Kenya: Raila Odinga yahagaritse imyigaragambyo, agira ibyo asaba

Raila Odinga utavuga rumwe n’ubuyobozi bwa Leta ya Kenya, yatangaje ko agiye gutangiza ikigega cyo gufasha imiryango yaburiye ababo mu myigaragambyo, imaze iminsi ibera muri iki gihugu.

Raila Odinga
Raila Odinga

Icyo kigega kizakusanya inkunga yo gufasha imiryango yagizweho ingaruka ndetse ikaburira ababo mu myigaragambo, kizajya gishyirwamo inkunga n’umuntu wese wifuza gutangamo intwererano, nk’uko byatangajwe na International Press Association of East Africa dukesha iyi nkuru.

Raila Odinga yari yateguye ko wa gatatu haba indi myigaragambyo ariko aza kubihindura, asaba abayoboke be ko bakora urugendo rw’ituze rwo kunamira no guha icyubahiro abahutajwe na Polisi ya Kenya, bagakurizamo gukomereka no kuhasiga ubuzima.

Yagize ati "Twihanganishije imiryango yabuze ababo muri iyi myigaragambyo yamaganaga ibiciro n’imisoro iri hejuru muri iki gihugu”.

Ishyaka Azimio rya Raila Odinga rivuga ko abaguye muri iyo myigaragambo bagera kuri 50 abandi bagakomereka, ibi Leta ya Kenya ikabihakana ivuga ko iyo mibare itangazwa n’iri shyaka idafite gihamya, ko hazakorwa iperereza hakamenyekana umubare nyawo.

Ihagarikwa ry’iyi myigaragambyo ryakurikiwe n’ubutumwa bwa Perezida wa Kenya, William Ruto, buvuga ko yiteguye guhura n’umukuru w’abatavuga rumwe n’ubutegetsi bwe, Raila Odinga.

Imyigaragambyo yari imaze kugwamo abantu batari bake
Imyigaragambyo yari imaze kugwamo abantu batari bake

Mu butumwa Perezida Ruto yanyujije kuri twitter yagize ati "Nshuti yanjye Raila Odinga, ndi mu nama muri Tanzania ku iterambere ry’abakozi igamije guhuriza hamwe kwagura amahirwe y’akazi ku mugabane wacu. Ningaruka, kandi nk’uko usanzwe ubizi, mfite umwanya wo guhura nawe imbona nkubone igihe icyo ari cyo cyose kikubereye".

Raila Odinga amaze igihe ayobora iyo myigaragambyo yo guhatira Leta kugabanya imisoro no kugabanya ku bindi biciro biri hejuru, ibintu avuga ko bibangamiye abaturage ba Kenya.

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka