Ngororero: Ikigo nderabuzima cya Rususa cyahawe Ambulance

Ikigo nderabuzima cya Rususa cyo mu karere ka Ngororero cyahawe imodoka yacyo itwara abarwayi (ambulance) kikaba kibaye icya kabiri mu bigonderabuzima 12 byo mu karere ka Ngororero mu kugera kuri icyo gikorwa.

Iyo modoka ifite agaciro ka miliyoni zirengaho gato 50, ikigonderabuzima cyayihawe na Diyosezi ya Nyundo akarere ka Ngororero kabarizwamo ikaba izafasha mu kugeza abarwayi kwa muganga haba ku kigonderabuzima ubwacyo ndetse no kubitaro bya Muhororo icyo kigo kibarirwamo.

Ambulence yahawe ikigonderabuzima cya Rususa ifite agaciro k miliyoni zisaga 50.
Ambulence yahawe ikigonderabuzima cya Rususa ifite agaciro k miliyoni zisaga 50.

Ubusanzwe kugeza abarwayi ku kigonderabuzima baturuka mu cyaro batuyemo byabaga ingorabahizi ku buryo abenshi bagikoresha ingobyi gakondo kandi wenda aho umurwayi aturuka hari umuhanda ndetse afite n’ubushobozi bwo kwishyura imodoka cyangwa afite ubwishingizi mu kwivuza.

Iyo modoka ikigonderabuzima cyahawe ifite ibyangombwa ku buryo abarwayi bashobora kuvurirwamo imbere igihe bibaye ngombwa, cyane cyane abarembye igihe bajyanwa kwa muganga; nk’uko biosbanurwa n’umuyobozi w’ikigonderabuzima cya Rususa, Beninka Leoncie.

Ikigo nderabuzima cya Rususa.
Ikigo nderabuzima cya Rususa.

Ikigonderabuzima cya Rususa kibonye imodoka itwara abarwayi gikurikira ikigonderabuzima cya Ramba nacyo cyayihawe n’abihaye Imana Gaturika, cyo kikaba kibarirwa mu gace k’ibitaro bya Kabaya.
Ubusanzwe ibigonderabuzima bikoresha imodoka z’abarwayi z’ibitaro kubera ubuke bwazo.

Ernest Kalinganire

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka