Umuhanzi Karasira Aimable uzwi ku izina rya Professor Nigga yashyize hanze indirimbo nshya yakoze yise “Turi ku rugendo” ikaba ari indirimbo yakorewe muri studiyo “Horiwacu” ikorwa na Producer Sam.
Ubwo hatangwaga ibihembo by’abahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana begukanye mu marushanwa ya Groove Awards, ababyitegereje neza banahamya ko Patient Bizimana yishimiye cyane igihembo cya Gaby kurusha ibihembo bye bitatu yegukanye.
Umuhanzi w’umunyarwanda Peace wari washoboye kwitabira amarushanwa ya Tusker Project Fame 6 ngo yababajwe no kuba atashoboye gukomeza ariko afite ibyishimo kuko ibyo yakoze bose babishimye.
Ku wa gatanu tariki 18/10/2013, itsinda Urban Boys hamwe n’abandi bahanzi barimo Lil G, Young Grace, Binney Relax n’abandi bazataramira kuri Greenwhich Hotel i Remera aho Kanyombya azaba yabaye umushyushyarugamba.
Umuhanzi Lil G afatanyije n’umuhanzi Mavenge Sudi, bari gusubiramo indirimbo ya Mavenge Sudi yitwa “Gakoni k’abakobwa”.
Abahanzi Dj Kwenye Beat na Dj Mo bo muri Kenya bamaze kugera mu Rwanda baje mu birori byo gusoza Groove Awards Rwanda 2013 biri bube kuri iki cyumweru tariki 13.10.2013 ahasanzwe habera imurikagurisha i Gikondo kuva saa cyenda z’amanywa.
Umuhanzi akanaba umunyamakuru Jean Claude Rusakara Umugwaneza, aravuga ko intego ye mu muziki atari uguharanira kuba umu star (icyamamare) nk’uko bikunze kugenda kuri benshi, ahubwo icyo agamije ngo ni ukwishimisha akanashimisha abantu.
Kuri uyu wa gatanu tariki 11/10/2013 i Gikondo ahasanzwe habera imurikagurisha, harabera igitaramo cyateguwe na Radio KFM 98.7 mu rwego rwo guhuza abahanzi, abafana n’abanyamakuru ba KFM.
Icyamamare mu gukina firime w’umunya Koreya y’Epfo, Song II Gook, uzwi cyane nka Jumong, ngo yaba aherutse mu Rwanda kureba uko yakubaka inzu y’ubucuruzi, izibanda ku kuzamura imibereho y’abagore b’abapfakazi mu karere ka Musanze.
Umuhanzi Rafiki umaze kuba icyamamare mu njyana ye yihangiye yise “Coga Style” afite gahunda yo kwagurira umuziki we mu bihugu bya Afurika y’Uburasirazuba (East Africa).
Gaju Justin uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Kid Gaju, aravuga ko indirimbo “Ngabira agatabi” yakoranye na Jay Polly ntaho ihuriye no gusaba itabi ahubwo ngo ni uburyo bwo gusaba gusa.
Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G, n’ubwo ari kwitegura gukora ikizamini cya Leta gisoza amashuri yisumbuye, ntibiri kumubuza no gutegura alubumu ye ya kabiri ateganya kuzamurika mu mpera z’uyu mwaka.
Umuhanzi Eddie Mico yashyize hanze indirimbo yakoranye n’umuhanzi wo mu gihugu cya Kenya uzwi ku izina rya Kafashia, iyi ndirimbo yabo ikaba yitwa “Connected”.
Umuhanzi Eric Senderi International Hit arahamya ko amashusho y’indirimbo ye yise “Njomba” azaba ari amashusho aruta andi mashusho yose yabayeho.
Kuri uyu wa gatanu tariki 04/10/2013 muri Quelque Part Bar &Restaurant iri mu nyubako yo kwa Rubangura rwagati mu mujyi wa Kigali harabera igitaramo kiswe “Ladies Night Show”.
Isôko Theatre Rwanda, umuryango w’abanyabugeni uharanira guteza imbere ikinamico nk’inkingi yo gukiza ibikomere biterwa n’intambara no kubaka umubano hagati y’abantu, ugiye kongera kwerekana ikinamico “the monument (Ishusho)” mu mujyi wa Kigali.
Umuhanzi Mani Martin, abaye Umunyarwanda wa mbere ubashije kugira amahirwe yo kuba mu bahanzi 12 bo muri Afurika bahatanira insinzi mu marushanwa akorwa na radiyo Mpuzamahanga y’Abafaransa (RFI) mu guteza imbere impano nshya z’abahanzi bo muri Afurika.
Butera Jeanne uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Knowless yashyize hanze indirimbo nshya yise “Baramushaka”, ikaba ari indirimbo isa n’iyiyama abakobwa baba bashaka gusenya urukundo rw’abikundaniye.
Itsinda GSK, Gospel Safety Keepers riratangaza ko ngo ryiyemeje kuruhura Abaturarwanda rikabategurira ibitaramo n’ibindi birori ku buryo bwa gihanga kandi bw’umwuga kuko basaze izi serivisi zikenerwa na benshi kandi zitaboneka henshi mu Rwanda.
Mu marushanwa yo gutora Nyampinga mwiza ku isi yabaye tariki 28/09/2013, yabereye ahitwa Bali Nusa Dua muri Indonesia, Megan Young wo mu gihugu cya Philippines niwe wegukanye umwaka wa Nyampinga ubahiga ku isi.
Abahanzi ba byendagusetsa bagize itsinda rya Comedy Knight, kuri uyu wa gatandatu tariki 28.9.2013 barataramira abakunzi babo muri Kigali City Tower guhera saa moya za nijoro aho kwinjira bizaba ari amafaranga 5000.
Chorale St Etienne ni korali ibarizwa mu rusengero rwa EAR Biryogo ikaba ari korali igizwe n’abaririmbyi 26. Iyi korali yavutse mu mwaka wa 1982 ari nabwo yahise itangira umurimo w’ivugabutumwa hirya no hino mu gihugu.
Korali Kinyinya yamenyekanye cyane ku ndirimbo «Urondereza ubusa bukimara » igiye kumurika alubumu y’amashusho bise « Iherezo ry’ubutayu ».
Umuhanzi Auddy Kelly avuga ko kuba igitaramo cyo kumurika indirimbo ye yakoranye na Jody bise “Sinzagutererana” kitaritabiriwe n’abantu byatewe n’umunyamakuru Mister One.
Umuhanzi Kizito Mihigo umaze kubaka izina mu Rwanda mu ndirimbo zitandukanye ndetse no mu bikorwa bya Fondasiyo ye, Kizito Mihigo pour la Paix (KMP), aratangaza ko nta kintu na kimwe abujijwe kuririmbaho mu gihe cyaba kimurimo.
Umuhanzi Bobo Bonfils umaze kubaka izina mu bahanzi baririmba indirimbo zihimbaza Imana afatanyije n’itorero Glory to God, bateguye igitaramo bise ‘‘Nimuhumure’’ kigamije guhumuriza abantu.
Abahanzi biga muri Kaminuza Nkuru y’u Rwanda (NUR) bakoze ishyirahamwe rizajya ribafasha kwiteza imbere no gufashanya mu buhanzi bwabo dore ko amasomo ataborohera gukora umuziki uko byagakwiye.
Amakuru yavugaga ko abahanzi Elion Victory, Patrick Nyamitali, Peace, Fiona na Teta baba barerekeje muri Kenya kuri uyu wa Gatanut tariki 20/09/2013 kwitabira amajonjora ya nyuma bamwe muri abo bahanzi bahise babihakanira kure.
Umuhanzi Kamichi aratangaza ko kuba umuhanzi biryoha ariko ngo kuba umu star bikavuna cyane.
Nyuma yo kuva mu Bufaransa aho yari yitabiriye amarushanwa ya Francophonie, kuri uyu wa kane tariki 19/09/2013, Mani Martin arerekeza mu gihugu cya Uganda mu iserukiramuco mpuzamahanga rizwi ku izina rya “Bayimba International Festival”.