Umuhanzi Senderi International Hit ngo azagaburira abantu mu gitaramo cyo kumurika alubumu ye ya mbere yise “Nsomyaho” izaba iriho indirimbo 10, iki gitaramo kizaba ku itariki ya 22.2.2014 mu karere ka Ngoma.
Umuhanzi Dominic Nic Ashimwe uzwi cyane mu ndirimbo zihimbaza Imana arishimira cyane kuba ari umukozi w’Imana kandi akanemeza ko ari iby’agaciro gakomeye.
Ikigo gihagarariye abagore bikorera ku giti cyabo mu Rwanda "Chomber of Women" kiri mu myiteguro y’iserukiramuco riba ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Gatanu wahariwe abakundanye "Saint Valentin," mu rwego rwo gufasha abagore n’abagabo babo gusabana no kwidagadura.
Umuhanzi Karangwa Lionel uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Lil G azamurika alubumu ye ku munsi yizihirizaho itariki ye y’amavuko ku itariki 20/03/2014.
Bernard na Clement bari basanzwe bafasha abandi bahanzi kuririmba kubera ubuhanga bazwiho ariko ubu bishyize hamwe batangira kuririmba indirimbo zihimbaza Imana ku giti cyabo.
Nyuma y’uko itsinda Urban Boyz (rigizwe na Humble, Safi na Nizzo) risohoye amashusho y’indirimbo yabo bise Ancilla, bamwe bakavuga ko irimo urukozasoni, bo basanga nta kibazo kiyirimo.
Umuhanzi Mazimpaka Rafiki uzwi cyane mu njyana ye yise Coga Style, atangaza ko kuba abahanzi bahora bategereje ababategurira ibitaramo ari kimwe mu bibadindiza.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana Dominic Nic arahamagarira abantu kunyurwa n’uko bari kuko hari ababa bifuza no kuba nk’uko bo bameze ariko ntibibakundire.
Umuhanzi Twizerimana Christian uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya The Bless, avuga ko n’ubwo acuranga umuziki aba yatunganyirije muri studio, ashobora no gucuranga izi ndirimbo ze yifashishije iningiri ya Kinyarwanda kandi bigakomeza kunogera amatwi.
Ku nshuro ya mbere, umuhanzi Cubaka Justin wamenyekanye cyane kubera ubuhanga bwe mu gucuranga akaba anakunze kugaragara acurangira abandi bahanzi mu bitaramo, yashyize hanze amashusho y’indirimbo ye yise “Ijwi ryiza”.
Itsinda “Beauty for Ashes” ryatangije gahunda y’ibitaramo byo kumenyekanisha alubumu yabo nshya “The Wonders of the Son” bakoze umwaka ushize, ibi bitaramo bikaba bizazenguruka igihugu cyose.
Nyuma y’uko kuwa gatatu tariki 29.1.2014 hasohokeye itangazo ryambura uwari Nyampinga wa CBE Uwase Samantha Ghislaine ikamba yahawe ngo abe Nyampinga w’iri shuri mu mwaka w’amashuri 2013-2014, impaka zirakomeje aho bamwe bemeza ko yarenganye abandi bakemeza ko yahawe igihano kitajyanye n’ikosa yakoze.
Nubwo amarushanwa ajyanye no guhemba abahanzi akiri make cyane hano mu Rwanda, bamwe mu bahanzi ntibemeranya ku bigenderwaho ndetse bakomeje kwibaza impamvu bo batajya bayagaragaramo.
Umuhanzi Eric Senderi uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Senderi International Hit aratangaza ko kuri ubu abasore bariho kandi ko na cash zabonetse. Ibi yabitangaje abinyujije mu ndirimbo ye “Abasore bariho nta cash” aherutse gusubiramo akayita “Zarabonetse”.
Mwitenawe Augustin, umwe mu bahanzi bo mu Rwanda bo hambere, avuga ko atemeranya n’abavuga ko umuziki wo mu Rwanda wateye imbere ngo kuko ntiwatera imbere kandi abaririmbyi benshi bo mu Rwanda b’iki gihe bigana injyana z’ahandi aho kuririmba mu njyana kavukire.
Umuhanzi Muneza Christophe uzwi ku izina ry’ubuhanzi rya Christopher ubarizwa muri label ya Kina Music azamurika alubumu ye ya mbere yise “Habona” ku wa gatandatu tariki ya 15.2.2014 muri Kigali Serena Hotel.
Itorero Indatwa n’abarerwa ba Kagina, ho mu murenge wa Runda, mu karere ka Kamonyi, ribyina imbyino gakondo, rifite umwihariko wo gucuranga Ikondera, maze bakarushaho gususurutsa abo bataramiye.
Mike Karangwa umwe mu bagize Ikirezi Group ari nabo bategura amarushanwa azwi nka “Salax Awards” atangaza ko kuba umuhanzi w’icyamamare Stromae yarashyizwe mu bahanzi bahatanira ibihembo bya Salax Awards ari nta mbogamizi zirimo.
Jay Polly, umuraperi wo mu Rwanda, yashimishije abafana be bo mu karere ka Burera kuburyo abo bafana biganje mo urubyiruko bamufashaga kuririmba indirimbo ze ari nako babyina kuburyo yashoje kuririmba batabyifuza.
Itsinda New Hill rikora cinema mu Rwanda riratangaza ko nyuma yo gutoranya abakinnyi bazakina muri filime yabo “Mama ni nde?” bagiye kwerekana ko abakinnyi bashya muri uyu mwuga bashobora kubyazwa umusaruro bakagera ku rwego rukomeye.
Amarushanwa yo guhitamo Nyampinga ugiha abandi mu buranga n’ubumenyi mu karere ka Nyamasheke muri uyu mwaka wa 2014 yabaye kuri uyu wa Kane, tariki 16/01/2014 yitabiriwe n’umukobwa umwe rukumbi muri 6 bari biyandikishije.
Umuhanzi Auddy Kelly wamenyekanye cyane mu ndirimbo “Ndakwitegereza” aratangaza ko muri uyu mwaka wa 2014 azashyira hanze alubumu ebyiri icyarimwe.
Umuhanzi Eric Mucyo wamenyekanye cyane mu ndirimbo “i Bwiza” yakoranye na Jay Polly, ngo yatunguwe cyane no kuba yarinjiye muri Salax Awards ku nshuro ya mbere ariko ngo yiteguye kuzegukana insinzi.
Hitimana Thereshpore umusaza w’imyaka 67 y’amavuko benshi bazi ku izina rya “Pepe Kalle”, abakunzi be baracyamukunda cyane kuko ngo n’ubu afata akanya akongera akabashimisha nk’uko byahoze mu myaka ye akiri umusore.
Umuhanzi w’indirimbo zihimbaza Imana, Olivier Ndatimana, wanahisemo gushyira hasi izina Nd-Oliver ry’ubuhanzi ahubwo agakomeza izina yahawe n’ababyeyi, aratangaza ko agiye gushyira hanze umuzingo ugizwe n’indirimbo 12 zihimbaza Imana.
Kiefer Sutherland wakinnye muri filimi “24 Heures Chrono” yitwa Jack Bauer agiye kongera kugaragara mu kindi gice gishya cy’iyo filimi cyitwa “24: Live Another Day” nyuma y’imyaka igera kuri ine iyo film ihagaze.
Abasore batatu b’Abanyarwanda bagize itsinda ry’abaririmbyi ryitwa “Active” batangaza ko mu buhanzi bwabo baharanira gukora cyane kugira ngo bazageze Muzika Nyarwanda ku rwego mpuzamahanga.
Umuririmbyi wo mu Rwanda, Bruce Melody, atangaza ko adashyigikiye ibyo kwigana indirimbo z’abandi baririmbyi, ari byo mu Rwanda bakunze kwita “gushishura”, ngo kuko kubikora bituma umuririmbyi atagaragaza ubuhanga bwe mu guhanga ibishya.
Umuhanzi mu ndirimbo zihimbaza Imana, Dominic Nic Ashimwe, aratangaza ko adateganya gushyira hanze alubumu mu gihe cya vuba bitewe n’uko ashaka ko indirimbo yamaze gusohora zabanza zikamenywa zose.
Senderi International Hit ngo arifuza kuzashaka umugore muri uyu mwaka wa 2014, bityo haramutse hari umukobwa umukunda yatinyuka akabimubwira maze nawe akamuhundagazaho urukundo asigaranye kuko ngo ariwe yarubikiye.