
Uwo mugabo w’imyaka 37 akimara kwitura hasi, bagerageje kumutabara hifashishijwe imodoka y’umutekano y’Umurenge wa Muhoza, ariko basanga yamaze gushiramo umwuka, nk’uko Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akagari ka Kigombe, Mukamusoni Assoumini yabitangarije Kigali Today.
Yagize ati “Ni umugenzi watahaga yerekeza iwabo mu Karere ka Gakenke, ntabwo twamenya ngo yavaga he, yari kumwe n’umuvandimwe we bageze muri gare ya Musanze yitura hasi ahita apfa”.
Arongera ati “Imodoka y’umutekano yahageze itabaye ariko basanga yamaze gupfa, umurambo bawujyana mu buruhukiro bw’ibitaro bya Ruhengeri”.
Uwo muyobozi yavuze ko batamenye impamvu yateye uwo mugabo kwitura hasi mu buryo butunguranye, gusa ngo amakuru bahawe n’umuvandimwe we bari kumwe witwa Birutakwinginga Marcel, yemeje ko ngo yari asanzwe arwaye.
Ati “Umuvandimwe we yatubwiye ko yari asanzwe arwaye, niyo makuru baduhaye, umurambo twawujyanye mu buruhukiro bw’ibitaro bya Ruhengeri mu rwego bwo gufasha uwo muvandimwe we, kugira ngo abone uko atabaza abi’wabo”.
Ibitekerezo
Ohereza igitekerezo
|