Umugore wo mu Karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho kwica umugabo we akamujugunya mu musarane, bikamenyekana hashize imyaka itanu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yababajwe n’urubyiruko rwahawe akazi mu Murenge wa Nasho rukanga kugakora ngo ni mu cyaro.
Abikorera bo mu Burasirazuba basabye imbabazi kuko batitabiriye gushora imari muri Epic Hotel yubakwa i Nyagatare, nk’uko bari barabyiyemeje.
Perezida wa Repubulika Perezida Paul Kagame arasaba abagabo bose guhaguruka bagashyigikira iterambere ry’umugore, kuko iterabere rihamye ritagerwaho umugore agihezwa.
Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda kubumbatira umutekano nk’inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye mu nzego zose.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arasaba Abanyarwanda gushyigikira iterambere ry’abagore kuko nta terambere rishoboka umugore atarigizemo uruhare.
Perezida Kagame yemereye abaturage bo mu Karere ka Ngoma ibikorwa remezo birimo imihanda, amashanyarazi n’umuyoboro wa Interineti wihuta.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.
Perezida Paul Kagame amaze kugera mu Murenge wa Zaza mu Karere ka Ngoma, aho yari ategerejwe n’ibihumbi by’abaturage, bari bakereye uruzinduko agirira muri aka karere.
Sgt Ntantoro Apollinaire wakoze mu itumanaho rya Etat Majoro yo ku bwa Habyarimana, byatumye amenya amabanga y’uburyo Jenoside yategurwanye ibanga n’ubuhanga bikomeye.
Abarokotse Jenoside batishoboye bo mu Murenge wa Rurenge, Akarere ka Ngoma bahawe ibiryamirwa mu gusoza icyumweru cyo kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi muri uwo murenge.
Uwitije Xavera warokokeye Jenoside mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, yagabiye ihene Gasana Charles wamuhishe akanamutangira amafaranga muri Jenoside akabasha kurokoka.
Pariti Emmanuel, umwe mu bakoze Jenoside bagasaba imbabazi bagafungurwa, avuga ko kuvugisha ukuri ku byo yakoze byamubohoye ariko bimuca ku ncuti.
Abanyerondo bo mu Murenge wa Mutendeli, mu Karere ka Ngoma, bafashe moto ipakiye ibiro 120 by’amashahi yaciwe mu Rwanda.
Ubuyobozi bushya bwa FPR Inkotanyi mu Karere ka Ngoma bwiyemeje guca uburiganya buvugwa muri gahunda za Leta zigenewe gufasha abatishoboye.
Abagore bafungiye muri gereza y’abagore ya Ngoma barashima uburenganzira bahabwa ko bubafasha kugororoka neza no kuzasubira mu muryango Nyarwanda ari ingirakamaro.
Umuyobozi w’Ikigega cyita ku Iterambere ry’Ubuhinzi (IFAD), avuga ko u Rwanda ruza ku isonga muri Afurika mu gukoresha neza inkunga barutera mu buhinzi.
Abatuye umudugudu wa Gahondo mu Murenge wa Kazo muri Ngoma barataka ubujura bw’amatungo, butuma hari abararana na yo munzu batinya kuyibwa.
Akarere ka Ngoma kahaye abafite ubumuga 65 batishoboye insimburangingo n’inyunganirangingo, zifite agaciro k’amafaranga miliyoni icyenda ngo babashe gukora biteze imbere.
Abaturage bo mu Kagali ka Muzingira mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma, bavuga ko babangamiwe no kutagira amazi meza.
Abakandida biyamamariza mu Murenge wa Kibungo kumyanya ya Njyanama y’Akarere ka Ngoma ari naho hazatorwamo ukayobora, abaturage barasaba gusezeranya ibyo bazakora.
Abafungiye muri Gereza yihariye y’Abagore ya Ngoma, bavuga ko kugira amatorero y’ubuhanzi ndetse no kwiga imyuga itandukanye bibafasha kutigunga.
Abafungiye muri Gereza y’abagore ya Ngoma mu Karere ka Ngoma, bavuga ko bahigira ubumenyi mu myuga itandukanye ibafasha kwirwanaho igihe bazaba barangije ibihano.
Abaturage bp mu Kagari ka Muzingira mu Murenge wa Mutendeli mu Karere ka Ngoma, biyujurije ibiro by’akagari ngo bajye baherwa serivise aheza.
Abaturage barasaba abayobozi b’imidugudu bashya kuvugurura isura y’ubuyobozi bw’umudugudu yari imaze kumungwa na ruswa.
Abatuye imidugudu ya Rugarama n’amabumba mu kagali ka Kinyonzo, umurenge wa Kazo, babangamiwe n’imihanda mibi ituma bahendwa ku musaruro wabo.
Abahinzi b’ibigori bo mu Murenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bavuga ko umusaruro w’ibigore wiyongereye agaciro ugereranyije n’umwaka ushize.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu Karere ka Ngoma batangaza ko hari byinshi babona byabagira intwari, nyuma yo gusobanurirwa ko bishoboka no ku batari abasirikare.
Urubyiruko 80 rw’abanyeshuri b’Abayisilamu bari mu biruhuko bahuguwe ku ndangagaciro za Islam zibarinda uwabashora mu bikorwa bihungabanya amahoro.
Abana batuye Umurenge wa Sake mu Karere ka Ngoma, bashimishwa no kubona ibigori byeze bakabona ikiraka cyo kubihungura bakabona amafaranga.