Abaturage bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bavuga ko nta wundi muntu bashaka ku ntebe y’ubuyobozi bw’u Rwanda nyuma y’umwaka wa 2017 utari Perezida wa Repubulika Paul Kagame.
Kutabona serivisi z’ibigo by’imari na banki hafi ngo byajyaga bituma bamwe mu baturage bo mu Kagari ka Karambi mu Murenge wa Murundi wo mu Karere ka Kayonza batitabira serivisi zitangwa n’ibyo bigo.
Abarimu bigisha mu mashuri abanza n’ayisumbuye mu Karere ka Kayonza bavuga ko batarwanya uwo ari we wese uhatanira kuyobora u Rwanda kuko ari uburenganzira bwe, icyo bifuza ngo ni uko inzitizi yatuma Perezida wa Repubulika Paul Kagame atongera kwiyamamaza ivaho kuko ari we bashaka ko akomeza kuyobora u Rwanda.
ABaturiye Pariki y’Akagera mu gice intare ziherutse kuzanwa mu Rwanda zashyizwemo gifatanye n’akarere ka Kayonza, bavuga ko badatewe impungenge n’uko zishobora gucika uruzitiro zahawe zikaba zakwinjira mu baturage zikabateza umutekano.
Abaturage bo mu Murenge wa Mwili mu Karere ka Kayonza bavuga ko bakifuza Perezida Kagame ngo ababere umuyobozi kugeza igihe azumva ananiwe intege zimubanye nke, bakavuga ko uwazamusimbura yazahabwa manda y’ubuyobozi y’igihe gito cy’igeragezwa yakora neza akabona kongezwa izindi manda.
Abaturage bo mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bavuze ko batagenera Perezida wa Repubulika Paul Kagame manda azayobora u Rwanda, kuko ari we ufite icyerekezo cy’iterambere aruganishamo.
Abaturage bo mu Kagari ka Kabura mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bifuza ko Perezida wa Repubulika Paul Kagame akomeza kuyobora u Rwanda nyuma y’uko azaba ashoje manda ye ya kabiri.
Bamwe mu baturage bo mu Murenge wa Ruramira mu Karere ka Kayonza, cyane cyane abageze mu za bukuru bavuga ko bibaza niba ibihugu bihoramo imvururu bigira Kagame wabyo.
Umuyobozi wungirije w’umutwe w’Abadepite mu nteko ishinga amategeko y’u Rwanda, Hon. Uwimanimpaye Jeanne d’Arc avuga ko uburyo abaturage batanga ibitekerezo ku bijyanye n’ivugururwa ry’ingingo ya 101 y’itegeko nshinga bigaragaza intambwe ya Demokarasi ihambaye u Rwanda rumaze gutera.
Abagore bo mu murenge wa Murama mu karere ka Kayonza, bavuga ko mbere y’uko Perezida Paul Kagame atangira kuyobora u Rwanda bari barasigaye inyuma, kuko birirwaga baharura amasafuriya bakuraho imbyiro zo gushyira mu misatsi kugira ngo ise neza.
Ni kenshi hagiye humvikana Abanyarwanda basaba ko ingingo y’101 y’Itegeko Nshinga u Rwanda rugenderaho kugeza ubu yahinduka, kugira ngo bahe Perezida wa Repubulika Paul Kagame amahirwe yo gukomeza kuyobora nyuma y’uko azaba arangije manda ze ebyiri yemererwa n’iryo tegeko.
Abaturiye Pariki y’Akagera bavuga ko inyamaswa zikiri hanze y’uruzitiro rw’iyo pariki ari imbogamizi ku mutekano wabo ndetse n’imyaka bahinga.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Uwamariya Odette, avuga ko abaturage b’iyo ntara by’umwihariko abo mu mirenge ihana imbibi na Pariki y’Akagera badakwiye gukomeza kubarirwa iby’inyamaswa ziyirimo kandi na bo bashobora kuzisura.
Abakozi b’Ibitaro bya Gahini byo mu Karere ka Kayonza barasabwa kubaha umurwayi kuko ari we mukoresha wabo mukuru, nk’uko byavuzwe n’umuyobozi w’ibyo bitaro Dr. Muvunyi Alphonse tariki 16 Nyakanga 2015 ubwo ibyo bitaro byashimiraga abakozi babyo babaye indashyikirwa mu mwaka wa 2014/15.
Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza ngo barifuza ko Perezida wa Repubulika y’u Rwanda, Paul Kagame, yazabasura bakamubona imbonankubone kuko basanzwe bamwumva kuri radiyo gusa.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC), Dr Alvera Mukabaramba, arasaba Abanyarwanda kutita ku bihuha bibangisha gahunda ya Leta yo gushyira abaturage mu byiciro by’ubudehe.
Umunyamabanga wa Leta ushinzwe Imibereho Myiza muri Minisiteri y’Ubutegetsi bw’Igihugu (MINALOC) Dr. Alvera Mukabaramba arasaba komite z’ubujurire mu byiciro by’ubudehe mu Karere ka Kayonza kwihutisha gahunda yo kwakira ubujurire bw’abaturage.
Abaturage bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza baravuga ko umuhanda bubakiwe watangiye kubavana mu bwigunge.
Abagize urugaga rw’abikorera mu karere ka Kayonza barasaba ibihugu by’amahanga guhagarika ibikorwa byo gusuzugura u Rwanda no kurusubiza inyuma. Babivuze tariki 05Nyakanga 2015 ubwo bakoraga urugendo rwo kwamagana ifatwa rya Lt. Gen Karenzi Karake uherutse gufatirwa mu gihugu cy’Ubwongereza kugira ngo ashyikirizwe inkiko.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye yo mu murenge wa Mukarange mu karere ka Kayonza tariki 03/07/2015 rwashimiye mu ruhame Rtd. Major Gapfizi Aloys wamugariye ku rugamba rwo kubohora igihugu mu 1994.
Urubyiruko rw’abanyeshuri biga mu ishuri rya GS Nyagasambu ryo mu murenge wa Nyamirama mu karere ka Kayonza, ruvuga ko ruri mu rugamba rwo guhindura imyumvire y’ababyeyi bacyigisha abana ingengabitekerezo ya Jenoside.
Imbaga y’abaturage basaga 5000 bo mu Karere ka Kayonza kuri uyu wa 25 Kamena 2015 bazindukiye mu rugendo rwo kwamagana itabwa muri yombi rya Lt Gen Karenzi Karake wafatiwe mu gihugu cy’ubwongereza ndetse bavuga ko batazahwema kwamagana agasuzuguro k’Ubwongereza kugeza bamurekuye.
Umuyobozi w’akarere ka Kayonza Mugabo John avuga ko ako karere gafite umushinga wo gutunganya inyama, akarere kakaba kari gushaka abashoramari bazawushoramo imari.
Abahinzi b’imyumbati bo mu Murenge wa Ndego mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi kubakorera ubuvugizi bakabona isoko ry’imyumbati bahinga kuko bayigurirwa ku giciro kiri hasi.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Rwinkwavu mu karere ka Kayonza bwemeza ko uruganda rukora umwuka wa Oxygen (Oxygen Plant) muri ibyo bitaro rwagize uruhare runini mu kugabanya impfu z’abana b’impinja, cyane cyane abavuka batujuje ibiro.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Kayonza bahamya ko kugeza ubu bariho babikesha ubufasha bahawe mu mushinga w’Inshuti mu Buzima (Partners In Health) umaze imyaka 10 ukorera muri ako karere, nk’uko babivuze tariki 18 Kamena 2015 ubwo hizihizwaga isabukuru y’imyaka y’imyaka 10 kuva uwo mushinga utangiye gukorera i Kayonza.
Abacururiza mu isoko rya Kabarondo ryo mu karere ka Kayonza barizezwa ko iryo soko rigiye gusanwa mu gihe cya vuba, nyuma yo kumara igihe kinini abarikoreramo binubira gukorera ahadasakaye bigakubitiraho no kurambika ibicuruzwa byabo hasi kuko ntadutara tuhari.
Abaturage bakoranye n’umurenge mu kubaka amashuri n’inzu ya mwarimu mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza bavuga ko bamaze imyaka igera kuri itatu batarishyurwa kandi baratanze fagitire zishyuza mu buyobozi.
Agakiriro k’Akarere ka Kayonza kubatswe mu Mudugudu wa Gihima mu Kagari ka Mburabuturo mu Murenge wa Mukarange, ku birometero nka bitanu uvuye rwagati mu mujyi wa Kayonza. Ako gakiririo kazengurutswe impande n’impande n’amazu ameze nk’ay’ubucuruzi agaragara nk’akiri mashya ndetse hakaba n’andi acyubakwa.
Abana batandatu b’imfubyi birera bo mu Kagari ka Rusera mu Murenge wa Kabarondo wo mu Karere ka Kayonza ngo bamaze igihe kigera ku myaka ibiri batagira icumbi kuko inzu basigiwe n’ababyeyi babo yaguye mu myaka ibiri ishize kubera gusaza.