Yatawe muri yombi ashinjwa kwicisha umugabo we
Umugore witwa Nyiranzabona Julienne wo mu Murenge wa Muyumbu muri Rwamagana yatawe muri yombi ashinjwa kwicisha umugabo we witwa Ndabateze Mathias.

Tariki ya 30 Ugushyingo 2016 nibwo yatawe muri yombi hamwe n’abandi bagabo babiri yari yahaye ikiraka cyo kwica umugabo we.
Batawe muri yombi nyuma yuko Polisi y’igihugu ikorera mu Karere ka Rwamagana ikoze iperereza, ikanahata ibibazo Nyiranzabona.
Nyiranzabona yemera ko ari we wicishije umugabo we. Yabitewe n’uko ngo uwo mugabo we yamuciye inyuma akabyarana n’undi mugore.
Akomeza avuga ko icyamubabaje kigatuma afata gahunda yo kwicisha umugabo we ari uko ngo ku mugoroba wo ku itariki 29 Ugushyingo 2016, yamenye ko uwo mugabo yari yagiye kugurira Mitiweri umwana yabyaye hanze.

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’agateganyo w’Umurenge wa Muyumbu, Ruhigubugi George akangurira abaturage bose guca ukubiri n’amakimbirane bakayarwanya aho ava akagera, byabananira bakiyambaza ubuyobozi.
Aba bombi uko ari batatu nibaramuka bahamwe n’icyaha cyo kwica Ndabateze Mathias bazahanishwa igihano cyo gufungwa burundu; nk’uko bitegenywa n’ingingo ya 140 yo mu gitabo cy’amategeko mpanabyaha y’u Rwanda.
Ohereza igitekerezo
|
uwiteka natabare kuko iyisi irashaje mbese yibuka yamasezerano bajyiranye?
noneseko,abagabo basigayebagisaba abobashakanyd bakabima bayorebacukokuduha care byabananiye mwareka abishoboye tukabamena amazi!.
Aba bombi uko ari batatu....? Ibise nabyo ni amayobera matagatifu?
BAHANWE PEEE NAMATEGEKO
Nyiranzabona agiye kubonabona,Ndabateze abaye umutego w’umugore we yari yarishakiye,Ruhigubugi na we at mwa bicanyi mwe ndabahigisha igishoboka cyose mucatwe..Amazina yabo ajyanye n’ibikorwa byabo neza neza..Amazina arakurikirana nimujya kwita abana banyu mujye mubanza mubitekerezeho
reds r 5Tutu
Izifpu zabashanye ziguma kwiyongera hakwiye kwihutisha gatanya kungo zifite amkimbirane amaze igihe gutinda birangira umwe yishe undi ubu ukurikiranye mubaturanyi babo wasanga bimaze igihe kinini ntago byumvika umugabo kugura mituwere ningombwa kuberako yarabyaye ikindi ntago umugore yakwica umugabo ngo nuko yanze mituwere ngewe ndumva uyumugo yarabimaranye igihe ntago yabitekereje kumusi wamituwere murakoze
mwaramutse mute nibyizako buriwese ablazwa ibyoyakoze gusa gufunga inzikozi zibibi mumaso njye simbishyigikira mubafungure amaso nimurangiza mukurikize itegeko mubahane serious
Satani ntabwo yishimiye ingo muri iyi minsi, gucibwa inyuma birababaza ariko umwanzuro si ukumena amaraso, ahubwo usenga Imana ikaguha kwihangana.