Nyuma yo kubona ko kuba umuhanda uhagana udatunganye ari imbogamizi ku iterambere ryabo, abaturage b’akagari ka Buteteri mu murenge wa Mushubi mu karere ka Nyamagabe bafashe umwanzuro wo kuwikorera binyuze muri gahunda y’ubudehe.
Mu gihe Leta yashyizeho imirenge SACCO nk’ibigo by’imari ngo bijye bifasha abaturage mu kuzamura ubukungu bwabo, ahatari hake mu gihugu hakomeje kugaragara ubujura bw’ibi bigo by’imari iciriritse.
Kuri uyu wa kabiri tariki 22/10/2013, inzego za Leta zakiriye mu Rwanda itsinda ry’abashoramari baturutse mu Bushinwa, aho bunguranye ibitekerezo ku bisabwa kugirango baze gukorera mu Rwanda, nyuma y’aho mu Bushinwa ngo abikorera batunguka cyane kubera ko abakozi basaba iby’ikirenga.
Abakozi bagera kuri 400 bakora amaterisi mu murenge wa Remera, mu kagali ka Nyamagana, bigaragambije banga gukora akazi bavuga ko inzara ibishe batabasha gukora.
Ku mirenge 180 isanzwe ikorerwamo gahunda ya Vision 2020 Umurenge Program (VUP), hiyongereyeho indi 60 mu rwego rwo gukura abaturage mu bukene bukabije. Umuhango wo gutangiza iki gikorwa wabaye kuri uyu wa mbere tariki 21/10/2013, ubera mu murenge wa Karama, akarere ka Kamonyi.
Abakoze imirimo yo kwagura isoko rikuru ry’akarere ka Ngoma riri mu murenge wa Kibungo baravuga ko rwiyemzamirimo abacunaguza mu kubishyura kandi akanabishyura amafaranga batumvikanye.
Abanyamuryango b’Umurenge SACCO Icyerekezo Rusebeya bishimira iterambere bamaze kugeraho nyuma yo kugana icyo kigo cy’imari cyonyine kiboneka mu murenge wa Rusebeya, bakabasha kubitsa no guhabwa inguzanyo bakayashora mu bikorwa bitandukanye bibateza imbere.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko bukomeje kugira ikibazo gikomeye cyo gukorera mu nyubako y’ibiro by’aka karere ishaje kandi ntoya ugereranije n’umubare w’abayikoreramo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwasabye umunyamabanga nshingwabikorwa w’umurenge wa Bwishyura gutegeka Koperative Ubumwe Bwishyura, kwishyura abantu batatu bayikoreye bakaba bamaze imyaka ibili batishyurwa, bitaba ibyo hakiyambazwa inzego z’umutekano.
Ubuyobozi bw’akarere ka Muhanga buratangaza ko kuba umujyi wabo uri gukura ku buryo bwihuse bituma benshi bibwira ko aka karere gakize cyane ndetse bikabaviramo kubura abaterankunga.
Umuryango wa Cyewusi Catheline wagabiwe inka n’abanyeshuli barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi bibumbiye mu muryango AERG-Duhozanye biga mu kigo cya Mutagatifu Yustini Nkanka kubera igikorwa yagaragaje cy’urukundo arera umwana warokotse Jenoside.
Umuyobozi Mukuru wa Banki ya Kigali (BK), James Gatera kuri uyu wa Gatanu tariki ya 18/10/2013 yaganiriye n’abakiliya b’iyi Banki bo mu karere ka Nyamasheke ndetse asura n’imishinga itandukanye ishyirwa mu bikorwa ku mafaranga ya banki.
Mu gihe mu karere ka Nyagatare kugendana inkoni babibuzanyaga kuko byafatwaga nka kimwe mu byateza urugomo, mu isoko ryo mu murenge wa Rwimiyaga ho hari abafashe icyemezo cyo kwihangira umurimo mu gukora no gucuruza inkoni.
Nyuma y’igihe kigera ku myaka ibili bakora ariko ntacyo bageraho kuko bahoraga basa n’abahanganye, abanyamuryango b’amakoperative abiri akora umwuga wo gutwara abantu kuri moto mu Murenge wa Ngarama mu karere ka Gatsibo, yihurije hamwe kugirango yongeranye imbaraga kandi bagire icyerekezo gifatika.
Mu birori byo kwizihiza umunsi w’abasora byabereye ku rwego rw’Intara y’Amajyepfo mu karere ka Nyanza tariki 17/10/2013 ikigo cy’igihugu gishinzwe imisoro n’amahoro (RRA) cyahembye abitwaye neza mu gutangira imisoro ku gihe kandi neza.
Abanyamuryango ba koperative y’aba technicien bakorera muri centre ya Rwimiyaga mu karere ka Nyagatare batangaza ko barambiwe ababivangira mu kazi bakabanduriza izina nyamara bavuga ko bafite uburengenzira bahawe n’ubuyobozi.
Banki Nkuru y’igihugu, ikigo gishinzwe guteza imbere amakoperative, akarere ka Karongi ndetse na koperative y’abahinzi b’icyayi ba Gisovu (COOTHEGIM) bananiwe kumvikana ku ishyirwaho rya koperative yo kubitsa no kugurizanya y’abo bahinzi ngo kuko byasenya umurenge SACCO.
Umujyi wa Musanze ni umwe mu mijyi itera imbere ku rugero rwiza mu gihugu, cyakora abatuye agace kitwa “Tete à Gauche » gaherereye mu nkengero z’amarembo y’uyu mujyi barahamya ko iterambere risa nk’iryabateye umugongo.
Abikorera bato bo mu ntara y’Uburengerazuba baratunga agatoki bamwe mu bacuruzi banini badatanga inyemezabuguzi, rimwe na rimwe bagamije kunyereza imisoro, ibi kandi ngo bikaba bishobora guteza ingaruka mbi ku mucuruzi muto zirimo no kwamburwa ibicuruzwa bye mu gihe abifatanywe nta cyangombwa afite kigaragaza aho yabiranguye.
Mu birori byo kwizihiza umunsi mukuru w’abasora ku rwego rw’intara y’Uburengerazuba tariki 14/10/2013, Guverineri w’iyo ntara, Kabahizi Célestin, yagaragaje ko imisoro yinjiye mu ntara ayobora mu mwaka ushize iturutse hanze y’igihugu yagabanutse, bitewe n’umutekano mucye uri Kongo, ibi bikaba bitandukanye n’iby’abavuga ko u (…)
U Rwanda rugiye gutangira kubarura umutungo kamere rufite ruhereye no kuri bimwe bitagaragara ariko ukubaho kwabyo kukaba gufite akamaro kanini igihugu, kuko bifasha indi mitungo kamere gukomeza kwiyongerera agacuro.
Ikigo cy’igihugu gishinzwe ubuziranenge (RBS) kiremeza ko kwitabira gushyira ikirango cy’ubuziranenge ku bicuruzwa, bizafasha abanyenganda kwizerwa n’abaguzi b’ibyo bakora, ndetse bagashobora no kujya gucuruza mu mahanga badafatiwe ku mipaka.
Abanyeshuri bo muri Kaminuza y’Abalayiki b’Abadivantisiti b’umunsi wa Karindwi (INILAK) bakomeje gushyigikira gahunda ya Leta y’uko Abanyarwanda bakwishakamo ibisubizo, bafashanya n’ubwo nta bushobozi buhagije baba bafite.
Abakozi b’ikigo cya Leta gishinzwe gukwirakwiza amazi n’umuriro EWSA, batangiye gahunda yo gushishikariza abaturage cyane cyane abatuye uduce tw’ibyaro tutagerwamo umuriro kwitabira gukoresha ibyiza bikomoka ku mirasire y’izuba.
Ubuyobozi bw’ishyirahamwe ry’ibigo by’imari iciriritse mu Rda, busanga ibibazo bikigaragara muri ibi bigo, bisaba imbaraga, nubwo ngo hari intambwe imaze guterwa. Ubwo hatorwaga komite nyobozi nshya yasimburaga icyuye igihe kuri uyu wa Gatanu tariki 11/10/2013, hatangajwe ko hari ibigomba kuzitabwaho, cyokora ngo bikaba (…)
Abagore bacuru za ibintu bitandukanye byiganjemo imboga ziribwa mu mujyi wa Kamembe bavuga ko ibicuruzwa byabo bigiye kuborera mu isoko kuko ubuyobozi bw’umurenge bwababujije kongera gucururiza mu gikari bakoreragamo babashinja isuku nkeya.
Kuva tariki 08/10/2013 amacumbi aciriritse mu karere ka Rubavu atujuje ibyangombwa arimo gufungwa by’agateganyo n’itsinda ry’akarere rishinzwe kugenzura isuku n’ibyangombwa byemerera aya macumbi gukora.
Kubera umuco n’imyumvire, imirimo imwe n’imwe yaharwaga abagabo, indi igaharirwa abagore ariko uko imyumvire igenda izamuka birahindura. Umugabo uvuga ko yitwa Rusisibiranya Anastase yarenze iyo myumvire, afatanya n’umugore we basekura isombe bagurisha mu isoko rya Gakenke.
Ishami ry’umuryango w’abibumbye ryita ku bagore (UN Women) rifatanyije n’abakora ubucuruzi bwambukiranya imipaka mu Rwanda baraganira uburyo mu Rwanda ubu bucuruzi bwanozwa gahakurwaho imbogamizi ababukora bahura nazo.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko servisi butanga zirimo kwihutishwa hifashishijwe ikoranabuhanga rya MIS, ariko by’umwihariko ibyangombwa byo kubaka bigiye kujya bitangwa mu minsi 21, aho kuba 30 nk’uko bisanzwe.