Abaturage bo mu Murenge wa Kitabi muri Nyamagabe bifuza ko aho batuye hakwitwa “Kicyayi” kuko hasigaye hera icyayi aho kwera itabi.
Umukino wahuzaga ikipe ya APR FC n’iya Amagaju, waberaga i Nyamagabe urangiye amakipe yombi anganya ubusa ku busa(0-0).
Mu minsi ibiri umuryango Starkey umaze uvura indwara z’amatwi mu karere ka Nyamagabe, muri 386 basanze 181 muri bo bakeneye inyunganirangingo.
Abanyeshuri baba mu Nkambi ya Kigeme i Nyamagabe bahamya ko imfashanyo y’ibikoresho by’ishuri bahawe izabafasha kurushaho kwiga bashyizeho umwete.
Abatuye Akarere ka Nyamagabe bemeza ko gahunda ya “Girinka” idafasha mu kubakura mu bukene gusa ahubwo yabaye na gahuzamiryango.
Umusaza Kavutse Aron utuye mu Karere ka Nyamagabe ahamya ko agiye kugira amasaziro meza kubera inka yagabiwe.
Bamwe mu bakecuru batanze umusanzu bahabwa ku nkunga y’ingoboka mu Karere ka Nyamagabe, bifuzwa gusubizwa amafaranga yabo, kuko batizeye ko bazazibamo kubera izabukuru.
Urwego rw’umuvunyi mu Rwanda rutangaza ko gutanga no kwakira ruswa byabaye icyaha kidasaza kuburyo ugikoze yabiryozwa igihe icyo aricyo cyose.
Abaturage b’i Nyamagabe basanga iriba ryo “Mu Kunyu” rikwiye kugirwa nyaburanga, hagashyirwa n’inzu y’amateka ba mukerarugendo bakajya bahasura.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe bwujuje inyubako y’ibiro by’ako karere, yuzuye itwaye miliyoni 788RWf, ikazafasha mu mitangire myiza ya serivisi.
Abatuye Nyamagabe barasaba kubakirwa ibiraro bibiri byo ku mugezi wa Rukarara byangiritse, bikaba bidindiza ubuhahirane.
Amakuru aturuka mu Karere ka Nyamagabe atangaza ko uwari Umunyamabanga nshingwabikorwa wako, Nshimiyimana Jean Pierre yeguye ku mirimo ye.
Umunyeshuri wakoreraga ibizamini bya Leta ku kigo cy’amashuri cya “Notre Dame de la Paix” kiri i Nyamagabe yarohamye mu kizenga cy’amazi arapfa.
Abatuye mu Karere ka Nyamagabe batagerwaho n’umuriro w’amashanyarazi bavuga ko bababazwa no kubona inshinga z’amashanyarazi zibaca hejuru badashobora kurahura.
Abakobwa ibihumbi 10 bo muri Huye na Nyamagabe bacikirije amashuri batewe inda, baraburira bagenzi babo ko kudakora, ariyo nzira yo gushukwa.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyamagabe buraburira abo bwise “Ba ntibindeba” bangiza ibidukikije birimo ibyatewe ku nkengero z’imigezi, kuko uzafatwa ngo atazihanganirwa.
Umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Mugano n’uw’umurenge wa Buruhukiro mu Karere ka Nyamagabe beguye ku mirimo yabo.
Abaturage baturiye Pariki ya Nyungwe batangaza ko bashishikajwe no kuyibungabunga kuko umusaruro w’ubukerarugendo buhakorerwa ubageraho bagatera imbere.
Abaturage bo mu Murenge wa Mugano mu Karere ka Nyamagabe, barasaba kubakirwa isoko hafi y’aho batuye.
Abakoresha umuhanda wa kaburimbo Huye-Nyamagabe-Kitabi barasaba ko wakorwa kuko ugenda wangirika cyane kuburyo wagabanya ubuhahirane n’imigenderanire.
Ibyumba by’amashuri byubatswe mu karere ka Nyamagabe ku nkunga ya Leta zunze ubumwe za Amerika, bizongera umubare w’abanyeshuri.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe, baratira bagenzi babo bagituye mu manegeka ibyiza byo gutura mu midugudu, kugirango bayigane.
Abaturage bo mu karere ka Nyamagabe barasaba gukemurirwa ikibazo cy’inda zikomeje kwibasira amashyamba yabo, zigatuma adakura neza ngo atange umusaruro uko bikwiye.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe bavuga ko uburwayi bwibasira igihingwa cy’imyumbati bwatumye umusaruro wayo ugabanuka kandi yari ibafatiye runini.
Gukoresha urumuri ruturuka ku mirasire y’izuba bizafasha abaturage mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima kuko ibindi bicanwa bihumanya kandi bikaba byakwangiza ikirere.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe ntibavuga rumwe n’ubuyobozi ku byiciro by’ubudehe, kuko mu gihe cyo kubashyiramo hadakurikizwa amabwirizwa ajyanye n’ubushobozi bafite.
Abakozi b’Akarere ka Nyamagabe bashinzwe kwegereza abaturage serivisi z’ikoranabuhanga no kuribigisha baravuga ko baterwa impungege n’urubyiruko rutitabira ikoranabuhanga rwegerejwe.
Umushinga wo bungabunga amazi y’imvura ukorera mu Karere ka Nyamagabe, watumye umusaruro w’ubuhinzi wiyongera ku binjiye muri gahunda yo kubika neza ayo mazi.
Abageze mu zabukuru batishoboye bo mu Murenge wa Mugano muri Nyamagabe, bahabwa inkunga y’ingoboka, barinubira ko batakiyihabwa n’amafaranga bizigamye ngo bazahabwe amatungo ntibayasubizwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushubi muri Nyamagabe bahagaritse guhinga amatunda, bitewe n’uko yabembye, bahinga ntibagire icyo basarura.