Bizeye umusaruro n’ubwo imvura yaguye nabi

Abatuye Umurenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe, bavuga ko bizeye ko imvura yaguye nabi ikabagiraho ingaruka itazababuza kubona umusaruro.

Igihembwe cy’ihinga B cyatangiye gitinze bitewe n’imvura itaragwiriye igihe, biba ngombwa ko hari n’abarandura imyaka bagatera bundi bushya, ariko nyuma y’uko imvura iguye, abahinzi bizeye kuzagira icyo baronka n’ubwo ibihe bitababereye byiza.

Abaturage bizeye kuzasarura ibishyimbo nubwo hari ibyangiritse.
Abaturage bizeye kuzasarura ibishyimbo nubwo hari ibyangiritse.

Immacule Zaninka umwe mu bahinzi batuye mu kagari ka karama, umurenge wa Cyanika atangaza ko n’ubwo hari imyaka yangiritse kubera imihindagurikire y’ibihe yizeye kuzagira bicye arokora agakomeza kwiteza imbere.

Agiara ati “Aho bigereye ubu umuntu azasarura ibizaboneka ariko nk’ibishyimbo ku ruhande rumwe bimwe byarapfuye, ariko umuntu azasarura nk’imyumbati n’ibindi, ubuhinzi bwaduteje imbere nahereye ku nkoko ubu ngeze ku ngurube eshatu zibwaguye.”

Marie Claire Uwimbabazi we atangaza ko bategereje kuzagira icyo basarura n’ubwo batinze guhinga.

Ndolimana avuga ko bashishikariza abaturage kujya bajyana n'iteganyagihe bagahingira igihe kuko byabafasha kubona umusaruro.
Ndolimana avuga ko bashishikariza abaturage kujya bajyana n’iteganyagihe bagahingira igihe kuko byabafasha kubona umusaruro.

Ati “Twahinze ibishyimbo ubu nibyo bigezweho uretse ko bitagenze neza, bitewe n’izuba ryavuye hanyuma ntitwahingira igihe, yenda ubu tuzarokora dujeya ubu turategereje kuko ibishyimbo bitarera.”

Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Cyanika Chrisostome Ndolimana, atangaza ko nk’ubuyobozi bagira inama abaturage yo kujya bahingira igihe kiba cyateganijwe kandi bagakoresha n’ifumbire kugira ngo babashe kuzasarura.

Ati “Ubu icyo dushishikariza abaturage ni uguhingira ku gihe, koko tukajyana n’itaganyagihe duhabwa n’ikigo kibishinzwe, abantu bakagerageza guhingira igihe kandi bagafumbira tukareba ko bazeza.”

Abaturage kandi bashishikarizwa kujya bitabira amatsinda ya twigire muhinzi, kuko ariyo abafasha kubona ifumbire mu buryo bworoshye n’imbuto za kijyambere bibasha gutanga umusaruro mwinshi.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka