Urubyiruko ruhuriye mu rugaga rw’urubyiruko rushamikiye kuri FPR Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba rwiyemeje kuba umusemburo w’iterambere.
Abaturage bo mu Kagari ka Ruragwe mu Murenge wa Rubengera muri Karongi bavuga ko baterwa ubwoba n’abajura bafata bakababwira ko nibabivuga bazabica.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Karongi burasaba abubaka, cyane cyane inzu zihurirwamo n’abantu benshi kuzirikana abafite ubumuga bakabasigira inzira zabugenewe.
Mu Karere ka Karongi hari umwana wanditse kuri ba se babiri, nyuma y’uko nyina abayaranye n’uwo batashakanaye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ngororero n’urwego rushinzwe Intwari z’Igihugu, batangiye kubaka igicumbi cy’intwari cy’abana b’i Nyange bakazaharuhukira bose.
Ubuyobozi ndetse na bamwe mu batuye Karongi batangaza ko gahunda ya “House to house” basanga izagira uruhare rukomeye mu iterambere.
Abaturage bakora amasuku ku mihanda itandukanye yo muri Karongi baratangaza ko bamaze amezi agera ku munani badahembwa bakaba basaba kurenganurwa.
Ikgega cy’Iterambere mu Bucuruzi (BDF) na sosiyete ya MobiCash byafatanyije mu kugeza m gihugu hose uburyo bwo kwishyura serivisi wifashishije telefone.
Abarwanashyaka ba PPC mu karere ka Karongi barasabwa kwitinyuka bakiyimamariza ubuyobozi mu nzego z’ibanze mu matora ateganyijwe mu mwaka utaka.
Mu ijoro rishyira kuri iki cyumweru, ibendera ry’igihugu ryo ku kagari ka Tyazo, muri Karongi ryibwe, nyuma riza kuboneka.
Muri iki gitondo, umurambo w’umugabo witwa Hakizimana Thomas wasanzwe iruhande y’umugezi witwa Musogoro mu Murenge wa Rubengera Akarere ka Karongi.
Bamwe mu bahinzi b’icyayi mu Murenge wa Rugabano, muri Karongi bavuga ko n’ubwo bahinga icyayi bataranywaho ngo bumve uko kimeze.
Serivisi ishinzwe ubuzima mu Karere ka Karongi yiyemeje kuzamura ikigereranyo bariho mu kwitabira kwishyura umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza.
Mu Mudugudu wa Rukoko, Akagari ka Rufungo mu Karere ka Karongi kuri uyu wa 2 Ugushyingo 2015 hatoraguwe umurambo w’uwitwa Mbarushimana Fulgence.
Mu Murenge wa Gishyita ho mu Karere ka Karongi inkuba yaraye ikubise inka ebyiri n’ingurube bihita bipfa.
Bamwe mu batuye Umurenge wa Rubengera, muri Karongi ngo ntibazi irengero rya televiziyo zahawe Utugari ngo bajye bareberaho amakuru.
Mu gihe hari hashize amezi abiri uburobyi bw’amafi cyane ubw’isambaza mu kiyaga cya Kivu bufunze, bwongeye gufungurwa.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo irasaba abo bireba bose gushyiramo imbaraga kugira ngo umwaka wa 2017-2018 uzasige Abanyarwanda bose bafite amazi meza.
Abagana ibiro by’Akagari ka Gisanze mu Murenge wa Rubengera, Akarere ka Karongi babangamiwe no kuba katagira ubwiherero.
Umukozi wa Sacco Ngwinurebe Murundi yo mu Karere ka Karongi, ari mu maboko ya Polisi akekwaho kwiba amafaranga aarenga miliyoni.
Umuyobozi w’umuryango Transparency International- Rwanda, Madame Ingabire Immaculée avuga ko hari abaturage usanga bashimishwa no kwitwa ko bahora mu karengane.
Umuyobozi w’ibitaro bya Kibuye Dr. Rwirangira Theogene yatawe muri yombi akurikiranyweho kunyereza umutungo w’ibitaro
Muri uku kwezi kwahariwe kwizigamira, abatuye Umurenge wa Bwishyura, muri Karongi barasabwa kugira umuco wo kuzigama ndetse no kuwutoza abana.
Abaturage bagana isantere y’ubucuruzi ya Kibirizi mu Murenge wa Rubengera barinubira kuba bicwa n’inzara kuko ubwinshi mu buriro bwaho bwafunzwe.
Abana barindwi bajyaga ku ishuri n’umugore mu Murenge wa Rubengera ho mu Karere ka Karongi bariwe n’imbwa.
Haravugwa ubwumvikane buke hagati y’umuyobozi w’Ikigo Nderabuzima cya Bigugu cyo mu karere ka Karongi na Komite y’ubuzima (COSA).
Nyuma yo gusinyana imihigo n’Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Umurenge wa Rwankuba, Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari barasabwa kuyifata nk’ivanjiri kugira ngo ibashe kweswa.
Abafite aho bahuriye n’uburezi mu Karere ka Karongi bahuguwe ku nteganyanyigisho nshya izifashishwa kuva umwaka utaha mu mashuri abanza n’ayisumbuye.
Abahinzi b’ahitwa mu Kigezi mu Karere ka Karongi barishimira imbuto nshya bahawe, n’ubwo byabagoye kumva impamvu y’itemwa ry’urutoki rwari rurwaye.
Abaturage bo mu Murenge wa Bwishyura mu Karere ka Karongi babangamiwe no kutagira irimbi kuko iryo bari bafite ryuzuye, bakaba bakora ibirometero birenga 10 bajya gushyingura i Rubungera.