Abahoze muri FDLR barangije kwiga amasomo y’imyuga i Kayonza barasabwa kutazatatira igihango bagiranye na leta y’u Rwanda yabishyuriye bakajya kwiga.
														
													
													Abagore b’i Kayonza bakorana n’umuryango Women for Women (WfW) batangiye gutunganya amata bakayakoramo Yawuruti (Yoghurt) na Foromaji nyuma yo kubiherwa amahugurwa.
														
													
													Umushinga wo kubaka uruganda ruzajya rutunganya inyama mu Karere ka Kayonza ugiye gushyirwa mu bikorwa nyuma y’igihe kinini waradindiye.
														
													
													Abatuye Umurenge wa Rukara mu Karere ka Kayonza baravuga ko nta Kirabiranya ikiharangwa nyuma y’uko bahuje imbaraga bakayirwanya.
														
													
													Tumwe mu tuzu tw’amazi abatuye muri Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bubakiwe twatangiye kwangirika batarabona amazi.
														
													
													Katende Abraham Semwogerere, ukomoka muri Uganda, amaze guhabwa ubwenegihugu bw’u Rwanda mu muhango wabereye ku cyicaro cy’Akarere ka Kayonza kuri uyu wa Gatanu, tariki 8 Nyakanga 2016.
														
													
													Abaturiye Parike y’Akagera mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi i Kayonza baravuga ko ikibazo cy’ibitera bibonera cyabaye agatereranzamba.
														
													
													Umuyobozi wa Islam mu Karere ka Kayonza, Sheikh Nshimiyimana Mubarak, avuga ko uwashaka gushora aba-Islam mu iterabwoba atabona aho amenera.
														
													
													Abaturage bo mu Kagari ka Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza bavuga ko ubuyobozi butorohera abavuganye n’itangazamakuru bakagaragaza ibibazo byabo.
														
													
													Ishuri ryigenga ryari ryatangijwe i Buhabwa mu Murenge wa Murundi mu Karere ka Kayonza ryahagaritswe kubera ko ryatangiye mu buryo butemewe.
														
													
													Abahuye n’ikibazo cy’inzara mu Murenge wa Rwinkwavu muri Kayonza bagiye kugobokwa n’Ikigega cy’igihugu kigoboka abahuye n’ikibazo cy’izuba kibagenera ibyo kurya.
														
													
													Abaturage b’i Ruhunda mu Murenge wa Gishari i Rwamagana baravuga ko Ekocenter bubakiwe igiye kubakemurira ibibazo byababuzaga gutera imbere.
														
													
													Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Burasirazuba barasabwa kwita ku muturage no kumuteza imbere kuko ari we iryo shyaka rishyize imbere.
														
													
													Urubyiruko rwo muri Kayonza rwaterwaga isoni no kugana serivisi z’ubuzima bw’imyororokere, rwashyiriweho gahunda ya ‘Youth Corner’ izarufasha kugana izo serivisi ntacyo rwikanga.
														
													
													Perezida wa Repubulika Paul Kagame yizeje abaturage b’Uburasirazuba ko umuhanda uva Kagitumba ukagera i Kayonza ugakomeza ku Rusumo ugiye gukorwa.
														
													
													Abatuye mu Karere ka Kayonza batangaza ko bishimiye gukorana umuganda na Perezida Kagame, kuko byabagaragarije ko aba abitayeho.
														
													
													Nk’uko mubimenyereye buri wa gatandatu wa nyuma w’ukwezi Kigali Today ibakurikiranira igikorwa cy’umuganda ngarukakwezi. By’umwihariko uku kwezi Perezida Kagame yifatanyije n’abatuye Akarere ka Kayonza muri iki gikorwa.
														
													
													Imibiri y’abatutsi basaga 200 biciwe mu rusengero ruri ahitwa “kuri Midiho” muri Kayonza ikomeje kuburirwa irengero, nyuma y’imyaka 22 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 ibaye.
														
													
													Munyanshoza Dieudonné yemereye abatuye i Mukarange mu Karere ka Kayonza ko agiye kubahangira indirimbo yo kwibuka amateka ya Jenoside yahakorewe.
														
													
													Abarokokeye i Musha muri Rwamagana bavuga ko mu Batutsi basaga 3000 bari bahungiye ku Kiriziya abazwi barokotse ari mbarwa.
														
													
													Abatutsi bahungiye kuri Paruwasi ya Mukarange i Kayonza muri Jenoside ngo bari banesheje interahamwe iyo zidafashwa na Gatete na Senkware.
														
													
													Ubuyobozi bwa Bralirwa bufatanyije na EAP bajyanye abahanzi 10 bahatana mu irushanwa rya Guma Guma Primus Super Star 6, mu Karere ka Kayonza, aho basuye bakanagabira incike za Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
														
													
													Umuryango ‘Rwanda Women’s Network (RWN)’ watangije umushinga witwa ‘Indashyikirwa’ uzafasha abagore gusobanukirwa ihohoterwa ribakorerwa no kurirwanya kuko hari abarikorerwa ntibabimenye.
														
													
													Abaturage b’Umurenge wa Kabare mu Karere ka Kayonza ngo bahangayishijwe n’imvubu yaje mu mazi y’urugomero bubakiwe, batinya ko yabahohotera.
														
													
													Abakobwa 15 bahatanira ikamba rya Nyampinga w’u Rwanda batemberejwe ibice bigize Pariki y’igihugu y’Akagera, basobanurirwa amateka yaho n’ibiyigize. Iki gikorwa kiri muri gahunda yo kubafasha gusobanukirwa byinshi mu bigize igihugu.
														
													
													Igishanga cya Gacaca cyo mu Murenge wa Murundi i Kayonza cyitwaga “Singira Umukwe” cyahindutse isoko y’ubukungu kandi mbere cyari imbogamizi ku baturage.
														
													
													Ubuyobozi bwa Pariki y’Akagera buratangaza ko imbwa zifashishwa mu gucunga umutekano wayo zaciye intege ba rushimusi bahigagamo inyamaswa.
														
													
													Abatuye umujyi wa Kabarondo mu Karere ka Kayonza barasaba ubuyobozi guhagurukira abantu babagira amatungo mu ishyamba basize ibagiro ryemewe.
														
													
													Abacuruza imigati ku modoka zinyura muri gare ya Kabarondo i Kayonza barinubira uburyo abayobozi babamenera imigati baba bagurisha.