Kuri uyu wa Kabiri, tariki 21 Werurwe 2023, Perezida Paul Kagame yahuye n’umuyobozi w’Ikirenga wa Qatar, Amir Sheikh Tamim Bin Hamad, bagirana ibiganiro. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu cy’u Rwanda byatangaje ko Perezida Kagame na Amir Sheikh Tamim Bin Hamad bahuriye Amiri Diwan baganira ku ngingo zitandukanye zirimo ubufatanye (…)
Urubyiruko rutandukanye rutazi inkomoko kubera amateka ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rurasaba gufashwa gukemurirwa urusobe rw’ibibazo bahura na byo birimo gushakirwa aho kuba.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, bavuga ko abagabo cyane cyane abifite bataye umuco ku buryo basigaye bubahuka abana babashukisha ibintu bagamije kubasambanya.
Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, IGP Félix Namuhoranye, yatunguye benshi ubwo yagaragazaga ubuhanga afite mu gukina umupira w’amaguru.
Urubyiruko rubarizwa mu muryango FPR-Inkotanyi rwo mu Karere ka Musanze rwasoje icyiciro cya gatatu cy’amasomo yiswe ‘Irerero ry’Umuryango’, ruvuga ko rugiye kugira uruhare mu gusigasira ibyo Igihugu cyagezeho, gushyira hamwe no kugendera kure amacakubiri kugira ngo bazabashe kugeza Igihugu ku iterambere, ndetse rukabera (…)
Abaturage b’Umudugudu wa Gikobwa, Akagari ka Munini, Umurenge wa Rwimbogo, bavuga ko bagorwa no kwivuza kubera ko ivuriro ryabo ry’ibanze ritagikora kubera ko ryasenyutse.
Mu mukino wabimburiye indi mu mikino ihuza Abapolisi bo muri Afurika y’i Burasirazuba, Police y’u Rwanda yatsinze u Burundi ibitego 3-1
Dr Daniel Ngamije wahoze ari Minisitiri w’Ubuzima mu Rwanda yagizwe Umuyobozi Mukuru ushinzwe gahunda yo kurwanya Malaria ku Isi akazatangira izo nshingano nshya tariki ya 8 Mata 2023.
Umuturage witwa Mushengezi Jean Damascène arashinja Akarere ka Musanze kumuteza igihombo cya miliyoni 40, akarere nako kakabihakana kavuga ko ibyo uyu muturage avuga ko nta shingiro bifite.
Banki ya Kigali (BK) ifatanyije na sosiyete y’itumanaho ya MTN Rwanda, batangije gahunda ya Macye Macye mu mezi make ashize, igamije gufasha Abanyarwanda kubona telefone zigezweho (smartphones), aho bazajya bazishyura mu byiciro kugeza kuri 200Frw ku munsi.
Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Kamonyi, ku wa Gatandatu tariki ya 18 Werurwe, yafashe abagabo babiri yasanze mu bucukuzi bw’amabuye y’agaciro bunyuranyije n’amategeko.
Imikino ihuza abapolisi bo muri Afurika y’Iburasirazuba yatangijwe ku mugaragaro kuri Kigali Pelé Stadium, mu birori byasusurukijwe n’Itorero Inganzo Ngari.
Abaturage bo mu Murenge wa Cyeza mu Karere ka Muhanga biyujurije iteme ribafasha kugeza umusaruro wabo ku isoko, rikanafasha imigenderanire, dore ko iryari rihari ryatwawe n’ibiza by’imvura bigahagarika ingendo z’ibinyabiziga.
Mu gihe mu bihe byashize wasangaga abacuruzi badashobora kwemera gusubirana ibicuruzwa byabo igihe bigaragara ko bidahuje n’icyifuzo cy’umuguzi, bavuga ngo “icyaguzwe ntigisubizwa mu iduka”, ubu byarahindutse, mu rwego rwo kurengera umuguzi, nk’uko bivugwa n’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe ubugenzuzi bw’ubuziranenge, ihiganwa mu (…)
Umugenzi yasimbutse mu modoka ariruka, nyuma yo kwiba umugore bari bicaranye amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 189. Abaturage bakibimenya, bamwirutseho agerageje kubarwanya bamurusha imbaraga baramufata.
Umunyamabanga mukuru w’Umuryango w’Ibihugu bivuga ururimi rw’Igifaransa (OIF) Louise Mushikiwabo mu biganiro yagiranye na Perezida w’Ubufaransa Emmanuel Macron byibanze ku gukomeza guteza imbere ururimi rw’igifaransa.
Urwego rw’Igihugu rw’Iterambere (RDB), binyuze muri gahunda ya Visit Rwanda, ku wa Mbere tariki ya 20 Werurwe 2023, rwasinyanye amasezerano n’Ikipe y’Umupira w’amaguru y’abakanyujijeho ku Isi, azatuma u Rwanda rwakira amarushanwa 3 y’abakanyujijeho muri ruhago.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwatangaje ko rwafashe Evariste Tuyisenge wiyita Ntama w’Imana 2 kuri Twitter, nyuma y’uko atangaje ubutumwa bushishikariza abantu gukora icyaha cyo gusambanya abana.
Rutahizamu wa PSG Kylian Mbappé yagizwe kapiteni mushya w’ikipe y’igihugu y’u Bufaransa asimbuye Hugo Lloris wasezeye.
Ikipe ihagarariye u Rwanda mu mikino ya BAL 2023, REG BBC, yatsinzwe na US Monastir yo muri Tunisia amanota 82 kuri 76.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri tariki ya 21 Werurwe 2023, yageze i Doha muri Qatar mu ruzinduko rw’akazi.
Abatuye Akarere ka Burera bavuga ko ingano ari igihingwa bashyira ku mwanya wa mbere mu bibazamurira iterambere, aho ureba hirya no hino ku misozi igize ako karere, ukabona ubutaka hafi ya bwose buhinzego icyo gihingwa basarura byibura toni 3,3 kuri hegitari imwe.
Abakora kwa muganga mu bigo bitandukanye by’ubuzima mu Karere ka Muhanga, bibumbiye mu Ntore z’Impeshakurama z’Akarere ka Muhanga, bagobotse abari barabuze ubwishyu bw’igice cya kabiri cya Mituweli bakaba bagiye gukomeza kwivuza.
Ikigega cy’Abanyamerika gishinzwe Iterambere Mpuzamahanga (USAID) cyishimiye kurangiza umushinga wa Miliyoni 14.9 z’Amadolari ya Amerika yashowe muri gahunda ya Rwanda Nguriza Nshore, yari igamije kuzamura bizinesi ziciriritse zo mu rwego rw’ubuhinzi, no guhanga imirimo idashingiye ku buhinzi n’ubworozi ku Banyarwanda batuye (…)
Umugabo wo muri Kenya witwa Francis Chebuche w’imyaka 22, aravugwaho kuba yarahoraga mu makimbirane n’umugore we, nyuma aza no kumwirukana, ahubwo atangira kwicukurira imva, nyuma ajya no kugura isanduku n’imyenda azambara yihamba , ariko Abasaza bakuze bo mu muryango we, bavuga ko ahubwo uwo mugabo akeneye gukorerwa (…)
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu Ntara y’Amajyaruguru, buranenga abakwirakwiza ibihuha bagamije guca igikuba mu baturage, mu gihe hari umutekano usesuye muri iyo ntara.
Ubwo yasuraga Paruwasi ya Mukarange muri Diyosezi ya Kibungo, kuri iki cyumweru tariki 19 Werurwe2023 ukaba n’umwanya wo kwereka Abakirisitu b’iyo Paruwasi Umushumba mushya wa Kibungo, Caridinal Kambanda yavuze uburyo Papa Francisco yaciriye amarenga Abepisikopi b’u Rwanda yo gutora umushumba wa Kibungo.
Perezida wa Tanzania Samia Suluhu Hassan, yavuze ko kwiyizera kwe ari ko gutuma afungura urubuga rwa politiki, ntiyange no kumva ibiterezo by’abandi. Ibyo yabivuze ubwo yari mu birori yateguriwe n’ihuriro ry’Ishyaka rye rya CCM (Chama Cha Mapinduzi).
Abagize Ihuriro ry’abafatanyabikorwa mu Iterambere ry’Akarere ka Nyaruguru basabwe kugira uruhare mu gukemura ibibazo bikibangamiye Umuryango kuko umuryango utekanye kandi umeze neza ari wo shingiro ry’iterambere.
Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kuri uyu wa Mbere tariki 20 Werurwe 2023, kubufatanye n’Ishami ry’Umuryango w’Abibumbye ryita ku buhinzi n’ibiribwa (FAO), batangije umushinga ugomba kureba ibijyanye n’ubuzirange n’uruhererekane rw’ibiribwa, by’umwihariko ibikomoka ku buhinzi n’ubworozi.
Abanyamakuru bavuga ko hari abayobozi b’Uturere bamwe na bamwe batajya bemera ko hari abandi bakorana batanga amakuru, bagatekereza ko babahaye ubwo burenganzira imikoranire yarushaho kugenda neza.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Emmanuel K. Gasana, avuga ko n’ubwo ibyaha byambukiranya imipaka byagabanutse, ariko nanone hakwiye gushyirwa imbaraga mu bujura bw’inka nazo zambutswa umupaka, zikajyanwa mu bihugu by’abaturanyi.
Ku munsi mpuzamahanga wahariwe kwita ku isuku yo mukanwa uba tariki ya 20 Werurwe buri mwaka, Ikigo cy’Igihugu cyita ku Buzima (RBC), kiributsa buri wese kuzirikana isuku yo mu kanwa ndetse no kwivuza indwara z’amenyo hakiri kare.
Bamwe mu bana basambanyijwe bagaterwa inda, barasaba umuryango nyarwanda by’umwihariko abantu bakuru kwishyira mu mwanya wabo, bakabahumuriza kuko ibyababayeho batabyikururiye, kuko kubahoza ku nkeke bibongerera ihungabana.
Itorero Inyamibwa rya AERG, ryatangiriye muri Kaminuza y’u Rwanda ishami rya Huye, ryakoze igitaramo cyiswe Urwejeje Imana, kikaba cyasusurukije imbaga y’abacyitabiriye, baturutse hirya no hino mu gihugu.
Mu mukino wa gicuti wahuje ikipe y’abanyamakuru ba Siporo mu Rwanda “AJSPOR” n’abayobozi ndetse n’abatoza ba Rayon Sports, byarangiye AJSPOR yegukanye intsinzi
Ku Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye Minisitiri w’Umutekano imbere mu Bwongereza, Suella Braverman, bakaba baganiriye ku bibazo bireba abimukira bazazanwa mu Rwanda.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, yakiriye kuri iki Cyumweru Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat wageze mu Rwanda avuye i Burundi.
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 nibwo Minisitiri w’Umutekano imbere mu Gihugu cy’u Bwongereza, Suella Braverman, afatanyije na Minisitiri w’Ibikorwa Remezo w’u Rwanda, Dr. Ernest Nsabimana, bashyize ibuye ry’ifatizo ahagiye kubakwa amacumbi y’abimukira bazaturuka mu Bwongereza.
Kuri iki Cyumweru tariki 19 Werurwe 2023 kuri sitade ya Adama STU muri Ethiopia, ikipe y’Igihugu y’u Rwanda yakinnye na Ethiopia umukino wa gicuti, ihatsindirwa igitego 1-0.
Abarema isoko rya Nyarwondo bavuga ko niba nta gikozwe mu guhashya abajura biba ibyuma biryubatswe, bashobora kuzisanga batakirikoreramo. Ibi babivuga bahereye ku kuba ibisima bimwe na bimwe byo muri iri soko bitagicururizwaho kubera ko ababisenya bagamije kubikuramo ibyuma (ferabeto) byubakishijwe, bakabijyana kubigurisha (…)
Mu Karere ka Kicukiro, ukwezi kwa Werurwe ni ukwezi kwahariwe kwita ku muturage, ku ntero igira iti ‘Umuturage ku Isonga’. Mu Murenge wa Kicukiro muri uku kwezi harimo gahunda y’icyumweru cy’Umujyanama, kikaba ari ngarukamwaka kuko no mu mwaka ushize bagize gahunda nk’iyi.
Hirya no hino mu Mijyi yo mu Rwanda, usigaye usanga indabo zicicikana zihabwa abagore, ibintu byatumye nibaza inkomoko y’uku guhuza mu gukunda indabo ku bagore.
Uruzinduko rw’akazi Perezida Xi Jinping w’u Bushinwa yitegura kugirira mu Burusiya, ruzaba rugamije ubucuti, ubuhahirane n’amahoro, nk’uko byatangajwe n’umuvugizi wa Minisiteri y’ububanyi n’amahanga y’u Bushinwa, Wang Wenbin.
Minisitiri w’Umutekano w’imbere mu gihugu mu Bwongereza, Suella Braverman, mu kiganiro yagiranye n’itangazamakuru tariki ya 18 Werurwe 2023 mu ruzinduko rw’iminsi ibiri yagiriye mu Rwanda, yatangaje ko gahunda yo kuzana abimukira mu Rwanda igikomeje, ndetse ko bazahagera mu gihe cya vuba.