Nyanza: Ibigo bitatu by’amashuli yisumbuye byibukiye hamwe abazize Jenoside

Urwunge rw’amashuli rwa Hanika, Maranatha na COSTE & IT Hanika ku mugoroba wa tariki 07/06/2013 byihurije hamwe mu gikorwa cyo kwibuka Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 mu Rwanda.

Ni umuhango waranzwe no gukora urugendo rw’amaguru rwari rutuje abanyeshuli n’abarezi bo muri ibyo bigo bitwaje indabo zo gushyirwa ku rwibutso rwa Jenoside rwa Kavumu ruri i Nyanza imbere y’icyicaro cy’Intara y’Amajyepfo.

Abanyeshuli mu rugendo rw'amaguru bakoze bibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside.
Abanyeshuli mu rugendo rw’amaguru bakoze bibuka Abatutsi bishwe muri Jenoside.

Kuri urwo rwibutso hanavugiwe amasengesho yo gusabira Abatutsi bishwe muri Jenoside yo muri Mata 1994 bakaba ariho bashyinguye mu buryo bw’agateganyo mu gihe imibiri yabo itegerejwe kwimurirwa mu rwibutso rwa Nyanza.

Indirimbo, imivugo n’ubuhamya byatangiwe ku kibuga cyo mu Gihisi aho uwo muhango wakomereje byibanze ku gukomeza imitima y’abacitse ku icumu rya Jenoside basabwa kwibuka ari nako barushaho kwigira no kwiremamo icyizere cyiza cy’ejo hazaza.

Ku rwibutso bafashe umunota wo kwibuka.
Ku rwibutso bafashe umunota wo kwibuka.

Munyempundu Silas umuyobozi w’ikigo cy’ishuli ryisumbuye rya Maranatha wavuze mu izina ry’abandi bayobozi b’ibigo by’amashuli bifatanyije muri uwo muhango yatanze ubutumwa bwumvikanisha neza ko Jenoside ari icyaha ndengakamere kibasira abantu b’ubwoko runaka hagamijwe kubarimbura.

Yavuze ko buri muntu asabwa kuharanira ko Jenoside itazasubira kubaho ukundi bityo asobanura ko ariyo mpamvu kwibuka bifite agaciro kanini mu kuyirwanya.

Umuyobozi w'ikigo cya Maranatha,Munyempundu Silas atanga impanuro ku banyeshuli afatanya n'abandi kurera.
Umuyobozi w’ikigo cya Maranatha,Munyempundu Silas atanga impanuro ku banyeshuli afatanya n’abandi kurera.

Bamwe mu banyeshuli biga muri ibyo bigo nabo bagize icyo bavuga ku kamaro ko kwibuka abazize Jenoside yakorewe abatutsi mu Rwanda.

Bagaragaje ko ari umwanya mwiza wo gutekereza ku bavandimwe, ababyeyi n’inshuti z’imiryango yabo bamburiwe ubuzima muri Jenoside nta kindi bahowe usibye ubwoko batihaye.

Byari intimba n'agahinda ku mutima ubwo bari ku rwibutso rw'abazize Jenoside.
Byari intimba n’agahinda ku mutima ubwo bari ku rwibutso rw’abazize Jenoside.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka