Minisiteri y’Ibikorwaremezo (MININFRA), yizeza abahawe ingufu z’imirasire bakabona zidakora, ko bashobora kwitabaza Ikigo cyayo gicuruza umuriro w’amashanyarazi(UDCL), cyangwa ibigo byatanze izo ngufu, kugira ngo zisimbuzwe izikora neza.
Minisitiri w’Uburezi mu Rwanda, Twagirayezu Gaspard, arasaba ababyeyi n’Abanyarwanda muri rusange guhindura imyumvire ndetse no gufasha abana kumva ko kuba umwana watsinze neza ibizamini bya Leta abamurera bakabura ubushobozi bwo kumujyana mu kigo aba yoherejwemo, bidasobanuye kureka ishuri.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, ku wa 11 Ukwakira 2023, yakiriye Ambasaderi w’u Buyapani mu Rwanda, Isao Fukushima, bagirana ibiganiro bitandukanye.
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, arashimira uko Abanyarwanda bakomeje kubafata mu mugongo no kubaba hafi, muri iki gihe igihugu cyabo cyinjiye mu ntambara mu buryo butunguranye, kubera ibitero by’umutwe wa Hamas wagabye kuri Israel.
Ku wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023, i Bruxelles mu Bubiligi hakomeje urubanza ruregwamo Pierre Basabose na Séraphin Twahirwa, bakekwaho kugira uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994.
Madamu Jeannette Kagame mu butumwa bwe ku munsi mpuzamahanga w’umwana w’umukobwa, yerekanye ko agaciro k’umukobwa ari ntagereranywa, nk’uko tubikesha urubuga rwe rwa X.
Ikipe ya Rayon Sports yatsindiye Etoile de l’Est kuri Kigali Pelé Stadium ibitego 2-1, mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona wabaye ku wa Gatatu tariki 11 Ukwakira 2023.
Uwahoze ari Perezida wa Kenya, Uhuru Kenyatta, akaba umuhuza w’impande zishyamiranye mu Burasirazuba bwa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (RDC), yasabye ko imirwano ihagarara muri Kivu y’Amajyaruguru, kugira ngo hakorwe ubutabazi n’ibikorwa byo kugarura amahoro.
Inzego z’Ubutabera mu Rwanda zivuga ko kwemera icyaha mu Rwanda biri ku rwego rwo hasi, kuko mu manza ibihumbi 100 zakiriwe kuva uyu mwaka watangira kugera ubu mu kwezi k’Ukwakira, iz’abemera icyaha ari hafi 3,500.
Umujyi wa Muhanga uherereye mu Ntara y’amajyepfo ni umwe muri itatu yunganira Kigali ukaba witezweho kuzaba ari Umujyi w’Ubucuruzi ukomeye mu myaka 27 iri imbere. Biteganyijwe ko abatuye Akarere ka Muhanga muri rusange bazaba icyo gihe bariyongeyeho 45%; ibituma hazubakwa ibikorwaremezo bitandukanye ndetse n’izindi ngamba (…)
Joshua Tuyitakire, wagize igitekerezo yise “Gospel Club” yasobanuye ko abantu babyumvise nabi bakabyita akabyiniro k’abarokore nyamara agamije guhuriza hamwe abantu bakaganira, bagasabana babyina indirimbo zo guhimbaza no kuramya Imana.
Abaturage b’Akagari ka Kanyoza, Umurenge wa Matimba, barifuza guhabwa amazi meza kuko babangamiwe no gukoresha amazi y’Akagera dore ko uretse indwara abatera ngo rimwe na rimwe bahahurira n’inyamanswa zihungabanya umutekano wabo.
Umuyahudi Ezra Yachin, wahoze mu gisirikare cya Israel, ku myaka ye 95 yasubiye ku rugamba Igihugu cye gihanganyemo n’umutwe wa Hamas.
Mu gihe usanga hirya no hino abataka amazi n’amashanyarazi basubizwa ko muri 2024 bizaba byarabagejejweho, binajyanye n’intego ya gahunda ya NST1, nta gihamya y’uko bizabageraho bose ufatiye ku bipimo by’abo bimaze kugezwaho kugeza ubu.
Nyuma yo gusezererwa n’Ikipe ya Al Hilal Benghazi itageze mu matsinda ya CAF Confederation Cup,ubu Rayon Sports ivuga ko ari aho mu myaka iri imbere nubwo abakinnyi benshi bayo bitegura gusoza amasezerano yabo.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze Umunyamakuru Manirakiza Théogène washinze ikinyamakuru Ukwezi kinafite Umuyoboro wa YouTube Ukwezi TV. RIB iravuga ko Manirakiza yafatiwe mu cyuho yakira ruswa y’amafaranga 500.000Frw ngo adatangaza inkuru.
Umuntu wiyita umuvuzi gakondo uri gushakishwa n’inzego z’umutekano, aravugwaho gutekera umutwe abaturage bo mu Murenge wa Muhororo, abaha umuti wo kubasinziriza ababeshya ko ari uwo gutuma babasha kubona umujura wabyibye amafaranga.
Inzego zitandukanye zifite aho zihurira no kurwanya ihohoterwa, zahuriye mu mahugurwa yo kunoza imikorere. Ayo mahugurwa azamara ibyumweru bitatu, yatangiye tariki 10 Ukwakira 2023, akaba agamije kongera ubumenyi no kunoza imikorere n’imikoranire mu gutanga serivisi inoze ku bagana Isange One Stop Centre.
Inzego z’ubuyobozi mu Bufaransa zihangayikishijwe bikomeye n’ikibazo cy’ibiheri/imperi, kimaze gufata indi ntera nk’icyorezo mu gihugu hose muri aya mezi ya vuba. Ni ikibazo kiri gutuma hakekwa ko gishobora no guhagarika imikino Olempike yaburaga amezi icyenda ngo ibere mu Mujyi wa Paris.
Umugore witwa Nyiraruvugo Olive n’umuhungu we witwa Ndayishimiye Eric batawe muri yombi, nyuma yo gufatirwa mu cyuho barimo bacukura icyobo ngo bagitemo umwana w’umukobwa bikekwa ko bari bamaze kwica.
Bamwe mu bageze mu zabukuru mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bahura n’ikibazo cy’ubwigunge kubera kutagera ku bo bifuza no kudasurwa ndetse n’ubukene bukabije kuko barya badakora.
Raporo zitandukanye zo mu bigo bya Leta nubwo inyinshi ziba zigenewe Abanyarwanda, ariko usanga ziba zanditse mu ndimi z’amahanga (Icyongereza cyangwa Igifaransa), ibintu bitavugwaho rumwe.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuziranenge bw’Ibiribwa n’Imiti (Rwanda FDA), cyasobanuye ibijyanye n’ibinini byo kuboneza urubyaro giherutse guhagarika ku isoko ry’u Rwanda, kuko bitujuje ubuziranenge.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) ifatanyije n’abikorera b’imbere mu Gihugu no hanze, baritegura imurikagurisha Nyafurika ry’ingufu z’amashanyarazi (Africa Energy Expo), ngo rizasiga Abanyarwanda bose bacaniwe muri 2024.
Ikigo Meteo-Rwanda kivuga ko mu gice cya kabiri cy’uku kwezi k’Ukwakira 2023 (kuva tariki ya 11 kugeza tariki ya 20), mu Rwanda hateganyijwe imvura irenze urugero rw’impuzandengo y’isanzwe igwa muri iki gihe.
Ikipe ya Etincelles FC yatinze kumenyesha Ibitaro bya Gisenyi ko umukino wayo na Musanze FC wakuwe ku itariki ya 11 Ukwakira 2023 ugashyirwa ku itariki ya 10 Ukwakira 2023 bituma idahabwa imbangukiragutabara iterwa mpaga y’ibitego 3-0.
Minisitiri w’Intebe, Dr. Eduard Ngirente, yakiriye itsinda rya gatatu ry’abakozi ba Kongere ya Amerika bari mu Rwanda mu ruzinduko rw’iminsi irindwi, mu rwego rwa gahunda y’ubutwererane mu bumenyi n’umuco.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya APR FC yanganyirije na Bugesera FC kuri Kigali Pelé Stadium igitego 1-1 mu mukino w’umunsi wa gatandatu wa shampiyona.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yatangaje ko kuva imirwano yakwaduka hagati y’igihugu cya Israel na Palestine nta Munyarwanda wari wahagirira ikibazo cyo kuba yatakaza ubuzima, yashimutwa cyangwa ngo akomerekere muri iyo ntambara.
Abantu batanu bo mu Kagari ka Mubuga mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero bajyanywe kwa muganga, kubera gukoresha imiti gakondo, bakamererwa nabi ku buryo batabashaga kwitangira amakuru y’icyo babaye.
Aborozi mu Karere ka Nyagatare bavuga ko bashimishijwe cyane n’amabwiriza mashya, yo kororera inka mu biraro kuko harimo inyungu zo kubona umukamo mwinshi, ndetse n’umusaruro mwinshi w’ibihingwa kandi ibisigazwa byawo bikagaburirwa amatungo.
Nta gihe kinini gishize umutwe wa Hamas ukoze ibyo abenshi batatekerezaga ubwo yoherezaga ibisasu bya rutuka ku gihugu cya Isiraheli bihitana abatari bacye ndetse na byinshi birangirika. Ariko se byagenze bite ngo Hamas itinyuke gukora Isiraheli mu jisho, kandi ari igihugu kizwiho kugira ubutasi bukomeye? Ese uyu mutwe wa (…)
Ambasaderi wa Israel mu Rwanda, Einat Weiss, kuri uyu wa Kabiri tariki 10 Ukwakira 2023, yatangaje ko umugabo we yerekeje muri Israel aho agiye ku rugamba Igihugu cye kirimo aho gihanganye n’abarwanyi b’Umutwe wa Hamas.
Abanyamategeko ba Minisiteri y’Umutekano imbere mu gihugu mu Bwongereza babwiye urukiko rw’ikirenga ko u Rwanda rukwiye kugirirwa ikizere kuko rwujuje ibisabwa mu gufata neza abimukira n’asaba ubuhungiro.
Abaturage bo mu Murenge wa Muhororo mu Karere ka Ngororero, bangirijwe ibyabo no gukora umuyoboro w’amashanyarazi ajya gucanira umuhanda wa kaburimbo, baravuga ko bamaze imyaka hafi itatu bangirijwe imitungo yabo ariko bakaba batarishyurwa.
Ikipe ya Etincelles FC yatewe mpaga y’ibitego 3-0 n’ikipe ya Musanze FC kuri stade Umuganda kubera kubura imbangukiragutabara.
Ibura n’ihenda ry’amata, ibirayi n’ibindi biribwa ni inkuru igaruka kenshi mu biganiro binyuranye muri rubanda. Uretse ibyo, hanavugwa cyane ukuntu amasoko yo hanze acura ay’imbere mu gihugu, hakanagarukwa ku kuba ibikorerwa mu Rwanda bihenda cyane ugereranyije n’ibiva mu mahanga.
Kaminuza y’u Rwanda (UR)imaze gutangaza ko umuhango wo gusoza amasomo ya kaminuza ku banyeshuri bayo uzwi nka graduation wari uteganyijwe mu minsi icumi iri imbere wimuriwe mu kwezi gutaha. Ni imipinduka iyi kaminuza ivuga ko zije zitunguranye bitewe n’impanvu zikomeye ariko yavuze ko itatangariza rubanda. Gusa ngo ni mu (…)
Mu ijambo Madamu Jeannette Kagame yagejeje ku bitabiriye inama ya kane, y’ihuriro ry’abagore b’abayobozi ibera mu gihugu cy’u Burundi, kuva tariki ya 9 Ukwakira 2023, yagaragaje ko kuboneza urubyaro bituma umuryango ugira iterambere rirambye.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Kayitesi Alice, aranenga abafatanyabikorwa b’Uturere (JADF) bashora amafaranga mu baturage, ariko wagenzura ugasanga bakomeza gukena kandi bagafashijwe kwikura mu bukene.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Ubutwererane bw’Akarere muri Minisiteri y’Ububanyi n’Amahanga n’Ubutwererane, Gen (Rtd) James Kabarebe, yakiriye Ambasaderi w’u Bwongereza mu Rwanda, Omar Daair, baganira ku bufatanye hagati y’ibihugu byombi.
Perezida wa Repubulika ya Mozambique, Filipe Jacinto Nyusi, yagiriye uruzinduko mu mujyi wa Mocimboa da Praia, mu birori byo gutaha ibikorwa remezo birimo ikibuga cy’indege ndetse n’icyambu giherere muri uyu mujyi, ashima uruhare rw’inzego z’umutekano z’u Rwanda zatumye hagaruka ituze.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Mbere tariki ya 9 Ukwakira 2023 yabonanye na Mike Rounds wo muri Sena ya Leta zunze Ubumwe za Amerika na Ron Estes wo muri Kongere y’icyo gihugu, hamwe n’itsinda ayoboye, baganira ku mubano w’u Rwanda na Amerika ndetse n’izindi ngingo zireba Akarere n’Isi muri rusange.
Abakozi babiri b’ishuri ryisumbuye rya Ryarubamba riherereye mu Murenge wa Kiziguro, Akarere ka Gatsibo, bafungiye kuri Sitasiyo ya RIB ya Kiramuruzi bakekwaho kwiba ibiryo by’abanyeshuri.
Umubikira witwa Dusenge Enathe na Furere Muhire Jean Pierre biyemeje ku bana nk’umugore n’umugabo, basezera umuhamagaro wo kwiyegurira Imana.
Kuba igicuruzwa cyahabwa icyangombwa cy’ubuziranenge biba bisobanuye ko cyapimwe n’Ikigo cy’Igihugu Gishinzwe Ubuziranenge (RSB), bikemezwa ko nta ngaruka gishobora kugira ku bo kigenewe, kubera ko kiba cyujuje ibisabwa.
Igitaramo cy’umuhanzi Peter Gene Hernandez uzwi cyane nka Bruno Mars, yahagaritse igitaramo yagombaga gukorera mu mujyi wa Tell Aviv muri Israel, kubera ibibazo by’intambara hagati y’iki gihugu n’umutwe wa Hamas.
Abanyamuryango ba Koperative Umwalimu SACCO mu Ntara y’Amajyepfo barasaba ubuyobozi bwabo kurushaho kubegereza serivisi z’ikoranabuhanga, kugira ngo zijyane n’igihe kuko usanga hari abagikora ingendo ndende bajya gushaka serivisi kuri koperative zabo.
Ababyeyi bubakiwe amarerero (ECD’s) aho bakoera, bavuga ko yabafashije kurushaho kugira umutekano ndetse no gutanga umusaruro, kubera ko atuma bakora batuje kuko baba bari kumwe n’abana babo.
Umuraperi w’Umunyakanada, Aubrey Drake Graham, wamamaye ku izina rya Drake, yatangaje ko agiye kuba afashe akaruhuko mu muziki kubera uburwayi amaranye iminsi.