Hirya no hino mu Karere ka Huye, cyane cyane mu mahuriro y’imihanda, hubatswe udukuta twanditseho indangagaciro na kirazira. Ngo ni ibicumbi by’indangagaciro. Uretse amagambo yanditseho, bimwe muri ibi bicumbi binariho amashusho cyangwa ibishushanyo bya bimwe mu biranga umuco nyarwanda.
Uretse kuba ari abacuruzi, Imanzi Investment Group biyemeje no gukora ibikorwa bijyanye n’ubuzima ndetse n’uburezi. Ni na yo mpamvu guhera tariki 30/08/2013, ubu ishuri Autonome riri mu biganza byabo.
Mu Karere ka Huye, Umuryangi FPR-Inkotanyi ni wo wabimburiye andi mashyaka kuwa 27/8/2013mu gikorwa cyo kwamamaza abakandida bazawuhagararira mu nteko ishinga amategeko, umutwe w’abadepite.
Abantu bataramenyekana bibye Miliyoni zisaga 10 muri koperative umwalimu-sacco yo mu karere ka Huye ndetse bica n’uwari ushinzwe kuharinda witwa Kabandana J.Bosco.
Umugabo witwa Nkerabigwi Theogene w’imyaka 35 afungiye kuri station ya Police ya Rusatira mu karere ka Huye hafungiye azira guhinga urumogi mu murima w’imyumbati, akavuga ko yabitewe no kuba yarabwiwe ko ruvamo amafaranga menshi.
Bamwe mu baturage bo mu Karere ka Huye batishoboye, tariki 22/08/2013, bashyikirijwe impano y’amakarita y’ubwisungane mu kwivuza n’intumwa za Caisse d’entraide yo muri Kaminuza y’u Rwanda (NUR).
Nyuma y’amezi atatu uwari perezida w’inama njyanama y’Akarere ka Huye yeguye, uyu munsi tariki 21/08/2013 yasimbujwe umushyashya ari we Reverend Pasteur Dr. Ndikumana Viateur.
Abaturage bo mu murenge wa Mbazi mu karere ka Huye bavuga ko kuba uyu murenge ugenda uturwa n’abanyamafaranga bizawufasha kuzamuka haba mu bucuruzi cyangwa ubuhinzi, kandi hakazanarushaho gusa neza kubera inyubako nziza zizaba zimaze kuhashyirwa.
Bamwe mu bakoze Jenoside bo mu Murenge wa Simbi, bishyuze hamwe biyemeza kuriha imitungo bangije mu gihe cya Jenoside babinyujije mu buryo bw’imibyizi yo guhinga kuko nta mafaranga bari kubona.
Abagore b’abadivantisiti b’umunsi wa karindwi bagera ku 1562 baturuka mu bihugu 11 bya Afurika, bari i Huye guhera tariki 06-11/08/2013, bakaba bitabiriye kongere bagomba kureberamo uko abagore bakwitwara mu kuba urugero rwiza aho baba.
Mu minsi yashize, abafite amazu y’ubucuruzi atari etaje rwagati mu mugi wa Butare bari bandikiwe n’ubuyobozi bw’Akarere ka Huye amabaruwa abamenyesha ko azafungwa ku itariki ya 31 Nyakanga, maze abakoreragamo bakajya gukorera mu nyubako nshya zuzuye muri uyu mugi.
Abaforomo bo ku bitaro bya Kaminuza by’i Butare (CHUB) bijihije umuganura tariki 02/08/2013 banasobanurirwa imikorere ya sendika bibumbiyemo yitwa RNMU ndetse banaboneraho no kugeza ibyifuzo byabo ku buyobozi bukuru bwa CHUB.
Abaturage bo mu Murenge wa Maraba, Akagari ka Shyembe umudugudu w’Akarambi bagera kuri 70 bari bivuganywe n’ikigage banyoye ku musore witwa Iyakarememye Jean Pierre, tariki 30/07/2013.
Abakora, abacuruza n’abanywa inzoga z’ibiyobyabwenge bo mu Tugari twa Cyarwa na Cyimana ho mu Murenge wa Tumba, Akarere ka Huye, biyamiwe ku mugaragaro nyuma y’igikorwa cy’umuganda cyo kuwa 27/07/2013.
Mu nama Minisitiri w’ubuhinzi, Agnès Kalibata, yagiranye n’abayobozi b’inzego z’ibanze bo mu Ntara y’amajyepfo kuri uyu wa 29/7/2013, yabasabye kwiyemeza gufasha abaturage bayobora kongera umusaruro w’ubuhinzi, ibyo bakazabigeraho ari uko bifashishije inyongeramusaruro.
Guhera tariki 31/07/2013 abacururiza mu mazu yubatse ku buryo butagezweho rwagati mu mugi wa Butare bamenyeshejwe ko batazongera kuyakoreramo, ahubwo bakimukira mu mazu mashyashya yuzuye muri uyu mugi.
Polisi y’igihugu yatangiye kwegereza abatwara ibinyabiziga, service yo kubisuzumira ubuziranenge kizwi nka “Controle technique”. Iyi gahunda yatangirijwe mu karere ka Huye mu kigo cy’imyuga cya IPRC-South ahahoze hitwa muri Ecole des Sous Officier (ESO).
Furere Kizito Misago uyobora Urwunge rw’amashuri rwa Gatagara ruherereye mu karere ka Huye, avuga ko babonye ubushobozi bakwigisha imyuga kuko ari yo yagirira akamaro kurushaho abafite ubumuga, iri shuri ryitaho ku buryo bw’umwihariko.
Abasenateri bibumbiye muri komisiyo y’imibereho myiza, uburengazira bwa muntu n’ibibazo by’abaturage, bagendereye Urwunge rw’amashuri rwa Gatagara (G.S Gatagara), kuri uyu wa 09/07/2013 mu rwego rwo kureba uko itegeko rirengera abafite ubumuga rikurikizwa.
Ahitwa Kabakobwa haherereye mu Murenge wa Mukura ho mu Karere ka Huye, hashyinguwe abazize Jenoside yo muri Mata 1994 bagera ku 27020. Iki gikorwa cyabaye ku cyumweru tariki ya 30 Kamena 2013.
Kuba mu mwaka wa 2013-2014 ibibazo by’imitungo yangijwe muri Jenoside bizarangizwa mu Karere ka Huye, byavuzwe na Mutwarasibo Cyprien, umuyobozi w’Akarere ka Huye wungirije ushinzwe ubukungu n’iterambere.
Abaturage baravuga ko bishimira intambwe igaragara yatewe mu rwego rw’ubutabera babifashijwemo cyane cyane n’inzu z’ubujyanama mu by’amategeko zabashyiriweho muri buri karere, zizwi cyane nka MAJ.
Urubyiruko rwibumbiye mu matsinda y’itangazamakuru (media clubs) mu mashuri yisumbuye yo mu karere ka Huye, ruratangaza ko rwiteguye kuzakora itangazamakuru rizira amacakubiri, rugamije kubaka u Rwanda ruzira Jenoside.
Ikigo nkomatanyanyigisho mu myuga cyo mu Ntara y’Amajyepfo (IPRC-South) cyafunguye imiryango ku mugaragaro kuwa kane tariki 27/06/2013. Ibi birori byabaye nyuma y’amezi atandatu gitangiye kwigisha imyuga inyuranye.
Mu ma saa tanu yo mu ijoro rishyira tariki 27/06/2013, ikamyo yari itwaye amavuta ya vidanje iyakuye i Mobassa iyajyana i Bujumbura yibirinduriye mu ikoni ry’aho bita ku mukobwa mwiza, mbere gato y’uko zinjira mu mujyi wa Butare.
Nizeyimana Yohani, umwana w‘ahitwa mu Rugarama ho mu Karere ka Huye, ashimira umuryango Compassion kuba waramuhaye umubyeyi usimbura nyina utarabashije kuzuza inshingano zo kurera, ubundi ababyeyi baba bafite imbere y’abana babo.
Ku cyumweru tariki 23/06/2013, korari ijuru yijihije yubile y’imyaka 25 imaze itangiye umurimo wo guhimbaza Imana ibinyujije mu majwi agoroye.
Muri gereza ya Huye, kuwa 21/6/2013 hatashywe uruganda rukora amasafuriya manini azwi ku izina rya muvero. Uru ruganda barushyizeho ku nkunga ya Croix rouge mpuzamahanga (CICR).
Abikorera basanzwe bitabira ku buryo bugaragara ibikorwa by’urugaga bibumbiyemo mu Karere ka Huye, kuwa 17/6/2013 barateranye maze begeranya amafaranga miliyoni 17 n’ibihumbi 250 yo kuzajya bifashisha mu bikorwa bitandukanye.
Mu biganiro Polisi yagiranye n’abanyeshuri biga mu mashuri yisumbuye mu karere ka Huye mu rwego rwa Police Week, tariki 13/06/2013, umwe mu banyeshuri biga ku ishuri ry’ababyeyi ryo mu mujyi wa Butare yavugiye imbere ya bagenzi be ko yiyemeje kureka ibiyobyabwenge.