Mushimiyimana Lukiya ni umudamu wahisemo ubucuruzi abufashijejwemo n’amafaranga agarizwa n’abanki. Avuga ko atagize amahirwe yo kwiga ngo arangize, ariko kubera ko yatinyutse akagana banki yizera ko abana be bazamwigira amashuri atabashije kwiga.
Ubuyobozi bw’akarere ka Burera butangaza ko bwahigiye gufatanya n’utundi turere two mu ntara y’amajyaruguru kugira ngo bazagure imodoka ya “Kizimyamwoto” izajya ibafasha guhangana n’inkongi z’umuriro muri iyo ntara.
Nk’uko bisanzwe buri gihe iyo abantu baguze ikintu runaka, habaho amasezerano y’ubugure hagakorwa inyandiko ihabwa uwaguze icyo kintu. Ni muri urwo rwego rumwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Ruhango rwihangiye umurimo wo kuzajya rwandikira abaguze igare.
Kuri uyu wa 05/11/2013 ku mupaka wa Rusumo uhuza u Rwanda na Tanzaniya baratangira gushyiraho ikiraro gishya, aho bateganya ko bizaba mu byiciro 5 bitandukanye bikazarangira mu kwezi kwa kabiri k’umwaka utaha wa 2014.
Abatuye ikirwa cya Mazane kiri mu kiyaga cya Rweru mu karere ka Bugesera baratangaza ko ibura ry’ubwato bwihuta ari imbogamizi ikomeye ku buhahirane n’imigenderanire hagati yabo n’abatuye ahandi.
Umuyobozi w’ishami ry’ikigo cya EWSA rya Rwamagana, Karemera Emmery, avuga ko muri uyu mwaka wa 2013 bamaze guha amashanyarazi abaturage barenga 6000 mu turere twa Rwamagana na Kayonza; muri rusange bafite abafatabuguzi 23608 muri utwo turere.
Perezida Kagame arongera kwibutsa abayobozi ko gukora neza akazi kabo ari inshingano zabo, kuko amafaranga bahembwa ava mu misoro y’Abaturarwanda. Akongeraho ko bakwiye kongera ubukungu buturuka imbere mu gihugu kugira ngo na cya cyubahiro bahaga abanyamahanga kigume mu Rwanda.
Ubuyobozi bw’akarere ka Karongi bwatangiye kubarura imitungo y’abahinzi b’icyayi n’abandi baturage bo mu murenge wa Rugabano bazimurwa ahazaterwa icyayi cy’uruganda ruri hafi kuhubakwa.
Mu gikorwa ngarukamwaka cyo guhemba ibigo by’ubucuruzi biciriritse byitwaye neza kuri iyi nshuro harahembwa rwiyemezamirimo w’umukobwa n’undi rwiyemezamirimo ukiri muto bitwaye neza kurusha abandi.
Abagenzuzi ba Koperative z’amakawa eshanu zo mu karere ka Nyamasheke bahawe amahugurwa azatuma koperative zabo zitera imbere kandi zikaba icyitegererezo ku bandi bahinzi ba kawa muri aka karere.
Abanyamakuru 52 bakorera ibitangazamakuru bitandukanye barahabwa amahugurwa agendanye no gutara no gukora inkuru zerekeranye n’ubukungu, nyuma y’aho bigaragariye ko hari amakosa agenda akorwa bitewe no kudasobanukirwa n’amagambo y’umwimerere akoreshwa mu bukungu.
Nyuma y’ubujura bukomeje kwibasira SACCO z’Akarere ka Gakenke bukorwa n’abakozi bazo, abandi bakozi babiri ba SACCO-Girintego y’Umurenge wa Kivuruga mu Karere ka Gakenke bahagaritswe ku kazi nyuma yo gutahura ko bakoze ubujura.
Abaturage bari batuye mu mudugudu wa Gataka, akagari ka Nyamagana, umurenge wa Ruhango mu karere ka Ruhango, amazu yabo yatangiye gusenywa kuko aho bari batuye hagiye kubakwa gare igezweho.
Mu gihe hakigwa uko urugomero rw’amashanyarazi rwa rusizi ya 3 ruzubakwa, hagiye kuba hakorwa umuhanda ugana kuri urwo rugomero kugirango ibikoresho byo kurwubaka bizabashe kuhagera mu buryo bworoshye.
Guhera tariki 28 Ukwakira 2013 mu mujyi wa Karongi harabera imurikagurisha ryaguwe n’umucuruzi Nzeyimana JMVusanzwe ukorera mu karere ka Huye. Iryo murikagurisha rizamara iminsi 10 ritangira saa mbiri za mu gitondo rikageza saa yine z’ijoro.
Mukeshimana Thacienne wo mu karere ka Nyamagabe mu murenge wa Tare aratangaza ko yahisemo kuba “mucoma” (umuntu wotsa inyama mu kabari) mu kabari ke kugira ngo abashe gutanga serivisi nziza ku bakiriya be.
Mu rwego rwo gufasha za SACCO z’imirenge itandukanye yo mu turere twa Ngororero, Karongi, Kamonyi, Ruhango na Muhanga ikorana na banki ya KCB, iyo banki ikomeje gufasha abayozozi b’izo SACCO kwita ku kunoza imikorere, cyane cyane mugucunga neza umutungo w’abakiriya.
Uruganda rwa BRALIRWA rwenga inzoga n’ibinyobwa bidasindisha ngo rushobora kuba icyitegererezo ku nganda nto zo mu karere ka Nyamasheke zenga ibinyobwa, mu gihe zaba zirwiganye.
Icyegeranyo ku kohereza ishoramari cyashyizwe ahagaragara na Banki y’Isi gishimangira ko u Rwanda rwavuye ku mwanya wa gatatu muri Afurika rukaza ku mwanya wa kabiri nyuma ya Mauritius.
Mu kwizihiza umunsi mpuzamahanga w’umugore wo mu cyaro wabereye mu karere ka Nyanza ku rwego rw’igihugu tariki 26/10/2013 inka 66 zagabiwe bamwe mu batishoboye bababaye kurusha abandi hagamijwe kuzamura ubukungu n’imibereho myiza yabo.
Umuyobozi mushya w’Ikigo cy’Igihugu cy’Iterambere (RDB), Ambasaderi Valentine Rugwabiza, aremeza ko n’ubwo u Rwanda rufunganye rukaba nta n’imitungo kamere myinshi rufite ariko rushobora kuba ahantu abanyamahanga bazajya bifuza gukorera ibikorwa byabo.
Abaminisitiri b’u Rwanda, u Burundi, Tanzaniya na Sudani y’Epfo basuye urugomero rwa Rusumo tariki 27/10/2013 bareberaga hamwe uburyo umushinga wo kuhabyaza amashanyarazi angana na megawate 80 uzakorwa neza umwaka utaha.
Abazamuye inkuta z’ibyumba by’amashuri y’uburezi bw’ibanze bw’imyaka 12 (12YBE) ndetse n’icumbi rya mwarimu byo muri Groupe Scolaire Cyarwa, mu mpera z’umwaka wa 2012, binubira ko bamaze umwaka wose bategereje ko bishyurwa amafaranga yose bakoreye, nyamara ubuyobozi bw’umurenge wa Tumba aya mashuri aherereyemo bukaba buhora (…)
Akarere ka Nyamagabe karatangaza ko gahunda yo kwegurira abikorera ku giti cyabo gukusanya amahoro anyuranye bizatanga umusaruro ushimishije amafaranga kinjizaga akiyongera.
Mu muhango wo gutangiza icyumweru cyo kuzigama wabereye mu rwunge rw’amashuri rwa Uwinkomo ruri mu murenge wa Tare mu karere ka Nyamagabe, tariki 24/10/2013, byagaragaye ko abana bo muri uyu murenge bamaze kugira ubwizigame bungana na miliyoni 20.
Mu rwego rwo gufasha abapfakazi barokotse Jenoside b’incike, umunyamabanga wa Leta muri ministeri y’ubutegetsi bw’igihugu ushinzwe imibereho myiza, Dr Mukabaramba Alvera yasuye abo mu karere ka Gisagara, baraganira banagezwaho imfashanyo irimo ibiryamirwa.
Nyuma yo kumara imyaka irenga ibiri abaturage b’imirenge ya Mushubi na Nkomane batorohewe no kwambuka umugezi wa Rwondo ubatandukanya kuko ikiraro cyaho cyari cyarasenyutse bigasaba kuvogera, abatuye iyi mirenge bavuga ko kuba iki kiraro kigiye kuzura ari inkunga ikomeye mu iterambere ryabo.
Intumwa zo muri Togo ziri mu Rwanda, ziravuga ko imikorere ya Mwalimu SACCO ikwiye kubabera urugero, kuko hari byinshi imaze kugezaho umwalimu wo mu Rwanda, haba ku giti cyabo ndetse no ku buzima bw’igihugu.
Ikibazo cy’umusoro w’imodoka cyongeye guteza impagarara muri gare ya Musanze, aho kuva kuri uyu wa gatatu tariki 23/10/2013 nta modoka n’imwe ya agences wabona muri iyi gare, ahubwo za twegerane zikaba arizo ziri kujyana abantu muri Kigali na Rubavu.
Havugimana Eraste w’imyaka 41 utuye mu mudugudu wa Mubuga mu kagari ka Nyarusange mu murenge wa Bushekeri mu karere ka Nyamasheke avuga ko yahisemo gucuranga umuduri kugira ngo abeho aho kwiba cyangwa se ngo asabirize.