Muri iyi minsi mu karere ka Ngororero haravugwa abayobozi bakorana n’abaturage mu kugurisha inka zatanzwe muri gahunda ya Girinka ndetse n’amanyanga mu kwitura no gutanga izindi aho bivugwa ko hari abiturwa ataribo bari bakwiye guhabwa izo nka.
Bamwe mu baturage batuye mu gace gafatwa nk’umujyi wa Kayonza bavuga ko igishushanyo mbonera cyakorewe ako gace mu bijyanye n’imyubakire kitajyanye n’ubushobozi bwa bo, ndetse nyuma y’aho icyo gishushanyombonera gishyiriwe ahagaragara, ibikorwa by’ubwubatsi muri uwo mujyi byagiye bihagarara buhoro buhoro.
Nyuma y’imyaka igera kuri ine akarere ka Rubavu kubaka isoko rya kijyambere ariko ntirishobore kurangira, inama njyanama y’akarere yemeje ko iryo soko ryegurirwa abikorera kugira rishobore kurangira, ariko ube n’umwanya wo gushishikariza abikorera kubaka ibikorwa remezo.
Ubumenyi budahagije mu gutegura imishinga ni kimwe mu bizitiye urubyiruko mu karere ka Bugesera mu kubona inguzanyo mu bigo by’imari kuko umwaka ushize hafi 1/3 cy’imishinga y’urubyiruko yari yashyikirijwe ibigo by’imari ariyo yonyine yabonye inguzanyo nyuma yo kwishyingirwa na BDF.
Abagore bapfakajwe na Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994 bo mu mudugudu wa Mirambi akagari ka Burima mu murenge wa Kinazi, barasabwa kudaheranwa n’agahinda ahubwo bagakomeza kwiyubakamo icyizere baharanira gukora kugirango bakomeze kwiteza imbere.
Bagendeye ku nsanganyamatsiko igira iti “Twubake dushingiye ku byo twagezeho dukomeze imihigo”, abagore bo mu murenge wa Rukara mu karere ka Kayonza bizihije umunsi mpuzamahanga w’abari n’abategarugori wabaye tariki 08/03/2014 baremera bagenzi ba bo batishoboye.
Louise Muzayire uhagarariye inama y’igihugu y’abagore mu Murenge wa Mukura ho mu karere ka Huye, yishimira ko umugore atakiri nk’itungo batunga mu rugo, ahubwo akaba asigaye ari umufasha.
Abagore batandukanye bo mu karere ka Burera batangaza ko bamaze kwiteza imbere mu bintu byinshi ngo ariko baracyabangamiwe n’ihohotera ryo mu ngo aho usanga mu ngo zimwe na zimwe abagore aribo bonyine bita ku iterambere ryazo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma burasaba abayobozi b’amakoperative kujya banoza imicungire y’umutungo wa koperative bayobora, nyuma yuko bigaragaye ko hari benshi mu bacunga nabi umutungo wa koperative.
Abaturage bubaka ikigo nderabuzima cya Gatebe mu karere ka Burera, baratabaza ubuyobozi kuko ngo bamaze amezi abiri badahembwa kandi icyo gihe cyose cyarashize bakora.
Ikigo cy’u Rwanda ngenzuramikorere (RURA) cyiratangaza ko n’ubwo ibiciro by’ibikomoka kuri peteroli byagabanuwe mu Rwanda, ilitiro imwe ikava ku mafaranga 1,030 igashyirwa ku mafaranga 1,010 ngo ibi ntacyo biri buhindure ku mafaranga abagenda mu Rwanda basanzwe bishyura.
Abasenateri bagize komisiyo y’iterambere ry’ubukungu n’imari barashishikariza sosiyete icukura amabuye y’agaciro mu karere ka Rutsiro yitwa NRD (Natural Resources Development) gukoresha uburyo bugezweho hagamijwe kongera umusaruro ndetse no kuzamura ubukungu bw’igihugu.
Akoresheje imashini zigera ku 9 zabugenewe yatumije mu Bushinwa, Uwizeyimana Jean Bosco ukorera mu murenge wa Mukamira mu karere ka Nyabihu, yiyemeje gukora kirida bihaganyuza mu menyo n’imishito botsaho burusheti (cure-dent et broches) mu buryo bw’ikoranabuhanga.
Bamwe mu babona imodoka zitembereza ibicuruzwa ku giciro gihendutse ugereranyije n’ahandi zitwa ‘mobile boutique’, bakeka ko ubu bucuruzi ari akajagari ko kwishugurikira kw’abashomeri babuze imirimo, cyangwa baba bagamije guhangika abantu ibicuruzwa bigiye gusazira mu nganda no mu maduka.
Abaturage bo mu gasantere ka Duwani mu kagari ka Duwani mu murenge wa Kibirizi ho mu karere ka Gisagara bavuga kutagira umuriro w’amashanyarazi bidindiza iterambere ryabo, kandi bakaba bafite ikibazo cy’uko badahabwa umuriro nyamara bamaze imyaka ine bishyuye amafaranga bawubagezeho.
Abafatanyabikorwa batandukanye bafite inshingano zo gukurikirana imihanda izagera ku rugomero rwa Rusizi III ruzatanga amashanyarazi rutangire kubakwa, batangaza ko iki gikorwa kiri kugenda neza.
Ruhango Rice Mill, uruganda rutunganya umusaruro w’umuceri ruri mu karere ka Ruhango mu murenge wa Ruhango mu kagari ka Nyamagana, rwahagaritswe na Minisiteri y’Ubucuruzi n’Inganda (MINICOM) kubera ko rutagira ibikoresho bidahagije.
Bamwe mu rubyiruko rwo mu karere ka Nyaruguru bavuga ko hari imishinga bakora yamara kwemerwa amabanki akayihera abandi bantu. Barabivuga nyuma y’ubukangurambaga ku kwihangira imirimo babinyujije mu mishinga ihabwa inguzanyo ku ngwate y’ikigega BDF (Business Development Fund).
Ministeri y’imari n’igenamigambi (MINECOFIN) na Banki nkuru y’igihugu (BNR), baratanngaza ko umubare w’abamaze kuguriza Leta amafaranga mu buryo bwo guhabwa impapuro z’agaciro (Treasury Bond) igeze ku kigereranyo gishimishije.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cy’igihugu cy’imiyoborere, Professeur Shyaka Anastase aratangaza ko imikoranire myiza iri hagati y’akarere ka Bugesera n’abafatanyabikorwa bako (JADF) igaragaza imiyoborere myiza.
Ubushakashatsi bwakozwe mu mwaka wa 2012 n’ikigo IPAR bugaragaza ko igihugu cy’u Rwanda gihomba akayabo ka miliyoni 40 z’amadolari bitewe n’uko abatanga serivisi banyuranye badatanga serivisi nziza ku babagana.
Ubuyobozi burashimira abafatanyabikorwa b’akarere ka Muhanga uburyo bamaze kuzamura aka karere ugereranije n’aho kari kari mu myaka ishize.
Umuyobozi mukuru w’ikigo cya Leta Zunze Ubumwe z’Amerika gishinzwe guteza imbere ishoramari mpuzamahanga aricyo ‘Overseas Private Investment Corporation (OPIC), Madam Elizabeth L. Littlefield, aratangaza ko icyo kigo kigiye gukorana n’abashoramari ndetse n’abikorera mu gushora imari mu Rwanda.
Abaturage b’i Nyagasambu mu murenge wa Fumbwe mu karere ka Rwamagana baravuga ko koperative yabo yo kubitsa no kugurizanya (SACCO Fumbwe) ishobora kugwa mu gihombo bitewe n’uko Perezida wa SACCO akingira ikibaba umucungamari wayo w’umukobwa.
Abatuye umujyi wa Kigali bagiye gutangira gukangurirwa kugira umuco wo kwigira biciye mu bayobozi b’ibanze, mu rwego rwo kubasha kwiteza imbere no guteza imbere imiryango yabo n’igihugu muri rusange.
Muri gahunda y’ibiganiro byakozwe hagati y’ubuyobozi bwite bw’akarere ka Nyanza n’ubuyobozi bw’urwego rw’abikorera muri aka karere ngo hagaragajwe ko mu cyerekezo 2020 u Rwanda rwihaye abikorera aribo bazaba bayoboye igihugu.
Minisitiri w’intebe w’u Rwanda, Dr Pierre Damien Habumuremyi, yageze i Kinshasa ku gicamunsi cya taliki 25/2/2014 mu nama y’umuryango w’isoko rusange ry’ibihugu by’Afurika yo hagati n’iburasirazuba (COMESA).
Mariya Uwimana wo muri koperative “Beninganzo” y’abasigajwe inyuma n’amateka, ikorera mu kagari ka Gahogo mu murenge wa Nyamabuye mu karere ka Muhanga, aratangaza ko amaze kuzenguruka ibihugu byose byo mu karere k’Afurika y’iburasirazuba abikesha ububumbyi gusa.
Nkurikiyinka Jean Nepomuscene, ukuriye umuryango FPR-Inkotanyi mu Ntara y’Iburengerazuba ni umwe mu bahamya ko Ngororero yahinduye isura kubera kugira abayobozi bazi icyo abaturage bakeneye.
Mu biganiro bihuza Leta n’abikorera hagamijwe iterambere ry’abacuruzi (RPPD), ku rwego rw’akarere ka Nyamasheke, abikorera bagaragaje ko ibi biganiro ari byo bizagira uruhare rukomeye mu kubaka iterambere ridasubira inyuma kandi bitume batanga n’akazi ku bakozi benshi.