Abakuriye inganda zikora imyenda mu Rwanda bahamya ko kuba Leta yarabakuriyeho imisoro ku bigurwa hanze bifashisha byatumye igiciro cyayo kigabanuka.
Abafite ubumuga bwo kutabona bavuga ko inkoni yera ibayobora ari ijisho ryabo, bakifuza ko yashyirwa kuri mituweri kuko ihenze kandi bagasaba ko zajya ziboneka ahari ibikorwa by’ubuvuzi hose.
Ikigega cyo kwizigamira "Ejo Heza LTSS" cyashyizweho na Leta y’u Rwanda kigiye kujya cyakira abantu b’ingeri zose mu bushobozi bwabo, bizigamire bityo bateganyirize iza bukuru.
Abanyeshuri b’abahanga mu bigo by’imyuga n’ubumenyingiro (IPRC) biga imyuga itandukanye barimo kwitegura kugira ngo bazahatane mu marushanwa nyafurika y’imyuga azaba mu kwezi gutaha.
Ababaji 1000 bakoraga nta kigaragaza ko babizi bahawe impamyabumenyi (Certificat) zerekana ko babizi neza, ngo abakiriya babo bakazarushaho kubagirira ikizere.
Byatangajwe kuri uyu wa 17 Ukwakira 2018, ubwo hatahagwa ku mugaragaro sitasiyo nshya y’amashanyarazi ya ’Mont Kigali’, yubatswe ku nkunga y’Umuryango w’ibihugu byunze ubumwe bw’Uburayi (EU), ikaba yuzuye itwaye asaga miliyari 12Frw.
Mu Rwanda hatangijwe ikoranabuhanga ryiswe “sobanuzainkiko.org” rizafasha abaturage n’abakora mu butabera kumenya byihuse amakuru azafasha inkiko kurushaho gukora neza.
Abayobora utugari bavuga ko kuba urwo rwego rugira abakozi bake bituma abaturage binubira serivisi babaha kubera ko batababona buri gihe uko babashatse.
Abahanga mu buvuzi bw’indwara yo kuvura kw’amaraso (Blood Clots) bakangurira abantu kumenya ibimenyetso byayo kuko ari indwara yica vuba ariko inakira iyo imenyekanye kare.
Akarere ka Burera gakomeje kugira imibare iri hejuru y’abana bagwingira, ubuyobozi bwako bukavuga ko intandaro ari imyumvire y’ababyeyi ikiri hasi ku bijyanye n’imirire.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) ihamya ko Abanyarwanda bafite virusi itera SIDA bose bamenyekanye bakajya ku miti igabanya ubukana bwayo, ubwandu bushya bwazacika burundu.
Umunyamakuru Robert Mugabe wari ukurikiranyweho gusambanya abana b’abakobwa babiri bava inda imwe, akanatera inda umwe muri bo, amaze gufungurwa by’agateganyo.
Umuhuzabikorwa wa gahunda y’igihugu mbonezamikurire mu bana bato, Dr Anita Asiimwe, yemeza ko umubyeyi atagurira igitabo umwana na we ubwe ataramenya agaciro kacyo.
Urukiko rukuru rwa Kimihurura rurekuye by’agateganyo Diane Rwigara na nyina Adeline Mukangemanyi Rwigara, nyuma y’igihe kigera ku mwaka bafunzwe.
Ikigo KTRN gicuruza Internet yihuta cyane ya 4G, gihamya ko umuyoboro wayo umaze kugera hafi mu gihugu cyose kuko iri kuri 96% ndetse no kuyigura bikaba byorohejwe.
Minisitiri w’Ubutabera, Johnston Busingye, yaburiye abahesha b’inkiko bakira ubwishyu nyuma yo kurangiza imanza ntibabugeze kuri ba nyirabwo kubera impamvu zidasobanutse.
Abahinzi b’ibigori bavuga ko umusaruro wabo utabona isoko neza kubera kutagira ubwanikiro bugezweho butuma bikundwa n’inganda zo mu Rwanda.
Abakora mu by’ibidukikije bo mu bihugu bya Afurika bikoresha ururimi rw’Igifaransa barimo guhugurirwa uko bakora imishinga ijyanye na byo ngo biyorohere kubona amafaranga akenerwa.
Impuguke mu ishyinguranyandiko n’icungwa ry’amasomero, Rosalie Ndejuru, ahamya ko iyo abantu batandika ngo banasome ibiranga umuco wabo bageraho bakazimirira mu w’abandi.
Minisiteri y’Ubuzima (MINISANTE) yatangije gahunda yiswe Ijwi ry’umurwayi izatuma umurwayi, umurwaza, umuganga n’undi wese agaragaza ibitagenda n’ibyashyigikirwa mu buvuzi.
Ikigo kimenyerewe nka Yego Moto ku bufatanye n’Ikigo gishinzwe imirimo ifitiye igihugu akamaro (RURA) cyatangije uburyo bw’ikoranabuhanga gishyira utumashini dushya muri Taxi-voiture tuzorohereza abazitega kubona servisi nziza.
Urubanza rwa Robert Mugabe (Bob), ukurikiranyweho gusambanya abavandimwe babiri barimo utaruzuza imyaka y’ubukure, rusubitswe ataburanye rwimurirwa tariki 2 Ukwakira 2018.
Abahinzi bo hirya no hino mu gihugu bakomeje kwinubira ko inyongeramusaruro zitabagereraho igihe bigatuma bahinga buri wese yirwanyeho bikagira ingaruka ku musaruro.
Mu Rwanda hagiye gukorwa ubushakashatsi bushya bwiswe "RPHIA" buzagaragaza uko icyorezo cya SIDA gihagaze nyuma y’imyaka isaga 10 ubundi bukozwe.
Abanyeshuri ba GS Karama yo mu Murenge wa Kigali muri Nyarugenge bishimiye guhabwa uburenganzira bwo gukoresha mudasobwa bisanzuye bikazabafasha gutsinda neza ibizamini.
Christine Ashimwe warwaye indwara yo kuvura kw’amaraso gukabije (Blood Clots) ikamuzahaza, yahisemo kuyikoraho ubushakashatsi kugira ngo imenyekane kuko yica.
Minisitiri w’Urubyiruko Rosemary Mbabazi ahamya ko igihugu cyiza cy’ejo umuntu akibona uyu munsi ari yo mpamvu ngo ari ngombwa gutegura urubyiruko rwo Rwanda rw’ejo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali buhamya ko mu bawutuye bicuruza umwe kuri babiri aba yaranduye virusi itera SIDA nk’uko byagaragajwe n’ubushakashatsi.
Perezida Paul Kagame avuga ko atarumva impamvu ibihugu bya Afurika bitakwitunganyiriza umusaruro w’ubuhinzi ubwabyo bigakorana.
Imishinga y’urubyiruko ruri mu buhinzi n’ubworozi ngo ikunze guhomba ariko abahanga bakarugira inama yo kudacika intege ahubwo rugahatiriza kuko igeraho igatanga inyungu.