Mu mwaka wa 2018 hagabwe ibitero bitandukanye ku Rwanda by’abagizi ba nabi byibasiye Intara y’Uburengerazuba n’iy’Amajyepfo, hapfa abantu bamwe abandi barakomereka.
Mu mwaka wa 2018 hari ibikorwa by’ingenzi byaranze urwego rw’ubuzima kuva ku bushakashatsi bushya kuri Sida mu Rwanda kugeza ku kwikanga Ebola mu mezi make ashize.
Mama Hussein bakunze kwita Mama Jihad, umubyeyi ufana ikipe ya Rayon Sports, ahamya ko nta kintu kimushimisha nko kubona ikipe ye yatsinze ku buryo iyo yatsinzwe atarya.
Abaturage bavuga ko kuri Noheri bishimye, basangira icyo kunywa no kurya bizihiza uwo munsi mukuru ari byo bahinnye mu mvugo bise ngo “Noheli yari ‘nywa’ na ‘rya’.
Abakora inkweto za Made in Rwanda bavuga ko bagifite ikibazo gikomeye cy’impu bakenera kuko nyinshi bazikura hanze bikabahenda bigatuma n’inkweto bakora zihenda.
Perezida Kagame avuga ko atumva abayobozi bategera abaturage ngo baganire ku bireba igihugu ari ho haturuka ko haje ubashuka byamworohera kuko ababwira ko ari we ubitayeho.
Koperative Umwarimu SACCO yungutse miliyari 5 muri 2018 igahamya ko byaturutse ku gucunga neza inguzanyo no gushyira ingufu mu kwishyuza ibirarane byari byaratinze kwishyurwa.
Imani Bora, umwe mu rubyiruko rwahanze udushya yakoze imashini irarira amagi ikanayaturaga mu minsi 21 hagasohoka imishwi, akemeza ko izibagiza aborozi izavaga hanze kuko inahendutse.
Minisitiri w’Uburinganire n’iterambere ry’umuryango, Ambasaderi Nyirahabimana Solina, arahamagarira ababyeyi kuganiriza abana iby’ubuzima bw’imyororokere ntacyo basize kuko bibarinda abababeshya.
Gahunda y’igihugu y’ikoranabuhanga itangaza ko hari miliyari zisaga 44.6Frw zatangiye gushorwa mu mishinga y’urubyiruko y’ikoranabuhanga hagamijwe gukomeza kuriteza imbere.
Abigishijwe gukora imyenda n’uruganda UFACO&VLISCO rubizobereyemo bahamya ko ubuhanga bahakuye bwatumye ruhita rubaha akazi bose bityo batandukana n’ubushomeri.
Ikigo cy’Igihugu cyita ku buzima (RBC) gitangaza ko mu Rwanda 17% by’abafite virusi itera SIDA batari ku miti ngo kikaba ari ikibazo kuko ubuzima bwabo buri mu kaga.
Uwimana Edita (amazina yahawe) avuga ko gutereranwa n’ababyeyi be kubera ubwumvikane buke byatumye abaho mu buzima bubi bimuviramo guterwa inda ku myaka 17.
Urwego rw’igihugu rw’ubugenzacyaha (RIB) butangaza ko abagana Isange One Stop Center basambanyijwe akenshi bahagera basamye kubera gutinda, bityo kubaha ubufasha bwihuse bw’ingoboka ntibikunde.
Perezida Paul Kagame yavuze ko ikibazo cy’amafaranga y’inguzanyo azwi nka “Buruse”, agenerwa abanyeshuri ba za kaminuza, agitinda kubageraho, agiye kukigira icye kugeza gikemutse.
Mu Rwanda hatangijwe gahunda y’imyaka itanu yo guhashya indwara y’umwijima wo mu bwoko bwa C (Hep C), ngo bikazatwara miliyoni 113 USD, angana na miliyari zisaga 100 z’Amafaranga y’u Rwanda.
Mukamwiza Jeanne (amazina yahawe) watewe inda na se wabo amufashe ku ngufu afite imya 16, avuga ko asigaye atinya umugabo wese ataretse na se n’ubwo ari umubyeyi we.
Ubushakashatsi bwerekanye ko Abanyafurike barenga miliyoni 33 bapfuye biturutse ku gukoresha imiti igabanya ubukana bwa SIDA itari umwimerere, ikibazo cyahurije inzego zitandukanye i Kigali ngo higwe uko ikoreshwa ry’iyi miti ryacika.
Hafashimana Alexandre, umwana wo mu karere ka Rutsiro, yabwiye Madame Jeannette Kagame ko arangije amashuri abanza ariko ko atizeye kujya mu yisumbuye kubera ubukene, ahita yemererwa ko azishyurirwa.
Madame Jeannette Kagame yahaye umukoro abana wo kwandika intego bifuza kugeraho buri kwezi bakazanasuzuma ko zagezweho.
Abagore n’abakobwa bafite ubumuga butandukanye bavuga ko bakunze guhura n’ihohoterwa rishingiye ku gitsina kuko nta mbaraga baba bafite nibura ngo birwanirire cyangwa batabaze.
Abatuye muri Kamonyi bahinga soya ikanera neza ariko bakagira ikibazo cyo kubona imbuto ku gihe, bakaba bakangurirwa kwishakamo abatubuzi b’iyo mbuto ngo bikemurire icyo kibazo.
Ikigo cy’igihugu cyita ku bidukikije (REMA) gitangaza ko 2% gusa by’imyanda yo muri Kigari ari yo ibyazwamo ibindi bintu bikenerwa mu buzima, uwo mubare ngo ukaba ukiri hasi.
Kuri uyu wa 5 Ukuboza 2018, Perezida wa Repuburika Paul Kagame yakiriye impapuro za ba Ambasaderi 9 bashya zibemerera guhagararira ibihugu byabo mu Rwanda.
Abagize Unity Club Intwararumuri barakangurira Abanyarwanda kugura ibikorerwa iwabo (Made in Rwanda) kuko ari ko kubiha agaciro bigatuma n’ubukungu bw’igihugu buzamuka.
Minisiteri y’Uburezi yatangije gahunda yo guha mudasobwa nshya abanyeshuri ba za kaminuza mu buryo bw’inguzanyo bazishyura barangije kwiga, bikaba biteganyijwe ko hazatangwa izingana n’ 14,000.
Bwa mbere mu Rwanda abavuzi b’amatungo barahiriye kuzuza inshingano zabo, kikaba ari igikorwa giteganywa n’itegeko rigenga urugaga rw’abaveterineri n’ubwo bitakorwaga.
Urwego rw’igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwemerewe kumugaragaro kuba umunyamuryango mushya wa Zigama CSS.
Hashize igihe bamwe mu rubyiruko rwiga ubuhinzi muri za kaminuza rwiyemeje kwegera abahinzi-borozi mu cyaro ngo rubafashe kunoza ibyo bakora, bituma umukamo wiyongera.
Byatangajwe kuri uyu wa 30 Ugushyingo 2018, ubwo ubuyobozi bw’iyo Banki bwagaragazaga ibyo yagezeho muri ayo mezi, ngo inyungu ikaba yiyongereyeho 11.1% ugereranyije n’igihe nk’icyo cy’umwaka ushize.