Ku gicamunsi cyo ku wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023 nibwo hamenyekanye amakuru ko ikipe ya APR Volleyball Club (APR VC) yamaze kwirukana bidasubirwaho uwari umutoza wayo, Mutabazi Elie, wari umaze imyaka ine ari umutoza mukuru.
Hari abanywa ibinyobwa bivugwa ko byongera ingufu cyangwa se byongera imbaraga, ariko hari ubushakashatsi butandukanye bugaragaza ko ibyo binyobwa bizwi nka ‘energy drinks’ bigirira nabi ubuzima bw’umuntu kurusha uko bimugirira neza.
Gloriose Uwizeyimana uvuka mu Murenge wa Rusatira mu Karere ka Huye, yifuje ko inzego zikuriye Abarokotse Jenoside zabafasha bakagira icyo bakora gifatika cy’ishimwe ku Nkotanyi, bazishimira ko zabarokoye amaboko y’abicanyi.
Polisi y’u Rwanda, Ishami rishinzwe umutekano wo mu muhanda, ku wa Gatandatu tariki ya 29 Mata 2023, ryafatiye mu Karere ka Kamonyi, abantu bane barimo abamotari babiri n’abagenzi babiri bari batwawe kuri moto bahishe nimero ziziranga (Plaque) bagambiriye gukwepa amande y’amakosa yo mu muhanda.
Abaturage bo mu Turere dutandukanye tw’Igihugu, bafatanyije n’ubuyobozi, bitabiriye Umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mata 2023, wabereye mu bice bitandukanye, ukibanda ku kurwanya isuri, gutunganya no gusana ibikorwa remezo nk’imihanda no kubakira abatishoboye.
Ibikorwa birimo guhanga no gusibura imirwanyasuri, kuzirika ibisenge by’amazu, kubakira abatishoboye no gutunganya imihanda y’imigenderano ni bimwe mu byibanzweho mu gukora umuganda rusange usoza ukwezi kwa Mata 2023 hirya no hino mu Turere.
Ikipe ya Rayon Sports y’Abagore (Rayon Sports WFC) yabonye itike iyinjiza mu cyiciro cya mbere nyuma yo gutsinda NASHO WFC ibitego 10-1 mu mukino wa 1/2. Yakatishije itike mu mukino wo kwishyura wabereye kuri Stade ya Rayon Sports iherereye mu Nzove mu Mujyi wa Kigali, ku wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023, nyuma y’uko (…)
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Karere ka Kamonyi mu Murenge wa Nyarubaka, bibutse abazize Jenoside yakorewe Abatutsi by’umwihariko abana basaga 100 b’abahungu biciwe kuri bariyeri y’umugore witwa Mukangango, wari ushinzwe kugenzura ibitsina by’abana kuri iyo bariyeri kugira ngo hatazagira Umututsi wongera kuvuka no (…)
Ubuyobozi bw’igisirikare cya Burkina Faso, bwatangaje ko igitero cy’abantu bikekwa ko ari abo mu mitwe y’iterabwoba, bagabye igitero ku ngabo z’igihugu mu Burasirazuba, gihitana abasirikare 33 abandi cumi na babiri barakomereka.
Ku wa Gatanu tariki 28 Mata 2023, Abagize Unity Club Intwararumuri bifatanyije n’Intwaza mu rugo rw’Impinganzima i Huye mu gikorwa cyo kwibuka ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi, bibuka by’umwihariko abana babo, abo bashakanye n’imiryango migari yabo babuze.
Mu Karere ka Kamonyi, mu Murenge wa Musambira, Akagari ka Buhoro, Umudugudu wa Reramacumu, ahagana saa 18h30 z’umugoroba wo kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023 habereye impanuka, imodoka itwara abagenzi y’ikigo cya Ritco yavaga i Kigali yerekeza Muri Ngororero ifatwa n’inkongi y’umuriro irakongoka.
Abayobozi n’abakozi b’Ikigo gishinzwe Ibizamini bya Leta n’Ubugenzuzi bw’Amashuri (National Examination and School Inspection Authority - NESA) basuye urwibutso rwa Jenoside yakorewe Abatutsi rwa Murambi ruherereye mu Karere Nyamagabe, bunamira inzirakarengane zazize Jenoside zirushyinguyemo. Banaremeye abarokotse Jenoside (…)
Kuri uyu wa Gatandatu tariki 29 Mata 2023, hakinwe imikino itatu y’umunsi wa 27 wa shampiyona irimo iya Kiyovu Sports na APR FC zirwanira igikombe, zikaba zanganyije imikino yazo.
Mu gikorwa cyo kwibuka abahoze ari abakozi b’Inama y’Igihugu Ishinzwe Iterambere (Conseil National de Development – CND), ari na bo bari bashinzwe ibijyanye n’amategeko, Minisitiri w’Ubumwe bw’Abanyarwanda n’Inshingano Mboneragihugu, Dr. Bizimana Jean Damascene, yasabye abagize Inteko Ishinga Amategeko gukoresha imibanire (…)
Urwego rw’Ubwiteganyirize mu Rwanda (RSSB) rwibutse abakozi 19 barukoreraga rucyitwa ‘Isanduku y’Ubwitenyirize y’u Rwanda(CSR)’ bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, runizeza ko rukomeje gufasha abarokotse.
Abanyamadini n’Amatorero bo mu Murenge wa Kicukiro mu Karere ka Kicukiro, bahuriye hamwe tariki 28 Mata 2023, bibuka Jenoside yakorewe Abatutsi, ndetse bagaya bagenzi babo birengagije imyemerere yabo bakishora muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gasabo bwashatse abafatanyabikorwa bishyurira abana ifunguro ryo ku ishuri, ariko bazaba banashinzwe gukangurira ababyeyi kwita kuri izo nshingano zabo.
Mu minsi ishize Polisi y’u Rwanda yahawe inshingano z’Ubugenzacyaha zirimo izo kugenza ibyaha byerekeye impanuka zo mu muhanda. Inteko Rusange y’Umutwe w’Abadepite yatoye itegeko rishya rihindura iryo mu 2010, ryagenaga ububasha, inshingano, imitunganyirize n’imikorere bya Polisi y’u Rwanda.
Ubwo bibukaga ku nshuro ya 29 abahoze ari abakozi ba Banki ya Kigali (BK), 15 bishwe muri Jenoside yakorewe Abatutsi, ubuyobozi bw’iki kigo bwatangaje ko amateka yaranze BK muri Jenoside yakorewe Abatutsi akwiye kujya mu nyandiko.
Mu isambu ya Paruwasi ya Mibilizi, Mu Karere ka Rusizi mu Murenge wa Gashonga, Akagari ka Karemereye, Umudugudu wa Mibilizi, hakomeje kuboneka imibiri y’Abatutsi bishwe muri Jenoside mu 1994.
Abaganga n’abakozi b’ibitaro by’Akarere bya Gatonde, banenga ubugwari n’urugero rubi bamwe mu baganga bahoze bakora mu mavuriro yo hirya no hino mu gihugu bagaragaje bakijandika muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu mwanya wo kuzuza inshingano zo kurengera no gukiza ubuzima.
Maj. Gen. Jeff Nyagah, wari Umuyobozi Mukuru w’Ingabo w’Ingabo z’Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EACRF) muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, yatangaje ko yeguye ku mirimo ye ahita asimbuzwa.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Prof Bayisenge Jeannette, yanyuzwe n’ibikorwa by’abangavu babyariye iwabo bo mu Karere ka Burera, ashima uburyo bishatsemo ibisubizo bakora imishinga imwe n’imwe ibateza imbere, irimo uwo gukora amasabune n’amavuta yo kwisiga.
Bimwe mu bimenyetso biranga umuntu wafashwe n’indwara z’imitekerereze usanga uwo muntu afite imyitwarire idasanzwe itandukanye n’iy’abandi ndetse idahuye n’amahame ya sosiyete, mu myitwarire ye akagarangwa n’ibimenyetso bidasazwe ku bandi bantu, ndetse n’imvugo ye ugasanga irimo amagambo afite umwihariko wayo yo kuba yavuga (…)
Abaganga ba Rayon Sports batanze ikizere ko umunyezamu Hakizimana Adolphe ugiye kumara ukwezi adakina ashobora kugaruka mu kibuga vuba.
Impunzi z’Abanyekongo ziheruka guhungira mu Rwanda zigahita zijyanwa gutuzwa mu nkambi ya Mahama, zirasaba gufashwa abana bagatangira kwiga, kubera ko kuba batarasubira mu ishuri bibasubiza inyuma mu myigire yabo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Mata 2023, Urwego rw’Ubugenzacyaha (RIB), rwasubije Amafaranga y’u Rwanda asaga Miliyoni eshanu, umubyeyi wari wayibwe mu rugo iwe.
Munyantwali Alphonse wabaye Guverineri w’Intara y’Amajyepfo n’Iburengerazuba yagizwe umuyobozi mukuru mushya wa Police FC. Ibi byatangajwe n’ikipe ya Police FC aho yavuze ko Munyantwali Alphonse yagizwe umuyobozi mukuru wayo, naho SP Regis Ruzindana agirwa umuyobozi wungirije.
Umuryango wa Banki ya Kigali uteza imbere imibereho myiza (BK Foundation), ku bufatanye n’Ikigo Inkomoko gitanga amahugurwa, byahamagariye ba rwiyemezamirimo bato bazitabira amarushanwa yiswe BK Urumuri, kugaragaza uburyo barengera ibidukikije.
Kompanyi yitwa MultiChoice Group iratangaza ko igiye kurushaho kunoza serivisi zitangwa na DStv Rwanda zikarushaho kuboneka henshi mu gihugu, kandi ibiciro by’ifatabuguzi bikaba bigiye kugabanywa guhera tariki 01 Gicurasi 2023 kugira ngo izo serivisi zigere kuri benshi bazifuza.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu ishuri ryigisha imyuga n’ubumenyi ngiro (IPRC) Karongi, barifuza ko Abatutsi biciwe mu yahoze ari ETO Kibuye na EAFO Nyamishaba, ari byo byabaye (IPRC Karongi), bajya bibukwa by’umwihariko ku itariki 15 Mata kuko kuri iyo tariki bishwe batemwe, abandi bakajugunywa mu kiyaga cya Kivu.
Uruganda rwa BRALIRWA rwibutse abahoze ari abakozi barwo bazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, igikorwa cyatangijwe n’urugendo rwerekeza ku rwibutso rwa Gisenyi ruzwi nka Komini Rouge.
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame wagiriye uruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania, yakiriwe ku meza na mugenzi we Samia Suluhu Hassan, ku mugoroba wo kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023.
Abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi, baravuga ko abarimu n’abanyeshuri babaga mu kigo cya EAFO Nyamishaba batahigwaga muri Jenoside, bagize uruhare mu kwica Abatutsi bari bahahungiye, bahagarikiwe n’umwarimu wakomokaga mu Burundi.
Ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abangavu iri mu irushanwa ry’akarere ka gatanu muri handball yasoje imikino y’amatsinda itsinze imikino yose nyuma yo gutsinda Tanzania 46-13.
Turahirwa Moses wamenyekanye cyane kubera inzu y’imideli ya ‘MOSHIONS’ yafunzwe akurikiranyweho ibyaha birimo gukoresha inyandiko mpimbano.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwatangaje ko rwafunze abantu icumi bakekwaho ibyaha bifitanye isano n’ikirombe cy’amabuye y’agaciro cyagwiriye abaturage mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye.
Impunzi z’Abanyekongo zo mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe zasabye abahagarariye ibihugu byabo n’imiryango mpuzamahanga mu Rwanda kuzikorera ubuvugizi.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Gitoki, Rugengamanzi Steven, avuga ko umutekano ari nk’umwuka abantu bahumeka, iyo wabuze bapfa, bityo kuwubungabunga ari inshingano ya buri wese.
Ababyeyi barerera mu Irerero Ubumwe ryo mu Mudugudu wa Nyamyumba, Akagari ka Murambi, Umurenge wa Mata mu Karere ka Nyaruguru, bavuga ko kwitabira gahunda z’iri rerero byabajijuye, bikabateza imbere bikanabasirimura.
Vatikani yatangaje ko bwa mbere mu mateka ya Kiliziya Abalayiki bagera kuri 50% b’abagore bazafatanya n’Abepisikopi mu gikorwa cyo kwemeza imyanzuro ya Sinodi giteganyijwe i Roma mu Kwakira 2023.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Mata 2023, Umuryango Never Again Rwanda ugamije kubaka amahoro arambye, wahurije hamwe urubyiruko rwaturutse mu nzego n’imiryango itandukanye, kugira ngo baganire ku ndangagaciro zikubiye mu Kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda, ndetse bafate iya mbere mu guhangana no kurwanya (…)
Perezida Paul Kagame uri mu ruzinduko rw’iminsi ibiri muri Tanzania yagiranye ibiganiro na Perezida Samia Suluhu mbere yo kugira ibiganiro n’abanyamakuru.
Urwego rw’Igihugu rw’Imiyoborerer (RGB), rugaragaza ko mu Mujyi wa Kigali mu byo Abanyarwanda babona nk’imbogamizi harimo ruswa ishingiye ku kimenyane iri hejuru ya 45% muri serivisi zitangirwa mu nzego z’ibanze.
Bamwe mu batwite n’abonsa batishoboye bo mu Karere ka Musanze, bavuga ko bamaze igihe bizezwa gushyirwa ku rutonde rw’abahabwa amafaranga agenewe kubunganira mu kurwanya imirire mibi n’igwingira ry’abana, ariko kugeza ubu bikaba bidakorwa, mu gihe hari abandi bayahabwa, ubuyobozi bukabizeza ko ari ikibazo cyabaye ariko (…)
Uruganda SC Johnson na Raid® irushamikiyeho byagiranye amasezerano y’ubufatanye n’umuryango wita ku buzima, Society for Family Health (SFH) Rwanda, ndetse na Minisiteri y’Ubuzima mu Rwanda mu rwego rwo guha abajyanama b’ubuzima impamyabushobozi ndetse n’insimburamubyizi ihagije nk’imwe mu ngamba zirimbanyije zo kurandura (…)