Perezida Paul Kagame arasaba Abanyarwanda kubumbatira umutekano nk’inkingi ya mwamba y’iterambere rirambye mu nzego zose.
Umukuru w’Igihugu Paul Kagame arasaba Abanyarwanda gushyigikira iterambere ry’abagore kuko nta terambere rishoboka umugore atarigizemo uruhare.
Mu ruzinduko ari kugirira mu Ntara y’iIburasirazuba mu Karere ka Ngoma, Perezida Paul Kagame yatangaje ko agenzwa n’urugamba rwo kurwanya ubukene.
Ikipe ya AS Muhanga yatsinzwe n’ikipe ya Marine FC ibitego bibiri ku busa isubira ku mwanya wa nyuma ku rutonde rw’agateganyo rwa shampiyona.
Abakecuru n’abasaza bo mu Karere ka Muhanga barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi 1994 barishimira ubuvuzi bagenerwa n’Ingabo z’u Rwanda, RDF.
Abarokotse Jenoside mu Murenge wa Kibangu mu Karere ka Muhanga barifuza ko itariki ya 15 Mata yagirwa umwihariko wo kwibuka iwabo.
Abaturage bo mu mirenge irwaje kirabiranya mu Karere ka Muhanga baravuga ko kudasobanukirwa n’uburwayi bw’urutoki byatumye iyo ndwara yiyongera.
Bamwe mu Banyarwanda barifuza ko hakomeza kunozwa bimwe mu bitagenda neza mu bihugu bigize Umuryango wa Afurika y’Iburasirazuba (EAC).
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga buratangaza ko gutoza abana gusura inzibutso no kwibuka abazize Jenoside yakorewe Abatutsi bizagabanya ingengabitekerezo yayo.
Umuryango Ibuka wita ku barokotse Jenoside mu Karere ka Muhanga uratabariza abarokotse batishoboye bakibayeho mu buzima bubi nyuma y’imyaka 22 Jonoside ibaye.
Polisi mu Karere ka Muhanga iratangaza ko itazihanganira abacukuzi b’amabuye y’agaciro badakurikiza amategeko.
Perezida Kagame arasaba abayobozi kwihana amakosa bakora bagashishikariza abaturage gukora cyane aho guhindukira ngo barye n’ibyo bagenerwa.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aranenga abayobozi bagize akamenyero gukora amakosa bakarangwa n’ibirarane by’ibibazo bidakemuka kandi nyamara bahora babiganiraho.
Itorero ry’abayobozi ry’abagize Inama Njyanama z’uturere n’Umugi wa Kigali basimo gusoza, kuri uyu wa 31 Werurwe 2016 itorereo ry’ibyumweru bibiri bagiriraga i Gabiro biyemeje gukosora ibyakorwaga nabi.
Umugabo witwa Uwizeyimana Olivier afungiye kuri Sitasiyo ya Polisi ya Nyamabuye mu Karere ka Muhanga akurikiranweho kwiyita umufurere akiba abantu.
Abagororwa bo muri Gereza ya Muhanga barasaba imiryango bakomokamo kurushaho kubafasha kugororoka no kuzasubira mu muryango nyarwanda bakagira icyo bimarira.
Perezida wa Repuburika Paul Kagame aranenga Ikigo cy’Igihugu giteza imbere Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB) kidakemura ibibazo by’imbuto nziza abahinzi bakeneye.
Perezida Paul Kagame aratangaza ko agiye guhangana n’abayobozi badashyira mu bikorwa inshingano zabo bikadindiza iterambere ry’abaturage.
Abaturage bo mu Murenge wa Kiyumba baravuga ko imbuto y’imyumbati bahinze yabarumbiye, bitewe n’impamvu bataramenya.
Ikipe ya AS Muhanga iza ku myanya wa nyuma muri shampiyona y’u Rwanda 2015-2016 ishobora kuzasenyerwa mu makipe atarabigize umwuga akinira mu mujyi wa Muhanga.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga bavuga ko kutagira ibikorwa remezo nk’imihanda n’amashanyarazi bibangamiye iterambere ryabo.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’imirenge gutegura neza gahunda zo kwibuka ku nshuro ya 22 Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko bakorerwa ubuvugizi bakajya bakirwa n’Ibitaro bya Ruri biri mu Karere ka Gakenke.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga n’inzego zishinzwe umutekano baraburira aba DASSO ko gukora nabi bishobora kubaviramo ibyago byo kugawa no kwirukanwa.
Abaturage bo mu Murenge wa Rongi mu Karere ka Muhanga barifuza ko igiciro baguraho ibyuma bitanga ingufu za Mobisol byagabanyuka.
Abatuye ibice by’icyaro baravuga ko amarushanwa “Umurenge Kagame Cup” ku nshuro ya 10 yongeye gususurutsa abatuye ibice by’icyaro.
Abagore bafite ubumuga baravuga ko aho igihe kigeze, ntawe ukwiye gutega amaboko asabiriza ngo aramuke kuko ari igisebo.
Abana b’impunzi baturuka mu Nkambi z’Abakongomani barishimira guhabwa amahirwe yo kwiga mu Rwanda kugeza mu kiciro cya kabiri cy’amashuri yisumbuye.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Muhanga burasaba abahinzi kugira uruhare mu kurinda uburwayi bw’imbuto nshya y’imyumbati bari guhabwa.
Abarangije kwiga imyuga mu Ishuri (VTC) rya Mpanda ryo mu Karere ka Ruhango, baravuga ko bigiye kongerera agaciro impamyabumenyi z’ayisumbuye basanganywe, bakiteza imbere.