Umunyamabanga Mukuru w’Umuryango uhuza ibihugu bikoresha ururimi rw’Igifaransa (OIF), Louise Mushikiwabo, yifurije urubyiruko rwitabiriye imikino ngororamubiri ya La Francophonie, kwisanga muri ayo marushanwa ndetse no gusangira indangagaciro zinyuranye.
Umuganda usoza ukwezi kwa Nyakanga 2023, mu Ntara y’Iburasirazuba wibanze ku bikorwa byo kubakira amacumbi abatishoboye, kubaka amarerero y’abana no gutunganya imihanda y’imigenderano.
Perezida Paul Kagame na mugenzi we wa Mozambique, Philip Nyusi, bakurikiye umukino wa Basketball wahuzaga ikipe y’Igihugu y’abagore ya Mozambique, aho yatsinze Guinea amanita 99 -40.
Ihuriro ry’imiryango y’abafite ubumuga mu Rwanda (NUDOR), rirahamagarira abagize umuryango by’umwihariko ababyeyi, gufatanyiriza hamwe kwita ku bana bafite ubumuga, kubera ko akenshi abagabo babiharira abagore.
Amakuru yatangajwe n’Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, avuga ko Perezida wa Mozambique Filipe Nyusi kuri uyu wa Gatandatu tariki 28 Nyakanga 2023, yagiriye uruzinduko mu Rwanda anagabirwa inka z’Inyambo na Perezida Paul Kagame.
Umuyobozi wa Dipolomasi mu ishyaka rya Gikomunisiti riri ku butegetsi mu Bushinwa (CPC), Amb. Liu Jianchao uri mu ruzinduko mu Rwanda, yasabye ko hashyirwaho urubuga Abashinwa baguriraho ibikoresho byo mu Rwanda, nyuma yo gushima ibikorerwa mu Agaseke Center kari muri Kigali Cultural Village ku i Rebero.
Mu ma saa moya n’igice z’umugoroba wo ku wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, Twagirimana Théogène wari uteze imodoka muri Gare ya Musanze, yituye hasi mu buryo butunguranye ahita apfa.
Muri Tanzania, umugabo witwa Goodluck Chang’a w’imyaka 42 y’amavuko, yajyanywe imbere y’urikiko rubanza rwa Kariakoo, mu Mujyi wa Dar es Salaam, ashinjwa kuba yarakiriye Miliyoni 2.6 z’Amashilingi ya Tanzania y’uwitwa Godfrey Jacob, akamwemerera ko azamudodera amakote umunani ya kigabo, nyuma agahita abura ajyanye n’ayo (…)
Kuri uyu wa wa Gatandatu tariki 29 Nyakanga 2023, Ishyirahamwe ry’Umupira w’Amaguru mu Rwanda (FERWAFA), ryatangaje ibiciro by’umikino w’Igikombe kiruta ibindi uzahuza APR FC na Rayon Sports ku wa 12 Kanama 2023.
Perezida Paul Kagame ku mugoroba wo ku wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023, muri Village Urugwiro, yakiriye Dr. James Njuguna Mwangi, Umuyobozi Mukuru wa Equity Group.
Muri Senegal umunyapolitiki utavuga rumwe na Leta, Ousmane Sonko, yafatiwe iwe mu rugo ajya gufungwa nk’uko byemejwe n’umwe mu bamwunganira mu mategeko.
Abagore bagera ku 5,000 bavuye mu mahanga no mu Rwanda, bagiye guhurira i Kigali bahane ubuhamya bw’uko bava mu gutsikamirwa bakiteza imbere, hakazaba kandi hari Apôtre Mignone Kabera washinze umuryango ’Women Foundation Ministries’ wanateguye iki gikorwa, hamwe n’abaramyi n’abapasiteri bo hirya no hino ku Isi.
Inteko Ishinga Amategeko yemeje umwanzuro usaba Ikigo cy’Igihugu gishinzwe amashuri makuru na Kaminiza (HEC), gukemura ikibazo cya Equivalences z’impamyabumenyi zitinda kuboneka, ibyo bigakorwa hagamijwe kwita ku ihame ryo kwihutisha serivisi.
Ubuyobozi bw’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Amakoperative (RCA), buvuga ko burimo gushinga Forumu ziyobora Amakoperative muri buri Karere, kugira ngo hamenyekane ayenda gusenyuka (ari mu mutuku) hamwe n’akora neza.
Abahanga mu bumenyi bw’ikirere ku Isi bavuga ko mbere ya Nyakanga ndetse no muri Nyakanga ari ibihe byaranzwe n’ubushyuhe bukabije kugeza n’ubu.
Soeur Marie Jean Baptiste Mukanaho Caroline, mu kiganiro yagiranye na Kigali Today, yatangaje byinshi byerekeye cyane cyane ku buzima bwe bw’imyaka 80 amaze yiyeguriye Imana.
Umuyobozi Mukuru w’Agateganyo w’Ikigo cy’Igihugu gishinzwe guteza imbere Amakoperative (RCA), Pacifique Mugwaneza, aramagana bamwe mu bayobozi b’amakoperative badukanye ingeso yo gushaka gukira vuba bakanyereza imitungo ya rubanda.
Ikipe y’Igihugu y’u Rwanda y’abagore mu mukino wa Basketball, yatangiye neza itsinda igihugu cya Côte d’Ivoire ku munsi wa mbere, amanota 64 kuri 35.
Umuyobozi w’Intara y’Amajyaruguru, Dancille Nyirarugero, asaba abahagarariye amadini n’amatorero yo muri iyi Ntara, gukumira bivuye inyuma ikibazo cy’ubusinzi, kuko bukomeje kuba intandaro y’ibibazo byinshi bidindiza imibereho n’iterambere ry’imiryango.
Uwahoze ari Perezida wa Amerika Donald Trump, yongeye kuregwa ikirego gishya aho akurikiranyweho gusiba amashusho ya Camera ziri iwe mu rugo, zagombaga kugaragaza uburyo yakoze ibyaha by’imicungire mibi y’impapuro z’akazi z’ibanga zo mu biro by’Umukuru w’igihugu cy’Amarika ubwo yari Perezida.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye Pang XinXing, washinze akaba n’umuyobozi wa StarTimes Group. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu, Village Urugwiro, byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye Pang Xinxing n’itsinda ayoboye kuri uyu wa Gatanu tariki 28 Nyakanga 2023.
Minisitiri w’Ibikorwa Remezo, Dr Ernest Nsabimana, avuga ko mu rwego rwo kwirinda impanuka zibera ahahurira abantu benshi mu Mujyi wa Kigali, Leta izubaka amateme(ibiraro) yitwa ’pedestrian bridge’ hejuru y’imihanda.
Mu gace ka Alcalá de Henares ho mujyi wa Madrid muri Espagne, ikipe y’igihugu y’u Rwanda y’abatarengeje imyaka 19 ikomeje kuhitegurira igikombe cy’isi
Ubuyobozi bw’Akarere ka Nyagatare buvuga ko bugiye gushyira imbaraga mu buhinzi bwa kawa aho hamaze kuboneka kompanyi zizafasha abahinzi kuyikwirakwiza mu Mirenge itahingwagamo ariko hanashakwa imiti irwanya ibyonnyi byayo.
Umunyarwenya w’Umunya-Nigeria, avugwaho kuba yaratakaje ubushobozi bwo kubona cyangwa se kuba yarahumye, mu gihe cy’iminota 45 yose, nyuma yo kugerageza guca agahigo ko kurira amasaha 100 adahagaritse.
Umuhanzi Nzamwita Olivier Joseph wamamaye mu muziki nka M1, yavuze ko nyuma y’igihe abakunzi be batamwumva nk’uko byahoze kuri ubu agarukanye imbaraga mu bikorwa bye bya muzika.
Ikigo cy’Igihugu gishinzwe iterambere ry’Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), cyagiranye amasezerano y’ubufatanye n’umushinga Hinga Wunguke, ukorana n’abahinzi barenga ibihumbi 800, hagamijwe kubafasha kongera umusaruro bityo bakiteza imbere.
Gen. Abdourahamane Tchiani umaze imyaka 12 ayobora umutwe w’abasirikare bashinzwe umukuru w’Igihugu, ni we wagiye ku butegetsi nyuma ya coup d’état.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga i Kigali mu Rwanda hatangiye irushanwa nyafurika rya Basketball mu cyiciro cy’abagore (FIBA WOMEN AFROBASKET 2023) aho ibihugu 12 ari byo bizahatanira iki gikombe kigiye gukinwa ku nshuro ya 26 kikaba gikinwa rimwe mu myaka ibiri.
Umunyamidelikazi w’icyamamare Kimberly Noel Kardashian Kim Kardashian yaruciye ararumira ubwo yabazwaga uwo afata nk’igihangange ku isi muri ruhago hagati ya Messi na Cristiano Ronaldo.
Kuri uyu wa Gatanu tariki ya 28 Nyakanga 2023 igisirikare cy’u Rwanda (RDF) cyasohoye itangazo ryamagana ibyatangajwe n’igisirikare cya Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo (FARDC) kivuga ko abasirikare b’u Rwanda binjiye ku butaka bwa Congo muri Kivu ya Ruguru.
U Rwanda rwatorewe ku nshuro ya mbere kujya mu Nama Nyobozi y’umuryango w’abibumbye ishinzwe ubukerarugendo ku isi (United Nations World Tourism Organization- UNWTO).
Umushinjacyaha Mukuru w’Urugereko rw’Urukiko Mpuzamahanga rushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda (IRMCT), Serge Brammertz, aratangaza ko hazakomeza kubaho ubufatanye n’Ubushinjacyaha bukuru bw’u Rwanda, kugira ngo Kayishema Fulgence aburanishirizwe mu Rwanda.
Abashyigikiye ihirikwa ry’ubutegetsi muri Niger, tariki ya 27 Nyakanga 2023 bagabye igitero ku biro bikuru by’ishyaka riri ku butegetsi (Parti Nigérien pour la Démocratie et le Socialisme), rya Perezida Mohamed Bazoum wahiritswe, barabitwika, banatwika imodoka zari ziparitse hanze y’iyo nyubako.
Ubuyobozi bw’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Ubuhinzi n’Ubworozi (RAB), burahamagarira ababyeyi kumva ko amata baha abana atwarwa ku magare afite ibibazo, bishobora kugira ingaruka ku buzima bwabo.
Abatuye mu midugudu ya Gatare na Mubuga mu Kagari ka Rweru, Umurenge wa Munyaga mu Karere ka Rwamagana, bavuga ko babuze umutekano kubera uwitwa Hakizimana Jean de Dieu urwaye gutwika no kubangiriza imitungo.
Abaturiye igishanga cy’Urugezi ku ruhande rw’Akarere ka Burera, bifuza kubakirwa ikiraro cyo mu kirere cyambukiranya iki gishanga, kugira ngo ubuhahirane buborohere banacike ku kukivogera bangiza urusobe rw’ibinyabuzima rukibarizwamo.
Kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, Perezida Paul Kagame yagiranye inama n’inzego z’umutekano z’u Rwanda.
Igitaramo i Nyanza Twataramye Abanyenyanza bamaze kumenyera, kizaba ku munsi w’umuganura n’ubundi, tariki 4 Kanama 2023, kandi noneho kizabera muri Stade ya Nyanza, aho kubera mu Rukari nk’uko byari bimenyerewe.
Karamuka Jean Luc wamamaye nka Junior Multisystem, akaba umwe mu batunganya indirimbo beza u Rwanda rwagize, yitabye Imana azize uburwayi.
Ikigo BasiGo kizobereye mu gutwara abantu mu buryo bwa rusange gikoresheje bisi zikoresha amashanyarazi cyinjiye ku isoko ry’u Rwanda aho kigiye kohereza mu Rwanda bisi za mbere bitarenze mu Ukwakira uyu mwaka.
Umuhanzi ukora umuziki wo kuramya no guhimbaza Imana, Mahoro Isaac, yateguye igitaramo kigamije guhembura imitima no gushimira Imana ibyiza yakoze, icyo gitaramo kikaba cyariswe ‘Yanteze Amatwi Live Concert’.
Perezida Paul Kagame yakiriye Umuyobozi wa Dipolomasi mu ishyaka Chinese Communist Party, riri ku butegetsi Bushinwa Liu Jianchao, n’intumwa ayoboye mu ruzinduko barimo mu Rwanda.
Urubyiruko rugizwe n’abasore n’inkumi 20 rwuriye indege ku mugoroba wo ku wa Gatatu tariki 26 Nyakanga 2023, rwerekeza mu gihugu cya Portugal, ahagiye kubera ihuriro mpuzamahanga ry’urubyiruko ku rwego rw’Isi, ryateguwe na Kiliziya Gatolika.
Umuraperikazi ukomoka muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika, Amala Ratna Zandile Dlamini uzwi ku mazina ya Doja Cat, yatakaje abamukurikira kuri Instagram barenga ibihumbi 200 nyuma yo kwibasira abafana be.
Raila Odinga utavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Leta ya Kenya, yatangaje ko agiye gutangiza ikigega cyo gufasha imiryango yaburiye ababo mu myigaragambyo, imaze iminsi ibera muri iki gihugu.
Umushinjacyaha Mukuru w’Urugereko rw’Urukiko Mpuzamahanga rushinzwe gukurikirana abakoze Jenoside mu Rwanda (IRMCT) Serge Brammertz, ari mu ruzinduko mu Murenge wa Nyange, Akarere ka Ngororero mu Ntara y’Iburengerazuba, aho aganira n’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ikamyo ya Bralirwa yakoze impanuka mu gitondo cyo kuri uyu wa Kane tariki 27 Nyakanga 2023, ifunga umuhanda aho imodoka nto zabaye zishakiwe indi nzira.
Abanyamuryango b’Ihuriro ry’Amakoperative ahinga umuceri ahahoze ari muri Perefegitura ya Butare (UCORIBU), bishimira kubona inguzanyo mu buryo bworoshye mu kigo cy’imari bishyiriyeho ari cyo COOPEC-Impamba.