 200 mu guteza imbere amasomo y’imibare na siyansi. Ni ibikoresho byaguzwe n’Ikigo Nyafurika giteza imbere Imibare na Siyansi (African Institute Mathematical Sciences) AIMS ku bufatanye na Mastercard Foundation mu guteza (…)
Minisitiri w’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane w’u Rwanda Dr Vincent Biruta na Amb. Marie Charlotte G.Tang uhagarariye Philippines mu Rwanda bashyize umukono ku ishyirwaho ry’amasezerano y’ubufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Guverinoma ya Tanzania yatangaje ko izishyura ibikenewe byose mu gushyingura abantu 50 bishwe n’imyuzure n’inkangu byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu gace ka Katesh-Hanang mu Ntara ya Manyara.
Minisitiri w’Umutekano mu Bwongereza James Cleverly uri mu ruzinduko mu Rwanda, kuri uyu wa Kabiri tariki 5 Ukuboza yasuye Urwibutso rwa Jenoside rwa Kigali ruri ku Gisozi, asobanurirwa amateka yaranze Jenocide yakorewe Abatutsi mu Rwanda.
Mu irushanwa rya CECAFA y’abatarengeje imyaka 18 iri kubera muri Kenya, u Rwanda rwatsinzwe na Uganda igitego 1-0 muri 1/2 cy’irangiza
Ku gicamunsi cyo kuri uyu wa kabiri tariki 5 Ukuboza, u Rwanda n’Ubwongereza birashyira umukono ku masezerano mashya ajyanye n’abimukira iki gihugu gishaka ko azakurikizwa boherezwa mu Rwanda.
Juanita Castro, umwe muri bashiki ba Fidel na Raul Castro, ariko utarigeze akorana n’ubutegetsi bw’abo bombi, yapfuye ku myaka 90 y’amavuko nk’uko byatangawe na Radio mpuzamahanga y’abafaransa RFI.
Kuva ku wa Gatanu tariki 01 Ukuboza 2023, Amakipe y’u Rwanda y’abagabo n’abagore mu mukino wa Sitting Volleyball yatangiye umwiherero yitegura shampiyona ya Afurika 2024 izabera muri Nigeria izatanga itike yo kujya mu mikino Olempike 2024 kuva tariki 27/01 kugera tariki 04/02/2024.
Muri Amerika, umugabo utaravuzwe amazina kubera impamvu z’umutekano w’amafaranga ye ngo yabaye uwa kabiri utsindiye za Miliyoni zisaga 400 z’Amadolari mu mateka ya tombora ya ‘Mega Millions lottery’, nyuma ajyana umugore babyaranye umwana w’umukobwa mu rukiko, kuko yamennye ibanga ry’uko yatsinze muri Tombora kandi bari (…)
Umugabo n’umugore bo mu gihugu cy’U Buhinde biyiciye abana babo batatu barangije nabo bariyahura, nyuma y’uko bari bamaze igihe bahozwa ku nkeke na nyir’inzu bakodeshaga kuko bari bamufitiye umwenda.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango Dr Valentine Uwamariya, yagaragarije Abayobozi mu nzego z’ibanze uhereye ku rwego rw’Umudugudu mu Karere ka Nyabihu, ko guhishira ihohoterwa rishingiye ku gitsina n’abagira amarangamutima yo gukingira ikibaba abarigiramo uruhare biri mu bituma ridacika burundu.
Ikipe y’igihugu y’abatarengeje imyaka 18 (Amavubi U18), isoje imyitozo ya nyuma mbere yo guhura n’ikipe y’igihugu ya Uganda mu mukino wa ½ cya CECAFA U18 CHALLENGE CUP 2023 ikomeje kubera muri Kenya.
Ikiraro cyo mu kirere cyubatswe mu buryo bugezweho, cyitezweho kuruhura abaturage no gutuma batazongera kugorwa no kwambuka umugezi wa Rwebeya, bakimurikiwe ku mugaragaro.
Abakomiseri n’abandi bakozi ba Komisiyo y’Uburenganzira bwa muntu barishimira ubumenyi bungutse mu bijyanye no guhuza umutekano w’ibikorerwa kuri za murandasi by’ikoranabuhanga n’uburenganzira bwa muntu.
Minisiteri y’Uburezi yahembye abanyeshuri 17 bo mu mashami atandukanye batsinze neza kurusha abandi ubwo yatangazaga amanota y’abatsinze ibizamini bya Leta kuri uyu wa mbere tariki 4 Ukuboza 2023.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Madamu Signe Winding Albjerg, Ambasaderi wa Danemark mu Rwanda ufite icyicaro i Kampala, muri Uganda baganira ku gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwafashe umusore w’imyaka 33 n’umukobwa w’imyaka 23 baherutse kugaragara bakorera imibonano mpuzabitsina mu ruhame.
Abarwanyi ba M23 ngo baba bafashe agace ka Mushaki, basatira umujyi wa Sake uri mu birometero 15, abandi barwanyi bakomeza icyerekezo kibaganisha mu Burengerazuba bwa Sake.
Konka intoki cyane cyane urutoki rw’igikumwe ni ibintu bisanzwe mu bana. Ariko hari igihe kigera ukabona birakabije, ugatangira kwibaza uko wabimucaho bikagushobera. Ese hari uburyo umuntu ashobora gufasha umwana kureka konka intoki bigashoboka?
Abaturiye ikimoteri rusange giherereye mu Murenge wa Cyuve, bavuga ko babangamiwe no kuba cyaruzuye kikaba gikomeje kubateza umwanda n’umunuko bikabije, bagasaba inzego zibishinzwe kureba icyo zakora mu gukemura iki kibazo kugira ngo ingaruka baterwa n’uwo mwanda zigabanuke.