Abaturage bo mu Kagari ka Rukaragata mu Murenge wa Mushishiro mu Karere ka Muhanga bagiye kongera gutora Miss w’Akagari kabo.
Abatozwa b’impeshakurama za Minisiteri y’ubuzima muri Muhanga barifuza ko itorero ryamanuka rikagera no ku bana b’imyaka 10 kugira ngo bazakurane umuco w’ubutore.
Raporo ya Banki y’Isi yashyize u Rwanda ku mwanya wa kabiri muri Afurika, mu bihugu byoroshya ishoramari n’ubucuruzi.
Umuntu umwe yitabye Imana abandi 22 barakomereka mu mpanuka y’imodoka yabereye i Nyarusange mu Karere ka Muhanga.
Bamwe mu bagabo bahohoteraga abagore babo muri Ruhango bavuga ko badindiye mu iterambere kubera kudakorera hamwe n’abo bashakanye, aho babihagarikiye, batangira kuzamuka.
Uwanyirigira Consolée wo mu Karere ka Muhanga yatangaje ko yigiye ku muco wa Perezida Kagame wo gusangira n’abana Noheli n’Ubunani, akabitangiza muri Muhanga.
Abaganga bitabiriye itorero ry’ubuzima mu Karere ka Muhanga, basabwe ko iri torero ryazasoza baboneye umuti ibibazo bituma imikorere yabo itagenda neza, bikagira ingaruka ku barwayi babagana.
Ikamyo yikoreye amavuta yifashishwa mu gukora umuhanda wa kaburimbo azwi nka “Godoro” (Goudrons) ifashwe n’inkongi y’umuriro ku bw’amahirwe ntihagira icyo yangiza.
Richard Sezibera yahigitse bagenzi be bahataniraga umwanya wo gusimbura Senateri Mucyo Jean de Dieu witabye Imana.
Minisitiri w’Intebe w’Ubudage, Angela Merkel yatangaje ko yemeye kuzongera kwiyamamariza kuyobora manda ya kane mu matora ateganyijwe mu mwaka wa 2017.
Abagize Ihuriro ry’abayobozi b’amasosiyete akomeye bakiri bato (Young Presidents’ Organisation: YPO) batangaza ko bagiye kwegereza Abanyarwanda amasomero hifashishijwe Interineti.
Perezida Paul Kagame yahawe igihembo kubera guharanira iterambere rishingiye ku bumenyi n’ikoranabuhanga mu Rwanda no muri Afurika.
Minisiteri y’urubyiruko n’ikoranabuhanga (MYICT) itangaza ko ikoreshwa ry’indege zitagira abapilote (Drones) mu Rwanda ritazahagararira mu by’ubuvuzi gusa.
Nyuma yo kurangiza kwishyura imodoka bari bamaranye imyaka itanu, abanyamabanga nshingwabikorwa b’imirenge yose y’igihugu bagiye guhabwa imodoka nshya.
Umuyobozi w’Akarere ka Muhanga aratangaza ko abakinnyi b’ikipe ya AS Muhanga bakwiye kwigenga aho kwitwara nk’abakozi b’akarere bagasaba byose.
Minisitiri w’ubutegetsi bw’igihugu wa Sierra Leone, Maya Moiwo Kaikai aratangaza ko intambwe y’ubumwe n’ubwiyunge y’Abanyarwanda ari urugero rwiza rw’ibihugu ku isi.
Umuturage witwa Niyitegeka Emmanuel wo mu Murenge wa Shyogwe, mu Karere ka Muhanga arashinja umukuru w’umudugudu kumutwarira televiziyo yahaweho impano.
Abanyeshuri biga ubumenyi ngiro ku kigo cy’amashuri cyitiriwe Viyeko mu Karere ka Muhanga, bavuga ko ibyo biga babibyaza umusaruro mu biruhuko.
Abantu batandukanye bajya gusengera ku musozi wa Kanyarira batangaza ko banejejejwe no kuba barubakiwe ikiraro kibafasha kugera kuri uwo musozi.
Bamwe mu bavuye Iwawa bo mu karere ka Muhanga ntibarabasha kubyaza umusaruro inkunga bagenerwa n’Akarere ngo bihangire imirimo ibateza imbere.
Bamwe mu bagororwa ba Gereza ya Muhanga, baravuga ko bafite ikibazo cyo kudasurwa, kuko bafungiye kure y’imiryango yabo, bagasaba kuyegerezwa.
Guverineri w’Intara y’Amajyepfo, Munyentwari Alphonse, avuga ko uturere n’imirenge bigomba gufata iyambere, mu gushyira ingufu mu guteza imbere ibikorerwa mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango butangaza ko imwe mu mpamvu zituma muri ako karere hagaragara ikibazo cy’imirire mibi ari ukubyara indahekana.
Gahunda yiswe “Inka y’ubwiyunge” imaze kugeza ku bwiyunge imiryango 202 y’abacitse ku icumu rya Jenoside n’ababiciye, mu karere ka Muhanga.
Inama y’igihugu y’abafite ubumuga (NCPD) iratangaza ko kugira ubumuga bitavuze kugira ubukene, kuko hari bamwe mu bafite ubumuga bibeshejeho neza.
Ikigo cy’igihugu cy’indege za Gisivire cyasabye abatuye mu Karere ka Muhanga kutagira impungenge igihe bazabona utudege tutagira abapilote mu kirere.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga barakangurira abaturage bako kwihutira kwishyura imisanzu y’ubwisungane mu kwivuza (Mituweli) kuko ngo abatinda kubwishura baritesha amahirwe yo kuvurwa ku gihe.
Abakozi bane mu Karere ka Ngororero batawe muri yombi n’inzego za Polisi bakurikiranyweho gutanga amasoko mu buryo bunyuranyije n’amategeko.
Bamwe mu banyonzi bakorera mu Mujyi wa Muhanga baratungwa agatoki ko biba imitwaro y’abagenzi baba batwaje.
Bamwe mu baturage bakennye cyane bo mu Karere ka Kamonyi barifuza ko ababegera bakabaha ibitekerezo byatuma bagera ku mishanga yo kwiteza imbere.