Abororera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza bavuga ko inka zigiye kubashiraho kubera kutazibonera amazi.
														
													
													Abatuye muri Miyaga mu Murenge wa Murundi i Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko isatura (ingurube z’ishyamba) n’ibitera bibonera, ntibagire icyo basarura.
														
													
													Bamwe mu batuye i Kayonza barasaba ubuvugizi kuko bari kwishyuzwa umusoro n’amande y’ubukererwe ku butaka bari barabwiwe ko batazasorera.
														
													
													Sosiyete yitwa Ngali Holdings Ltd yeguriwe inshingano zo gukusanya imisoro n’amahoro byinjizwa n’uturere nyuma y’aho bigaragariye ko amafaranga avamo agenda agabanuka.
														
													
													Abatuye munsi y’isoko rya Kabarondo i Kayonza ngo babangamiwe n’amazi arimo imyanda utubari turekura akareka imbere y’ingo zabo.
														
													
													Abatuye i Kabarondo mu Karere ka Kayonza baravuga ko isuku y’ahagurishirizwa inyama muri uwo mujyi iteye inkeke, bagasaba ko hasukurwa.
														
													
													Amwe mu makoperative y’Ubuhinzi mu Burasirazuba arasaba Minisiteri y’Ubuhinzi n’Ubworozi (MINAGRI) kubemerera gutubura imbuto kuko ibageraho itinze bagacyererwa guhinga.
														
													
													Abarema Isoko rya Nyagasambu baravuga ko urusimbi rukinirwa muri iryo soko bamwe bita “ikiryabareezi” ruteza ibibazo birimo no gusenya ingo.
														
													
													Abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Kayonza baravuga ko gutanga amakuru ku nzego bakorana bitakiborohera bitewe n’uko batagihabwa amafaranga y’itumanaho ku gihe.
														
													
													Abatuye mu Murenge wa Karenge mu Karere ka Rwamagana ngo barembejwe n’ubujura bw’amatungo magufi bumaze iminsi bugaragara muri uwo murenge.
														
													
													Abatuye i Mwili mu Karere ka Kayonza ngo bahangayikishijwe n’abitwa “Intaragahanga” bategera abaturage mu nzira bakabambura ibyo bafite bakanabahohotera.
														
													
													Abatuye mu mujyi wa Kayonza baratabaza ubuyobozi kuko barembejwe n’abajura bamaze kuyogoza uwo mujyi.
														
													
													Abunzi bo mu Karere ka Kayonza ngo ntibakijya gukemurira ibibazo mu baturage igihe kugera aho ikibazo kiri bibasaba ubushobozi bw’amafaranga.
														
													
													Abunzi bo mu Karere ka Kayonza baravuga ko amahugurwa bahawe na IRC yatumye bamenya amategeko bifashisha mu kunga Abanyarwanda.
														
													
													Abafite ubumuga bo mu Karere ka Kayonza barashima Leta kuko ikora ibishoboka ngo batere imbere ariko bagatunga agatoki zimwe mu nzego ko zikibakorera ivangura.
Abakozi b’Ibitaro bya Rwinkwavu bakurikiranyweho uruhare mu rupfu rw’umubyeyi wari wagiye kubyarira muri ibyo bitaro baburanye ifungwa n’ifungurwa ry’agateganyo.
														
													
													Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu Francis Kaboneka arasaba abaturage korohereza abayobozi no kumva inama babagira mu gihe babakemurira ibibabazo.
														
													
													Abaturage b’Akarere ka Kayonza bemeza ko bageze ku ntera ishimishije mu bumwe n’ubwiyunge, kuko nta mwiryane cyangwa ivangura rikibagaragaramo.
														
													
													Bamwe mu bafungiwe muri gereza ya Nsinda bavuye ku izima bemera ibyo byaha banabisabira imbabazi, nyuma y’igihe bafungiwe ibyaha batemera.
														
													
													Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza burahumuriza abatuye mu Mujyi wa Kayonza bubabwira ko mu minsi mikuru isoza umwaka ikibazo cy’amazi kizaba cyarakemutse.
														
													
													Abaganga n’abaforomo bo ku Bitaro bya Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza batawe muri yombi bakekwaho kugira uburangare mu kazi bikavamo urupfu.
														
													
													Ubuyobozi bw’Akarere ka Kayonza buravuga ko inyubako nshya akarere kari kubaka izagabanya ubucucike bw’abakozi mu biro bwabangamiraga imitangire ya serivisi.
														
													
													Abagura kawa y’u Rwanda barashima ubwitange bw’abayihinga nk’uko babivuze ubwo bahuraga na Koperative Twongere umusaruro ihinga kawa i Rwimishinya.
														
													
													Abashoferi bakoresha Gare ya Kabarondo yo mu Karere ka Kayonza baravuga ko gusana iyo gare bizarengera imodoka zabo zayangirikiragamo.
														
													
													Abacunda bagemura amata kuri koperative z’aborozi mu Karere ka Kayonza ngo bari mu ruhuri rw’ibibazo nyuma yo kwamburwa n’izo koperative.
														
													
													Itsinda ry’abashoramari bo muri Turikiya kuva ku gicamunsi cya tariki 03/11/2015 bari gusura Akarere ka Kayonza berekwa aho bashora imari.
														
													
													Izina ry’umurenge wa Rwinkwavu mu Karere ka Kayonza, ngo rikomoka ku gasozi kitwaga “Rwinkwavu” kabagaho utunyamaswa duto turimo n’udukwavu.
														
													
													Inzu zivugwaho kuba zarubatswe mu kajagari mu mujyi wa Kayonza zigiye gusenywa, ba nyirazo bakavuga ko ari igihombo gikomeye.
														
													
													Imibereho y’abakobwa bibumbiye muri Koperative "Kunda Umurimo Utere Imbere" ngo iragenda iba myiza nubwo babanje kubaho nabi bakiva mu ishuri.
														
													
													Guverineri w’Uburasirazuba arasaba abanyamabanga nshingwabikorwa b’utugari two mu Karere ka Kayonza kongera imbaraga mu kazi kugira ngo bazese imihigo biyemeje.