Minisitiri w’Urubyuruko, Utumatwishima Abadallah, yagaragaje uburyo u Rwanda rutanga amahirwe mu buyobozi bw’Igihugu kuri buri wese, avuga uburyo yagizwe Minisitiri w’urubyiruko asanzwe ari muganga, mu gihe mu bindi bihugu kujya mu nzego nkuru z’ubuyobozi uri umuganga bifatwa nk’ikizira.
Senateri Mureshyankwano Marie Rose avuga ko yatangajwe no guhunguka ava mu gihugu cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo yagera mu Rwanda ntibamusabe indangamuntu ndetse agasanga mu byangombwa biranga Abanyarwanda nta bwoko burimo.
Inama Nkuru (Congrès) ya 16 y’Umuryango FPR-Inkotanyi yatoreye Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, akaba n’Umuyobozi Mukuru (Chairman) w’uyu muryango, gukomeza kuwuyobora mu gihe cy’imyaka itanu iri imbere.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe kugenzura imirimo imwe n’imwe ifitiye Igihugu akamaro (RURA), cyatangaje ko ibiciro bya Lisansi na Mazutu byagabanutse.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda ya Handball y’abatarengeje imyaka 19 yatsinze iy’u Burundi mu mikino ya gicuti yabereye mu Rwanda mu mpera z’iki cyumweru
Umugabo witwa Jonathan Jacob Meijer ukomoka mu Buholandi ariko utuye muri Kenya , bivugwa ko kugeza ubu amaze kubyara abana 550 , kuko atanga intanga ngabo (un donneur de sperme).
Umubyeyi witwa Jos Mong’ina afite agahinda gakomeye ko gupfusha umwana we w’amezi ane, we akaba avuga ko umwana we yishwe n’ibyuka biryana mu maso( tear gas).
Nyuma y’ibiza bituruka ku rubura ruherutse kugwa ari rwinshi rukangiza ibikorwa bimwe na bimwe by’abaturage by’aho rwibasiye mu Mirenge itanu y’Akarere ka Musanze, abaturage bigajemo abahinzi, ngo barimo gukora ibishoboka, byibura bazaramure imbuto bari barahinze, kuko umusaruro wo ntawo bacyiteze bitewe n’uko urwo rubura (…)
Perezida wa Repubulika akaba n’Umuyobozi Mukuru w’Umuryango FPR Inkotanyi Ashima ubwitange bw’Ingabo z’Inkotanyi nyuma y’urugamba rwo kubohora Igihugu bwatumye bamara imyaka ibiri badahembwa kuko nta mikoro Igihugu cyari gifite.
Abitabiriye inama Mpuzamahanga y’Umuryango RPF Inkotanyi yahuriranye no kwizihiza isabukuru y’uyu muryango y’imyaka 35 baturutse mu bihugu bitandukanye bavuze kuri zimwe mu nkingi zafashije u Rwanda kubaka Politiki nziza.
Mu ijambo Perezida Kagame yagejeje ku bitabiriye inama mpuzamahanga y’Umuryango RPF Inkotanyi yahuriranye no kwizihiza isabukuru y’uwo muryango y’imyaka 35, yabereye muri Intare Arena ku wa Gatandatu no ku Cyumweru tariki ya 01- 02 Mata 2023, yanenze bamwe mu bayobozi basahuye amafaranga bakigira hanze y’Igihugu ubwo cyari (…)
Inteko Ishinga Amategeko yo muri Ghana yavuguruye zimwe mu ngingo zo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha cyo mu 1960, ingingo zavuguruwe zikaba ari izateganyaga ko kugerageza kwiyahura ari icyaha gihanwa n’amategeko.
Umukinnyi mpuzamahanga w’umupira w’amaguru ukomoka muri Brazil, Neymar da Silva Santos Júnior, yatakaje Miliyoni y’Amayero, angana n’ibihumbi 900 by’Amapawundi, ni ukuvuga asaga Miliyari imwe na Miliyoni 231 mu mafaranga y’u Rwanda, mu isaha imwe mu mukino w’amahirwe kuri Interineti.
Umugabo witwa Murwanashyaka Aphrodis bakunda kwita Herman ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), akaba akurikiranyweho kugira uruhare mu rupfu rw’umwana w’imyaka itatu y’amavuko atemeraga ko ari we wamubyaye.
Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango w’Abibumbye (ONU), António Guterres, yagaragaje ko Kigali ari umwe mu mijyi iyoboye indi mu micungire y’imyanda, mu Nteko Rusange ya ONU, yaganiriye ku ruhare rwo kurangiza ikibazo cy’imyanda ikabyazwamo ibindi bikoresho, muri gahunda yo kugera ku ntego z’iterambere rirambye (SDGs).
Ikigo gishinzwe gucunga no guteza imbere indango y’Igihugu kuri murandasi ‘Akadomo Rw’ (RICTA), kirahamagarira ibigo bitandukanye bifite aho bihuriye no gutanga serivisi hifashishijwe ikoranabuhanga kwitabira gukoresha RINEX.
Kuri uyu wa Gatandatu tariki ya 1 Mata 2023 muri Diyosezi ya Kibungo kuri Sitade Cyasemakamba habereye umuhango wo kwimika ku mugaragaro Musenyeri Jean-Marie Vianney Twagirayezu uherutse gutorwa na Papa Francis kuba Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kibungo.
Polisi yo muri Pakistan yatangaje ko abantu 11 barimo abagore umunani n’abana batatu bapfuye baguye mu muvundo wabereye ahatangirwa ibiribwa n’amafaranga by’ukwezi kw’igisibo cy’Abisilamu (Ramadan) mu Majyepfo y’Umujyi wa Karachi.
Mu Karere ka Karongi bizihije umunsi w’amazi, bataha ibikorwa byo kugeza amazi meza ku baturage batuye mu bice by’icyaro, byuzuye bitwaye amafaranga asaga Miliyari n’igice.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yatangaje ko ibisubizo ku iterambere rya Afurika bititabwaho, kuko uko bigomba kuboneka biba bigaragazwa n’ingamba zishyirwaho, ariko abagomba kubishyira mu bikorwa bakabikora nabi batabyitayeho.
Ikamyo igenewe kwikorera imodoka n’imashini ziremereye ya Sosiyete ikora imihanda izwi nka NPD yagonganye n’ikamyo ya BRALIRWA igenewe kwikorera inzoga, izo kamyo zombi n’ibyo zari zipakiye birangirika ndetse abantu babiri barakomereka.
Kuri uyu wa Gatandatu hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 25 wa shampiyona aho Rayon Sports yakomeje kugabanya amahirwe yo gutwara igikombe nyuma yo kunyagirwa na Police FC 4-2.
ltariki ya mbere Mata buri mwaka hari abayihinduye umunsi wo kubeshya no gutebya, n’ubwo benshi babona ari icyaha gikwiye kwamaganwa. Uyu munsi ngo watangiye kwizihizwa mu Bufaransa mu mwaka wa 1564, ubwo Umwami waho witwaga Charles wa cyenda (IX) yahinduraga isabukuru yo gutangira umwaka(ubunani) igashyirwa ku itariki ya (…)
Uwitwa Nkeramugaba Gervais wajyaga wikora ku mufuka we agahaha, agateka akagemurira abarwayi mu bitaro, yashyinguwe nyuma yo kwitaba Imana ku wa Gatandatu w’icyumweru gishize.
Perezida wa Sena y’u Rwanda, Dr Kalinda François Xavier, yitabiriye Inteko Rusange ya 13 y’ Ihuriro ry’Inteko zishinga Amategeko mu bihugu bigize Inama Mpuzamahanga y’Akarere k’ibiyaga bigari (FP-ICGLR).
Iburanisha mu rubanza rwa Félicien Kabuga uregwa ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, rwo ku wa 30 Werurwe 2023, ryakomeje humvwa imyanzuro y’impande zombi ari zo Ubushinjacyaha n’ubwunganizi, ku bisobanuro bya raporo y’inzobere z’abaganga zakurikiranye ubuzima bwa Kabuga.
Banki ya Kigali yatangaje ko yungutse Miliyari 59.7 z’amafaranga y’u Rwanda, mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022. Ibyo ni ibyatangajwe na BK Group Plc kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023, mu nama n’itangazamakuru yabaye ku buryo bw’ikoranabuhanga, aho batangaje inyungu yabonetse mu mwaka w’ingengo y’imari wa 2022 wose.
Kuri uyu wa Gatanu hasubukuwe shampiyona hakinwa imikino ibiri y’umunsi wa 25 aho Rwamagana City yongereye amahirwe yo kuguma mu cyiciro cya mbere itsinda Rutsiro FC.
Urubyiruko rw’abasore n’inkumi bagize icyiciro cya 10 cy’Intore z’Inkomezabigwi mu Murenge wa Nyamabuye mu Karere ka Muhanga, rurahamya ko hari byinshi bigiye mu gusura Urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 rwa Kigali, n’Ingaro y’urugamba rwo guhagarika Jenoside yakorewe Abatutsi.
Ubuyobozi bw’ikigega RNIT Iterambere Fund buratangaza ko mu mwaka wa 2022 inyungu yiyongereye kugera kuri 11.42% ivuye kuri 11.22% yariho mu mwaka wa 2021.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 31 Werurwe 2023 Urukiko Rukuru rwatangiye kuburanisha ubujurire, mu rubanza Ubushinjacyaha bwajuriye burega Ishimwe Dieudonné uzwi nka Prince Kid ku cyaha akurikiranyweho cya ruswa ndetse n’iby’ihohotera rishingiye ku gitsina.
Itangazo ryaturutse mu Biro bya Minisitiri w’Intebe riravuga ko bwana Antoine Mutsinzi yagizwe Umuyobozi Nshingwabikorwa w’Akarere ka Kicukiro, naho Madamu Ann Monique Huss agirwa Umuyobozi Nshingwabikorwa Wungirije w’ako Karere.
Bamwe mu Banya-Vietnam, ngo batekereza ko ibituruka ku magufa y’injangwe bivura indwara zitandukanye, zirimo Asima n’indwara z’amagufa.
Muri izi mpera z’icyumweru StarTimes iradabagiza abakunzi bayo ibereka imwe mu mikino ikomeye muri shampiyona zitandukanye ku isi.
Mu ruzinduko Intumwa z’Umuryango w’Ubumwe bw’u Burayi (EU), zirimo kugirira mu Karere ka Gicumbi, zirashimira ibikorwa by’ubuhinzi bukorerwa muri ako karere, byumwihariko igihingwa cya kawa.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, avuga ko u Rwanda rutagendeye ku gitutu rwashyizweho na Amerika ku irekurwa rya Rusesabagina, wamaze igihe kirenga imyaka ibiri afungiwe mu Rwanda.
Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu, Musabyimana Jean Claude, avuga ko mu myaka ibiri iri imbere inyubako z’Utugari zishaje zizaba zamaze kubakwa, hagamijwe guha abaturage serivisi nziza kandi zitangiwe ahantu heza.
Kiliziya Gatolika mu Rwanda yakuyeho itangwa ry’isakaramentu rya Batisimu ku munsi mukuru wa Pasika, kuko izizihizwa Abanyarwanda bari mu cyumweru cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi 1994.
Umukozi w’Umurenge wa Nyagatare ushinzwe Imiyoborere myiza, Nemeye Eugene, arasaba inshuti z’umuryango gukumira ihohoterwa n’amakimbirane mu miryango, kuko ari intandaro z’impfu n’ihohoterwa ry’abana.
Mu ijoro ryo ku wa 29 rishyira uwa 30 Werurwe 2023, abajura bateye ahantu habiri mu Mudugudu w’Agahenerezo mu Kagari ka Rukira Umurenge wa Huye, bakomeretse abantu batatu.
Nyuma y’iminsi ine badakora imyitozo kubera kudahembwa,abakinnyi ba Etincelles FC bahembwe ukwezi kumwe bemera ko kuri uyu wa Gatanu basubukura imyitozo.
Minisitiri w’Uburinganire n’Iterambere ry’Umuryango, Prof. Jeannette Bayisenge, aributsa abagabo ko bidateye ipfunwe kuba umugabo yateka. Yabigarutseho ubwo yashyikirizaga imbabura za rondereza abagore 24 bo mu Murenge wa Kigoma mu Karere ka Huye, tariki 29 Werurwe 2023. Byanajyaniranye no gushyikiriza uyu Murenge amabati (…)
Minisitiri w’Intebe Dr Ngirente Edouard kuri uyu wa kane tariki ya 30 Werurwe 2023 yatangije ibikorwa byo kuvugurura no kwagura ibitaro bya Masaka, biherereye mu Karere ka Kicukiro avuga ko ari intambwe yo kubaka ubukerarugendo bushingiye ku buvuzi.
Umujagararo cyangwa se ‘stress’ mu ndimi z’amahanga , ugira ibimenyetso bigira ingaruka ku buzima bw’umuntu nubwo hari igihe atamenya ko ibyo arimo kunyuramo biterwa na stress, ahubwo akaba yabyitirira indwara yindi nk’uko bisobanurwa n’inzobere mu by’ubuzima ku rubuga www.mayoclinic.org.
Urwego rwasigariyeho kurangiza imanza zasizwe n’inkiko mpuzamahanga mpanabyaha rwasoje kumva ibisobanuro by’impuguke z’abaganga zasuzumye Kabuga zibisabwe n’urukiko.
Ibintu bikoreshwa mu mwanya w’isukari mu gutuma amafunguro n’ibinyobwa biryohera ‘artificial sweeteners’, bikoreshwa hagamijwe kwirinda isukari isanzwe, nabyo ngo si byiza kuko bigira ingaruka.
Mu muhango wo kwakira indahiro ya Minisitiri mushya w’urubyiruko Dr Abdallah Utumatwishima wabaye kuri uyu wa kane tariki ya 30 Werurwe 2023 Perezida Paul Kagame yamusabye kwita ku muco w’abakiri bato kuko uburere ari ryo shingiro rya byose.
Abakobwa biga mu mashuri y’Imyuga Tekiniki n’Ubumenyingiro (TVET), by’umwihariko abiga ibijyanye no gutwara imashini zikora imihanda, barasaba kugirirwa icyizere mu kazi.
Bamwe mu bashoferi batwara amakamyo manini yambukiranya imipaka, barasaba inzego zitandukanye kubakorera ubuvugizi, kugira ngo uyu murimo wabo uhabwe agaciro ukwiriye.
Mu Murenge wa Huye mu Karere ka Huye, batangije ubukanguramgaba bwo gutera ibiti by’imbuto ahari ubusitani hose, bise icyanya cy’ubuzima. Iyi gahunda yatangirijwe mu busitani bw’ibiro by’Umurenge wa Huye tariki 29 Werurwe 2023 ahatewe ibiti by’imbuto zitandukanye, n’abaturage bahagarariye abanda bibutswa ko gutera ibiti (…)