Ubuyobozi bw’Akarere ka Kamonyi buherutse gutangaza ko hari ibiti byera imbuto ziribwa n’ibivangwa n’imyaka bisaga ibihumbi 700 bigenewe abaturage bigomba gutangwa bitarenze uku kwezi k’Ukuboza 2023, mu rwego rwo gufasha abaturage kongera umusaruro w’imbuto no kwiteza imbere.
Abanyamakuru basaga 60 ni bo bamaze kugwa mu rugamba ruhanganishije Israel na Hamas kuva rwatangira ku itariki ya 7 ukwakira 2023, nk’uko bitangazwa n’imiryango mpuzamahanga itandukanye irimo Comité pour la protection des journalistes (CPJ) na Fédération internationale des journalists (FIJ).
Perezida Paul Kagame yagaragaje ko hambere byavuzwe ko umugabane wa Afurika udashobora kubona inkingo zo mu bwoko bwa mRNA, ndetse ko u Rwanda rutangira uyu mushinga byavugwaga ko bizasaba gutegereza imyaka 30.
Uganda, umusaza w’imyaka 110 ari mu maboko y’inzego z’umutekano akurikiranyweho kwica umugore we w’imyaka 109 akoresheje indobani, amuziza ko yari yanze ko batera akabariro.
Guverinoma y’u Rwanda n’Umuryango Nyafurika uteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti (African Pharmaceutical Techinology Foundation (APTF), basinyanye amasezerano yo kwakira icyicaro gikuru cy’Ikigo Nyafurika giteza imbere ikoranabuhanga mu by’imiti muri Afurika.
Igitaramo cya Chorale de Kigali cyabaye ku mugoroba wo ku itariki ya 17 Ukuboza 2023 cyitabiriwe n’imbaga y’abantu batandukanye barimo na ba Minisitiri n’abandi bayobozi bo mu nzego za Leta.
Kuri iki Cyumweru tariki 17 Ukuboza 2023 ni bwo Umuryango w’Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (AERG), wizihije isabukuru y’imyaka 27 umaze ushinzwe.
Muri tombola y’uko amakipe azahura muri 1/8 cy’imikino ya UEFA Champipns League, ikipe ya Arsenal itaherukaga kugera muri iki cyiciro izahura na FC Porto yo muri Portugal
Umuryango w’Abanyarwanda baba muri Maroc bahuriye hamwe, mu rwego rwo kwakira ndetse no kuganira na Ambassaderi mushya w’u Rwanda mu Bwami bwa Maroc, Madamu Shakilla Kazimbaya Umutoni.
Kompanyi y’indege ya Kenya (Kenya Airways), yasobanuye uko byayigendeye kugira ngo yisange yasubije abagenzi i Nairobi, mu gihe yari ibazanye i Kigaki mu Rwanda.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya FIBA AFRICA WOMEN BASKETBALL LEAGUE, REG Women Basketball Club, iresurana na Kenya Ports Authority (KPA WBBC) mu mukino wa 1/2.
Ihuriro ry’abanyeshuri n’abakoze mu rwunge rw’amashuri rwa Gahini (GS Gahini), biyemeje kubakira iri shuri inzu y’imyidagaduro (Salle), ya Miliyoni 200 kuko ihari ishaje kandi ikaba itakira abanyeshuri baharererwa.
Mu mpera z’iki Cyumweru, hakinwe umunsi wa 17 wa shampiyona y’u Bwongereza aho Liverpool yanganyije na Manchester United mu mukino wari uhanzwe amaso.
Ubuyobozi bw’ingabo z’umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) bwatangaje ko nubwo Leta ya Congo Kinshasa itashimye ko izi ngabo zikomeza akazi ko kubungabunga amahoro mu bice bitandukanye by’Intara ya Kivu y’Amajyaruguru, bishimira ko mu gihe bari bahamaze bagerageje guhagarara hagati bigatuma imirwano itagira ubukana, (…)
U Buyapani bwatakaje umwanya wa gatatu mu bihugu bifite ubukungu bukomeye ku Isi nyuma ya Leta zunze ubumwe z’Amerika n’u Bushinwa. Mu byatumye u Buyapani buva kuri uwo mwanya nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye birmo ‘Les Echos’ ni igabanuka ry’umubare w’abaturage b’u Buyapani n’ibura ry’abakozi no kugabanuka (…)
Hashize imyaka 25 umunyamakuru Norbert Zongo wo muri Burkina Faso yishwe, kuko yishwe ku itariki 13 Ukuboza 1998, kuva ubwo akaba afatwa nk’ikimenyetso cy’ubwisanzure bw’itangazamakuru muri Burkina Faso.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yeguriye Itorero ry’Abadivantisiti b’Umunsi wa Karindwi Ibitaro bya Kibagabaga. Ibi bitaro bigiye gishyirwa ku rwego rwa kabiri(bivuye ku rwa gatatu), bikaba byeguriwe Kaminuza Mpuzamahanga y’Ubuvuzi y’iri torero muri Afurika yo Hagati(AUCA).
Perezida Paul Kagame yakiriye Prof. Dr. Uğur Şahin, washinze akaba n’umuyobozi mukuru wa BioNTech Group n’intumwa ayoboye aho yitabiriye umuhango wo gutangiza Ikigo Nyafurika gikora inkingo (BioNTech Africa).
Urukiko rw’Umuryango w’Ubukungu bw’Ibihugu byo mu Burengerazuba bwa Afurika (ECOWAS/CEDEAO), rwategetse ko Mohamed Bazoum wahoze ari Perezida wa Niger, agahirikwa ku butegetsi tariki 26 Nyakanga 2023, ubu akaba afunganywe n’umuryango we, afungurwa.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bafite imbogamizi ku ndishyi zigenwa mu manza z’abakekwaho ibyaha bya Jenoside bahungiye mu mahanga. Bavuga ko usanga ahanini batabasha gukurikirana amakuru yimbitse y’uko urubanza ruba rugiye gutangira kugeza rusoje, usibye kumenyeshwa ibivugirwa mu rukiko, ariko ibijyanye no gutanga (…)
Muri Kenya, abantu bari bari mu gahinda k’uwabo wapfuye bagiye gushyingura, batunguye cyane no kubona inkongi yibasiye imodoka yari itwaye umurambo we, irashya irakongoka.
Indege ya Kenya Airways yagarutse ku Kibuga cy’indege Mpuzamahanga cyitiriwe Jomo Kenyatta, nyuma yo kubona ibisigazwa by’amapine yayo, ubwo yari mu nzira yerekeza i Dubai.
Ishimwe Sandra wamamaye muri filime y’uruhererekane ya City Maid, akina yitwa Nadia, ntazongera kuyigaragaramo. Mu itangazo yashyize hanze, tariki 15 Ukuboza 2023, Sandra yahamije ko yasezeye gukina muri iyi filime kubera ibyo atumvikanyeho n’ubuyobozi bwa Zacu Entertainment.
Perezida wa Senegal, Macky Sall, yageze i Kigali aho aje mu gikorwa cyo gufungura ku mugaragaro Ikigo Nyafurika gikora inkingo, BioNTech Africa.
Urugaga rw’abaganga b’amatungo mu Rwanda rwatangije gahunda yo kujya bahugura abanyamuryango mu rwego rwo kurushaho kwita ku matungo no gukora kinyamwuga. Ni gahunda itari isanzwe ikorwa, kuko umuganga w’amatungo yabikoraga kubera ko yabyize akabibonera impamyabumenyi muri uwo mwuga, bityo akawukora akurikije uko yabyize (…)
Ubushakashatsi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborere (RGB), ku mitangire ya serivisi n’imiyoborere mu Rwanda, bwagaragaje ko urwego rwunganira Akarere mu gucunga umutekano (DASSO) rutishimiwe n’abaturage nk’izindi nzego mu Mujyi wa Kigali.
Uwase Muyango Claudine witegura ubukwe bwe na Kimenyi Yves, yakorewe ibirori bisezera ubukumi bizwi nka ‘Bridal Shower’. Ibi birori byabaye ku mugoroba tariki 16 Ukuboza 2023.
Ingeri z’abantu batandukanye bakiriye neza icyemezo cyatangajwe cyo kongera amasaha yemerera ibikorwa by’imyidagaduro n’utubari gukomeza gukora mu masaha y’ijoro, kuva tariki 15 Ukuboza 2023 kugera tariki 7 Mutarama 2024.
Urugaga rw’Abavoka mu Rwanda ruratangaza ko rufite intego yo kuba Urugaga rwihagije mu bushobozi bwo kwikemurira ibibazo ndetse bikanarubashisha kuba umufatanyabikorwa mwiza wa Leta aho kuyitegera amaboko ruyaka ubushobozi bw’amafaranga abarurimo bakenera.
Minisitiri w’Ingabo akaba n’imboni ya Guverinoma mu Karere ka Musanze, Juvénal Marizamunda, yagaragarije abayobozi bashya ko gukorera hamwe nk’ikipe bifasha mu kwihutisha ishyirwa mu bikorwa ry’ibyo baba bariyemeje gukora n’ibyo abaturage baba babitezeho.
Minisitiri w’Intebe, Dr Ngirente Edouard, yahagarariye Perezida wa Repubulika Paul Kagame mu muhango wo kurahira kwa Andry Rajoelina, Perezida wa Madagascar.
Madamu Jeannette Kagame ku wa Gatandatu tariki 16 Ukuboza 2023 yataramanye n’abana baturutse hirya no hino mu Gihugu, abifuriza iminsi mikuru myiza ya Noheli n’Ubunani.
Ikigo cy’imari cyo kuzigama no kuguriza (Zigama CSS) cyatangaje ko muri uyu mwaka wa 2023, cyabonye inyungu y’amafaranga y’u Rwanda angana na Miliyari 35.7, bingana n’inyongera ya Miliyari 12.9 z’Amafaranga y’u Rwanda ugereranyije n’inyungu ya Miliyari 22.8 yari yabonetse mu mwaka wa 2022.
Ingabo z’u Rwanda (RDF) zateguye igikorwa cyo kwakira ku meza abajyanama bihariye mu bya gisirikare muri za Ambasade z’ibihugu mu Rwanda (Defence Attachés), mu rwego rwo kubifuriza iminsi mikuru myiza isoza umwaka.
Kuva amaraso mu ishinya ni ikintu gikunze kubaho ku bantu benshi cyane cyane mu gihe boza amenyo, uko kuba biba ku bantu benshi, bikaba ari byo bituma hari ababifata nk’ibintu bisanzwe. Icyakora ngo ni ngombwa ko umuntu ubona ishinya ye ikunze kuva amaraso yajya yihutira kujya kwa muganga akamenya ikibitera kuko hari ubwo (…)
Murekatete Triphose wahoze ayobora Akarere ka Rutsiro, kuva yatangira izo nshingano yakunze kuvugwaho ko afitanye umubano wihariye n’uwari Minisitiri w’Ubutegtsi bw’Igihugu, Gatabazi Jean Marie Vianney, ndetse bikavugwa ko uwo mwanya wo kuba Umuyobozi w’Akarere ari Gatabazi wagize uruhare mu kuwumushyiraho. Murekatete avuga (…)
Mu butumwa yahaye abiganjemo urubyiruko tariki 15 Ukuboza 2023 mu gutangiza ubukangurambaga kuri gahunda ya #TunyweLess (Tunywe mu rugero), Madamu Jeannette Kagame yasabye abagize umuryango kutaba imbata y’inzoga kuko zangiza ubuzima bikagira ingaruka ku muryango ndetse no ku gihugu.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko Ihuriro ryiswe ‘Job Net’ ry’abatanga imirimo n’abayikeneye biganjemo urubyiruko, ryitabiriwe n’abarenga ibihumbi icyenda bari bariyandikishije bakeneye imirimo.
Komisiyo y’Igihugu y’Amatora (NEC) yasobanuye ko itora ry’Umuyobozi wungirije w’Umujyi wa Kigali ushinzwe Imiturire n’Ibikorwa Remezo ritabaye, kuko uwo mwanya itari yawumenyeshejwe kugira ngo itora ritegurwe.
Muri raporo y’uyu mwaka wa 2023 igaragaza uko ibihugu by’Afurika byorohereza abashyitsi babisura, baturutse mu bindi bihugu by’Afurika (Africa Visa Openness Report 2023), yasohotse ku itariki 12 Ukuboza 2023, yagaragaje ko u Rwanda ari urwa mbere muri Afurika mu koroshya ibijyanye na visa, cyangwa se kwemerera abantu kuza (…)
Umuhanzikazi, Taylor Alison Swift [Tylor Swift], binyuze mu bitaramo bizenguruka Isi yise "Eras Tour" yakuyeho agahigo kari gafitwe na Elton John mu kwinjiza amafaranga menshi mu mateka, amaze kwinjiza arenga Miliyari 1$.
Umuhanzi Nyarwanda Mugisha Benjamin wamamaye mu muziki nka The Ben, kuri uyu wa gatanu tariki 15 Ukuboza, yasabye anakwa Uwicyeza Pamella mu birori byabereye mu ihema riri ku Intare Conference Arena, i Rusororo mu Karere ka Gasabo.