Abatuye Akagari ka Birenga mu Murenge wa Kazo w’Akarere ka Ngoma bavomaga ibirohwa bishimiye ko bahawe amazi meza hafi yabo.
Abantu bagera kuri 210 bo mu Ntara y’Iburasirazuba barangije kwiga imyuga, bahawe ibikoresho bazifashisha mu gushyira mu ngiro imyuga bize.
Rujara Pierre nyuma yo kwiga amashuri yisumbuye akuze asekwa na benshi,arishimira ko yabonye buruse yo kwiga kaminuza.
Ubushakashatsi Bizimana Jean Bosco wo mu Karere ka Ngoma yakoze asoza amashuri ye mu by’ubuhinzi ngo bwatumye akora uruganda rw’ifu ikungahaye ku ntungamubiri.
Hasubizimana Jean Claude w’imyaka 23, afite impano yo gushushanya ahamya ko imwinjiriza nibura ibihumbi 300 ku kwezi.
Ikigo cy’u Rwanda gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), Ishami ry’Iburasirazuba, kiratangaza ko hagiye gushorwa miliyoni 65Frw mu guhugura aborozi uko bahangana n’ikibazo cy’ibura ry’ubwatsi mu gihe cy’izuba.
Abayobozi b’imidugudu mu Karere ka Ngoma bemeza ko amahugurwa mesnhi abarinda guhuzagurika mu nshingano zabo,akenshi batorerwa batazisobanukiwe neza.
Abatuye umurenge Mugesera mu karere ka Ngoma,biyemeje kubaka ibiro bya Polisi y’igihugu mu murenge wabo bifite agaciro ka miliyoni zirenga 30.
Inama Njyanama y’Akarere ka Ngoma yahaye Komite Nyobozi y’akarere umukoro wo kukageza ku mwanya wa mbere mu mihigo.
Abahahira mu Isoko rya Kibungo bavuga ko”Tumuhombye” yatumye iri soko rigeza saa yine z’ijoro kandi ubundi ryarafungaga saa kumi n’ebyiri z’umugoroba.
Abakobwa bavumbuye igihingwa cyera amasaro akoreshwa mu mitako mu Karere ka Ngoma, bavuga ko batayabonera isoko kubera gukorera mu cyaro.
Urwibutso rwa Jenoside rushya rurimo kubakwa mu Murenge wa Kibungo muri Ngoma ngo ruzafasha urubyiruko rwavutse nyuma ya Jenoside kumenya amateka kuko ruzabasha kubika imibiri mu gihe kirekire.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu Karere ka Ngoma rurasabwa kuba abafatanyabikorwa mu kurwanya ihohoterwa, batanga amakuru ku gihe.
Ishuri Rikuru ry’Imyuga n’Ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba(IPRC East) ryubakiye inzu umukecuru warokotse Jenoside utishoboye, nyuma y’uko iyo yabagamo yari igiye kumugwaho.
Imiryango 40 ikennye mu Karere ka Ngoma yorojwe inka ubwo hizihizwaga Umunsi w’Umwana w’Umunyafurika, kugira ngo abana bayirimo babashe kubaho neza.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngoma buravuga ko abashoramari baguze ibibanza ku nkengero z’ibiyaga bya Sake na Mugesera batabyubakaho amahoteli bashobora kubyamburwa.
Ishuri ry’imyuga n’ubumenyingiro mu Ntara y’Iburasirazuba (IPRC East) ryageneye amahirwe abagore babyifuza kubigisha umwuga wo guteka ku buntu.
Urubyiruko rwo mu Murenge wa Rurenge muri Ngoma bacuruza amazi bavomye, bikabaha amafaranga abafasha kwikenura mu gihe cy’izuba.
Abatuye umurenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma baravuga ko kwegerwa n’umurenge SACCO byatumye bigishwa babasha gutinyuka inguzanyo biteza imbere.
Abatuye imirenge ya Sake na Rukumberi muri Ngoma, basanga ubusinzi bwadutse mu bagore burimo gutera ubwiyongere bw’abana bavuka nta bushobozi.
Abatuye mu Murenge wa Rurenge mu Karere ka Ngoma, bavuga ko kwegerezwa SACCO byabakijije itike ya 3000Frw bategeshaga bajya kubitsa.
Umunyeshuri witwa Ishimwe Frolence wiga mu Rwunge rw’Amashuri rwa Kabare muri Ngoma, yaguye mu kigega cy’amazi yavomagamo ahita apfa.
Mu Karere ka Ngoma hongeye kugaragara ubujura bwo gushikuza amatelefone n’amasakoshi ninjoro, nyuma yaho amatara ku mihanda apfiriye ntasanwe.
Akarere ka Ngoma kagiye gutera ibiti by’ingazi ku nkengero z’ibiyaga bya Sake na Mugesera, kugira ngo birengere ibidukikije binabyare inyungu.
Abamotari bo mu Karere ka Ngoma bahangayikishijwe n’ubujura bwa moto bwadutse, aho abajura babanza gusinziriza ba nyirazo.
Nyirakimonyo Gaudence w’imyaka 55, wo mu Kagari ka Kibatsi, mu Murenge wa Rukira Karere ka Ngoma yishwe n’abantu bataramenyekana ubwo yari avuye kuzitura ihene.
Polisi yatanze imbabazi kuri moto zo mu Karere ka Ngoma zashakishwaga kubera guhunga abapolisi, bituma biyemeza gukika kuri iyo ngeso.
Umugore wo mu Karere ka Ngoma ari mu maboko ya Polisi akurikiranyweho kwica umugabo we akamujugunya mu musarane, bikamenyekana hashize imyaka itanu.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yavuze ko yababajwe n’urubyiruko rwahawe akazi mu Murenge wa Nasho rukanga kugakora ngo ni mu cyaro.
Abikorera bo mu Burasirazuba basabye imbabazi kuko batitabiriye gushora imari muri Epic Hotel yubakwa i Nyagatare, nk’uko bari barabyiyemeje.