Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (NESA) cyasohoye gahunda igaragaza uko ingendo z’abanyeshuri biga bacumbikirwa zizakorwa ubwo bazaba basubira ku mashuri bigaho.
Bamwe mu barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi b’i Gikondo mu Karere ka Kicukiro, bafite ababo baguye muri kiliziya ya Gikondo barishimira igihano cyahawe Seraphin Twahirwa na Pierre Basabose, nyuma y’uko Urukiko rwa rubanda rwo mu Bubiligi rubahamije ibyaha bya Jenoside.
Nyakwigendera Ufiteyezu Blaise yari umuhanzi n’umuririmbyi wakoze muri Minisiteri y’Ubuzima no muri Ambasade y’Abarundi, mbere yo kwamburwa ubuzima mu 1994 muri Jenoside yakorewe Abatutsi.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere, RDB ruratangaza ko n’ubwo imitako y’imigoongo ari kimwe mu birango by’Umuco Nyarwanda bimaze kwamamara, kuyikoresha mu buryo bubyara inyugu bisaba uburenganzira butangwa n’inzego zibishinzwe ndetse hamwe hakabanza kwishyurwa amafaranga yumvikanweho.
Umunara muremure mu Mujyi wa Paris, ari na wo murwa mukuru w’u Bufaransa, Tour Eiffel wafunzwe, ntiwemerewe gusurwa na ba mukerarugendo uko bisanzwe none ku wa Gatatu tariki 27 Ukuboza 2023, bitewe n’imyigaragambyo y’abakozi.
Clare Akamanzi uherutse gusimburwa ku buyobozi bw’Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB) yahawe inshingano nshya, akaba yagizwe Umuyobozi Mukuru (CEO) wa NBA Africa izwiho kuzamura no guteza imbere abakinnyi bafite impano mu mukino wa Basketball muri Afurika.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bufatanyije n’Urwego Ngenzuramikorere (RURA), bashyizeho ahandi ho gutegera imodoka hatari Nyabugogo, mu minsi ibiri ibanziriza ubunani (tariki 30-31 Ukuboza 2023).
Ikigo Eco-Arts cyo mu Rwanda na Creative Hub-UAE yo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abarabu (UAE) basinyanye amasezerano yo gutegura irushanwa rizabera mu mujyi wa Sharjah muri UAE.
Nubwo hari abantu bajya bibuza kwitsamura ugasanga bapfutse umunwa n’amazuru, byose kugira ngo batitsamura urusaku rugasohoka, ariko hari ibibazo bishobora guterwa no kwibuza kwitsamura, mu gihe hari ababyibuza, banga kubangamira abo bari kumwe.
Imirimo ikoreshwa abana ikomeje kuba ikibazo mu Karere ka Nyarugenge, umuryango Children Voice Today (CVT), uharanira uburenganzira n’imibereho myiza y’abana mu karere ndetse n’inzego z’ubuyobozi bw’ibanze, bakaba biyemeje kurangiza burundu iki kibazo.
Abagore 150 basanzwe bakora akazi ko kuzunguza imbuto mu mujyi wa Gisenyi, bagiye gukurwa mu muhanda bahabwe aho gucururiza, ibintu byitezweho kugabanya akajagari mu bucuruzi mu muei uwo mujyi.
Mu ijoro ryo ku wa 26 Ukuboza 2023 nibwo Umuhanzi Ruti Joël yakoze igitaramo cye cya mbere nk’umuhanzi yise ‘Rumata wa Musomandera’. Ni igitaramo cyasigaye cyirahirwa n’abakunzi b’umuziki wa Gakondo.
Abatuye Umujyi wa Muhanga bari bategereje ko umuhanzi uzwi nka Papa Cyangwe, aza kubataramira mu ijoro rya Noheli ku wa 25 Ukuboza 2025, baramutegereje baramubura nyuma yo kwishyura amafaranga 1000 yo kwinjira ahari hateganyijwe.
Nyuma y’imyaka umunani (8), mu ruhuri rw’ibibazo bijyanye n’imiyoborere n’imicungire mibi ya Koperative byatumye ijya mu ideni rya Miliyoni 400, CODERVAM ibashije kwiyubakira Sitasiyo ya Essence ya Miliyoni 350, ndetse ikaba inateganya kubaka inzu yakira abashyitsi (Guest House).
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburasirazuba, SP Hamdun Twizeyimana, avuga ko ku munsi wa Noheli habaye impanuka imwe y’imodoka yahitanye ubuzima bw’umwana. Iyi mpanuka yabereye mu Murenge wa Gahengeri, Akagari ka Runyinya, Umudugudu wa Kiyovu, ahagana saa kumi z’igicamunsi, ku modoka yo mu bwoko bwa Hyundai, yaturukaga i (…)
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi(NESA) giherutse gusaba abanyeshuri bose barangije amashuri yisumbuye mu mwaka 2022/2023 bafite ibibazo byo kudahura kw’imyirondoro bakoresheje mu gukora ibizamini hamwe n’iri ku ndangamuntu, ko babikosoza.
Umwaka wa 2023 wabaye umwaka mwiza ku mukino wa Handball, yegukanye igikombe n’imidali ku mugabane wa Afurika, naho Basketball ihira abakobwa.
Sylvester Stallone ni umukinnyi wa filime za Hollywood muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika (US), umenyerewe ku izina rya Rambo mu mwuga wo gukina filime. Nubwo uyu mugabo afite imitungo ibarirwa muri miliyoni 300$, mu bwana bwe yagize ubuzima bubi cyane kuko hari n’aho yageze akemera kugurisha imbwa ye yakundaga cyane kugira (…)
Kwikuda, kwishima, guseka, kugira impuhwe, ibi byose biterwa n’imisemburo. Iyo bita imisemburo y’ibyishimo, ese iyi ni iyihe?
Bamwe mu bagore batinyutse bakajya mu mirimo y’ubucukuzi bw’amabuye y’agaciro, baravuga ko byabafashije mu iterambere ryabo n’imiryango yabo, kubera ko amafaranga bakorera abafasha mu bikorwa bitandukanye.
Mu mategeko mpanabyaha y’u Rwanda hateganywa ibihano ku muntu uhamijwe n’Urukiko, ko yahaye undi muntu uburozi cyangwa ibindi bintu bimuhumanya, guhanishwa igihano cyo gufungwa burundu.
Ababyeyi bakunze guhura n’ibibazo bikomeye mu gihe barwaje abana, cyane cyane bikabakomerera iyo barwaje abakiri bato bafite munsi y’imyaka ibiri bataramenya kuvuga aho bababara, kugira ngo ababyeyi bamenye uko babavuza. Ariko hari inama Dr Josette Mazimpaka, Umuganga w’abana mu bitaro by’Akarere ka Bugesera (ADEPR-Nyamata) (…)
Nubwo hari abatega ingori mu birori bitandukanye cyangwa se bakazitega uko babonye batabanje kumenya ibisobanuro byazo, mu muco Nyarwanda, hari abemerewe gutega urugori n’abatarutega nk’uko bisobanurwa na Mukandori Immaculée, uzwi ku izina ry’ubuhanzi nka Inshongore, akaba ari umubyeyi ufite imyaka 70 y’amavuko uzi byinshi (…)
Umuyobozi Mukuru w’Ibitaro bya Nyagatare, Dr Eddy K. Ndayambaje, avuga ko ibigo nderabuzima birindwi bifite ubwitabire bucye bw’ababyeyi bisuzumisha inda, byashyizwemo imashini zisuzuma ubuzima bw’umwana ukiri mu nda, mu buryo bw’igerageza ibizavamo bikaba aribyo bizashingirwaho zigezwa n’ahandi.
Polisi y’u Rwanda yatangaje ko ku munsi Mukuru wa Noheli wizihizwa n’abatari bacye, habaye impanuka ebyiri zakomerekeyemo abantu.
Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), irahamagarira abakoresha gutanga amasezerano y’akazi ku bakozi, kubera ko uretse kuba ari itegeko, ariko kandi binatanga umusaruro mu kazi, kubera ko umukozi akora atekanye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Bugesera buratangaza ko nubwo hari ibipimo bitazagerwaho 100% nk’uko byari bikubiye mu ntego za Leta z’imyaka irindwi ya gahunda ya NST1, ariko hari ibyo kwishimira byagezweho.
Umuhanzi Israel Mbonyicyambu uzwi cyane nka Mbonyi yongeye kwandika amateka yo kuzuza inzu y’imikino n’imyidagaduro ya BK Arena mu gitaramo cya Noheli yise ‘Icyambu Live Concert II’.
Ibikorwa byo kwagura urwibutso rwa Jenoside rwa Mutete, ruherereye mu Murenge wa Mutete, Akarere ka Gicumbi iri kugera ku musozo. Iyo nyubako biteganyijwe ko izatwara amafaranga y’u Rwanda agera kuri miliyari imwe na miliyoni 600, ije kuba igisubizo mu kubungabunga imibiri y’Abazize Jenoside, nyuma y’ubusabe bw’abafite (…)
Ikipe ya Flying Eagles yegukanye imidali 11 mu irushanwa rya Zanshin Karate ryateguriwe abana, ihiga andi yose yari yaryitabiriye, rikaba ryakinwaga ku nshuro ya mbere mu Karere ka Huye, hagati y’itariki 23-24 Ukuboza 2023.
Imibare ya RBC igaragaza ko mu myaka icyenda ishize abanywa inzoga biyongereyeho 6.8%, ariko nubwo kunywa mu rugero ari byo bigirwaho inama, na nkeya ubwazo zigira ingaruka ku buzima.
Inteko y’Umuco ivuga ko imaze kubarura ahantu ndangamurage hasaga 500, habumbatiye amateka yo hambere, mu rwego rwo gukomeza kuyabungabunga kugira ngo atazazima burundu.
Abahinzi b’i Kaduha mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko biteguye kuzaba abahinzi babyo, bakanatera imbere nk’abandi babihinga, kubera inzu yo kubituburiramo begerejwe.
Hirya no hino mu Mujyi wa Kigali, aho umunyamakuru wa Kigali Today yageze kuri uyu wa 25 Ukuboza 2023, ku munsi mukuru wa Noheli, abacuruza inyama batangaje ko abaguzi bazo batabaye benshi nk’ibisanzwe, ariko agasembuye ko ngo kitabiriwe.
Kuba Musenyeri Alexis Kagame yarasirimuye u Rwanda ni kimwe mu byagaragajwe, ubwo tariki 20 Ukuboza 2023 yibukwaga n’abo mu muryango we ku bufatanye na Kiliziya Gatolika.
Abaturage bo mu Kagari ka Mpenge Umurenge wa Muhoza mu Karere ka Musanze, nyuma yo gusura Ingoro Ndangamateka y’Urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi bagasobanurirwa byinshi, basigaranye isomo ryo gusigasira Ubumwe n’Ubudaheranwa by’Abanyarwanda.
Umuhanzi Jean Marie Muyango, umenyerewe cyane mu njyana gakondo yamuritse umuzingo (Album) we wa kane ari kumwe n’abahanzi b’ikiragano gishya.
Bamwe mu baturage mu Karere ka Nyagatare bavuye mu isoko ryaho hafi saa tanu z’ijoro, bahashye ibya Noheri nubwo ibiciro by’ibiribwa ngo byari hejuru ugereranyije n’indi minsi.
Muri Koreya y’Epfo, itsinda ry’abanyeshuri bareze Guverinoma basaba indishyi z’akababaro, nyuma y’uko abarimu babo basoje ikizamini cya ‘The Suneung’, bivugwa ko gihindura ubuzima.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe Umutekano wo mu Muhanda (Traffic Police), ivuga ko yafashe imodoka yagongeye abantu i Karuruma mu Karere ka Gasabo, nyuma yo gutabazwa n’umunyamakuru witwa Oswald Mutuyeyezu (Oswakimu).
Watermelon ni urubuto ubundi rugizwe n’amazi ku kigero cya 92%, rukigiramo n’izindi vitamine n’ubutare butandukanye, bituma ari urubato rw’ingenzi ku buzima bw’abantu bakunda kururya. Gusa, imbuto zo muri watermelon na zo zikize ku ntungamubiri.
Mu gihe Abanyarwanda benshi bari mu myiteguro y’iminsi mikuru ya Noheri n’Ubunani, bamwe mu byamamare byo mu Rwanda kimwe n’abandi, nabo bafite uburyo bizihizamo iyi minsi mikuru.
Ku wa Kane tariki 07 Ukuboza 2023, Umuryango Transparency International-Rwanda wamenyesheje inzego zitandukanye zirimo na Minisiteri y’Uburezi, ko hari abakozi bazo bamunzwe na ruswa, barimo abayobozi b’ibigo by’amashuri abanza n’ayisumbuye.
Mu gihe habura amasaha macye ngo abantu binjire mu bihe byo kwizihiza Umunsi mukuru wa Noheli, mu isoko ry’ibiribwa rya Musanze, riherereye muri gare ya Musanze, abacuruzi bigaragara ko biteguye kwakira umubare munini w’abahaha ahanini bishingiye ku ngano y’imari baranguye.
Angola yikuye mu muryango wa OPEP/OPEC uhuza ibihugu bicukura peteroli. Angola nk’igihugu gicukura Peteroli nyinshi ku Mugabane w’Afurika, cyavuye muri uwo muryango wa OPEP kubera kutumvikana ku iganuka ry’ibyo icyo gihugu gikura muri peteroli yacyo cyohereza mu mahanga, nk’uko byifuzwa n’ibindi bihugu bicukura peteroli (…)
Akenshi iyo bavuze icuruzwa ry’abantu hari abatekereza ku bajyanwa hanze y’igihugu, nyamara no mu gihugu imbere bushobora kuhakorerwa, no gusabisha abana bikaba bumwe mu buryo bwo kubacuruza.
Umwaka wa 2023, amakipe nka APR FC na Rayon Sports ntizitwaye neza ku rwego mpuzamahanga,mu gihe Amavubi yongeye kwiyunga n’abafana
Abatujwe mu Mudugudu w’Icyitegererezo wa Kinigi (IDP Model Village), bashima intambwe bateye mu gutuzwa mu buryo begerejwe ibikorwa remezo nk’amazi meza, amashanyarazi, amavuriro, imihanda n’ibindi bitandukanye, ariko bakagaragaza ko hari ibibazo bikibabereye ingutu.