Abanyamuryango ba Koperative Muganga SACCO barasaba kugabanyirizwa inyungu, ku nguzanyo zitandukanye bahabwa kugira ngo bibafashe kurushaho kwiteza imbere, kubera ko basanga zikiri hejuru.
Ubuyobozi bw’umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (IBUKA), buravuga ko imbuga nkoranyambaga zikoreshejwe neza zagira uruhare mu gutanga amakuru y’aho abakoze Jenoside bacyihishahisha baherereye, nyuma y’uko hari umusore wazikoresheje, bifasha kumenya aho uwo yabonye yica Abatutsi aherereye.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente ari kumwe na Minisitiri w’Ubutegetsi bw’Igihugu na Minisitiri w’Ibikorwa by’Ubutabazi, Guverineri w’Intara y’Iburengerazuba Habitegeko François, umugaba w’Ingabo z’u Rwanda hamwe n’Umuyobozi wa Polisi y’u Rwanda, bifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rubavu mu gushyingura abapfuye 13 (…)
Abarokokeye Jenoside yakorewe Abatutsi mu rufunzo rw’umugezi w’Akanyaru mu Karere ka Bugesera, bavuga ko bisi za ONATRACOM arizo zifashishijwe mu kuzana interahamwe ziturutse mu bice bitandukanye by’Igihugu, mu kwica abari bihishe mu rufunzo bavumbuwe n’indege za gisirikare zamishagamo ibisasu.
Nyuma y’uko igihugu cy’u Rwanda cyibasiwe n’ibiza by’imvura yaraye igwa mu ijoro rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, abantu 127 bakahatakariza ubuzima, Intara y’uburengerazuba n’iy’Amajyaruguru, nizo zibasiwe cyane n’ibyo biza.
Kompanyi y’u Rwanda y’ubwikorezi bwo mu kirere RwandAir na Qatar Airways yo muri Qatar batangije ubufatanye mu bijyanye n’ubwikorezi bw’imizigo mu kirere, hagamijwe gukomeza kuzamura ubucuruzi ku Mugabane wa Afurika n’ahandi ku Isi izo Kompanyi zombi zikorera.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, yavuze ko inzu zirenga 7,000 nta wemerewe kongera kuzituramo, nyuma y’uko zishegeshwe hakabamo n’izashenywe n’ibiza mu Ntara z’Iburengerazuba n’Amajyaruguru, hirindwa ko zabagwira.
Abaminisitiri batandukanye basuye abaturage bo mu Karere ka Rubavu bangirijwe n’ibiza, babizeza ubutabazi bwihuse n’umutekano.
Mu rwego rwo gukomeza gufata neza abakiriya bayo, by’umwihariko abakunzi b’umuziki n’imyidagaduro muri rusange, sosiyete icuruza ibijyanye no gusakaza amashusho mu Rwanda, StarTimes, yongereye shene nshya yitwa Trace Africa ku zo yari isanganywe kuri Dekoderi zayo yaba ikoresha antene y’igisahani cyangwa ikoresha iy’udushami.
Mu butumwa Perezida wa Komisiyo ya Afurika yunze Ubumwe (AU), Moussa Faki Mahamat yanyujije kuri Twitter, yihanganishije Abanyarwanda baburiye ababo mu biza byibasiye Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwitabira amarushanwa yo gusoma no gufata mu mutwe Igitabo gitagatifu cya Korowani, ruratangaza ko abamaze gucengerwa n’inyigisho zikubiye muri iki gitabo, badashobora kwishora mu bikorwa by’iterabwoba.
Ubwo i Kinazi mu Karere ka Ruhango hibukwaga ku nshuro ya 29 Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, ku Mayaga ya Ntongwe ku wa 30 Mata 2023, hifujwe ko n’ubwo hari bamwe mu bakoze Jenoside muri ako gace batarafatwa, bakwiye gufungwa mu buryo bw’amazina n’amafoto, abantu bakajya bamenya ayo mateka.
Perezida Paul Kagame, yakiriye muri Village Urugwiro Minisitiri w’Intebe wungirije, akaba na Minisitiri w’Umutekano wa Repubulika ya Czech, Vít Rakušan, n’itsinda ayoboye, bagirana ibiganiro bigamije guteza imbere umubano w’Ibihugu byombi.
Uko bucya n’uko bwira, hirya no hino ku Isi hakomeza kumvikana inkuru z’ibikorwa by’abantu bitangaje, ibiteye ubwoba, ariko n’ibiteye agahinda.
Ibiza byatewe n’imvura mu Karere ka Rubavu, byangije uruganda rwa Pfunda rutunganya icyayi, ruhagarika ibikorwa.
Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) rwerekanye abantu 11 batawe muri yombi, barimo abakekwaho kwiba n’abavugwaho kugura moto zibwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, zose hamwe zikaba ari icumi.
Impunzi zo mu nkambi ya Mahama iherereye mu Karere ka Kirehe mu Ntara y’Iburasirazuba, zirasaba ko serivisi z’ubuvuzi zihatangirwa zarushaho kunozwa, kugira ngo bashobore kuvurwa neza.
Ubuyobozi bwa SPENN bwamuritse ku mugaragaro uburyo bushya bwo kohereza amafaranga kuri buri konti ya Banki zikorera mu Rwanda ndetse no kuri telefone mu buryo bwa Mobile Money.
Mu mukino w’igikombe cy’Amahoro wahuje Rayon Sports na Police FC kuri uyu Gatatu habanje gufatwa umunota wo guha icyubahiro abahitanywe n’ibiza by’imvura byatumye hacika inkangu n’imyuzure byahitanye abantu.
Uwo mugabo w’Umudage bise Jonathan M mu rwego rwo kugendera ku mategeko y’ubutavogerwa akurikizwa mu Budage, yatanze intanga ze mu mavuriro atandukanye afasha ababuze urubyaro mu Buholandi na Denmark, ndetse aziha n’abantu yamenyaniye na bo kuri murandasi, nk’uko byemejwe n’urukiko rw’akarere rwa La Haye (Hague District Court).
Nyuma y’uko amakuru aturutse i Vaticani y’itorwa rya Pariri Bartazar Ntivuguruzwa, ahabwa inshingano zo kuba Umwepisikopi wa Diyosezi ya Kabgayi kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, yavuze uko yakiriye ubwo butumwa bwa Papa Francis.
Ikipe ya Rayon Sports yasezereye Police FC muri 1/4 cy’igikombe cy’Amahoro iyitsinze ibitego 3-1 kuri Kigali Pele Stadium kuri uyu wa Gatatu.
Perezida Paul Kagame yihanganishije imiryango yabuze ababo n’abakomerekeye mu biza byatewe n’imvura nyinshi yaguye mu bice bitandukanye by’Intara y’Iburengerazuba, Amajyaruguru, n’Amajyepfo mu ijoro rishyira ku itariki ya 03 Gicurasi 2023, bigateza inkangu n’imyuzure.
Umuyobozi w’ikipe ya Arsenal, Mikel Arteta, yemeje ko bagiye gushyikiriza ubutabera umufana wabo wamurikishije ikaramu ifite agatara k’icyatsi, mu jisho rya Mykhailo Mudryk mu mukino Arsenal yaraye itsinzemo Chelsea 3-1.
Umuvugizi wungirije wa Guverinoma y’u Rwanda, Alain Mukuralinda, mu kiganiro yagiranye na Televiziyo y’u Rwanda, kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gicurasi 2023, yagaragaje ingamba Leta yafashe mu rwego rwo guhangana n’ibi biza, anahumuriza abahuye nabyo.
Ibigo by’imari byemewe na Banki Nkuru y’u Rwanda (BNR), bigiye kujya bihabwa ibihano birimo kwamburwa impushya zo gukora ku batera inkunga iterabwoba, kutubahiriza amabwiriza yo gukumira iyezandonke no gutera inkunga ikwirakwizwa ry’intwaro za kirimbuzi.
Padiri Munyeshyaka Wenceslas yirukanywe burundu na Papa Francis ku nshingano zose z’Igipadiri. Padiri Munyeshyaka akekwaho kuba yaragize uruhare muri Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda mu 1994, nyuma agahungira mu Bufaransa, aho atuye kugeza n’ubu ndetse akaba yari yarakomerejeyo umurimo w’Ubupadiri muri Paruwasi (…)
Imvura yaguye mu ijoro ryakeye kuri uyu wa Gatatu tariki 3 Gicurasi 2023 kugeza mu gitondo, imaze guhitana ubuzima bw’abaturage barenga 109 mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru (imibare ya mu gitondo ahagana saa tatu).
Abagize ihuriro rihuza za sendika zikorera ubuvugizi abakora imirimo itanditse (abazunguzayi ndetse n’abandi bakora bene iyo mirimo), rizwi nka Street Net International (SNI), babarirwa muri 200 baturutse mu bihugu 52 byo hirya no hino ku Isi, bari mu Rwanda mu nteko rusange ya karindwi y’iryo huriro.
Perezida Paul Kagame kuri uyu wa Kabiri, tariki 2 Gicurasi 2023, yakiriye muri Village Urugwiro, intumwa ziturutse mu ishuri Mpuzamahanga ry’Ubucuruzi, INSEAD.
Ku wa kabiri tariki 2 Gicurasi 2023, ikipe y’Igihugu y’abakobwa batarengeje imyaka 17 muri Handball, yazengurutse ibice bitandukanye by’Umujyi wa Kigali yereka Abanyarwanda igikombe yegukanye, mu mikino y’Akarere ka gatanu ikubutsemo muri Tanzania.
Guverineri w’Intara y’Iburasirazuba, Habitegeko François, yatangaje ko ibiza byahitanye imiryango myinshi mu Ntara ayoboye, ndetse imibare imaze kumenyekana y’abahitanywe nabyo ikaba igera ku bantu 55.
Ubuyobozi bwa Tele 10 bufite mu nshingano ifatabuguzi rya DStv, buratangaza ko iryo fatabuguzi ritakiri iry’abafite amikoro ahambaye gusa nk’uko byari bisanzwe, ahubwo ari iry’Abanyarwanda n’abatuye u Rwanda bose.
Uko ubukungu bw’igihugu buzagenda buzamuka imishahara y’abakozi ba Leta ishobora kuzagenda yiyongera nk’uko byavuzwe na Mwambari Faustin, Umuyobozi mukuru w’umurimo muri Minisiteri y’Abakozi ba Leta n’Umurimo (MIFOTRA), mu munsi mpuzamahanga w’umurimo wizihizwa tariki ya 1 Gicurasi.
Umukino wo kwishyura wa 1/4 mu gikombe cy’Amahoro 2023 uzahuza Rayon Sports na Police FC kuwa 3 Gicurasi 2023 wakuwe i Muhanga ushyirwa kuri Kigali Pelé Stadium.
Perezida w’Umutwe w’Abadepite Mukabarisa Donatille yagiranye ibiganiro n’Abadepite bo muri Zambia bari mu ruzinduko mu Rwanda biyemeze gukomeza gushimangira umubano w’ibihugu byombi.
Mugihe hasigaye ukwezi n’iminsi ibarirwa ku ntoki ngo isiganwa ngaruka mwaka ry’amahoro rya Kigali (Kigali International Peace Marathon) ritangire, abiyandikisha ku ryitabira bakomeje kwiyongera bijyanye n’uburyohe ndetse n’isuranshya bizaranga iry’uyu mwaka.
Nyuma y’uko amwe mu makaritsiye agize umujyi wa Musanze no mu nkengero zawo, hakomeje kuvugwa ubujura bwambura abaturage, ahacukurwa inzu no kwamburira abantu mu mihanda, ubu haravugwa n’ubujura bw’imyaka mu mirima cyane cyane ibirayi.
Abanyeshuri barangije kwiga muri Kaminuza y’Ubukerarugendo n’Ikoranabuhanga (UTB), bavuga ko bamaze imyaka irenga ibiri bizezwa impamyabumenyi zabo, ariko ngo amaso yaheze mu kirere.
Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari two mu Karere ka Huye, bizihije umunsi w’Umurimo biyemeza kurushaho gukora umurimo unoze, kandi ngo bazabigeraho kuko bashyikirijwe moto zizabafasha mu ngendo begera abaturage.
Minisitiri w’Umurimo muri Uganda, Charles Okello Engola, wari ufite imyaka 64 y’amavuko, yarashwe n’uwari ushinzwe kumurinda ahita apfa aguye iwe mu rugo, ahitwa Kyanja muri Kampala.
Kuri uyu wa 2 Gicurasi 2023, Papa Faransisiko yatoreye Padiri Balitazari Ntivuguruzwa, kuba Umwepiskopi wa Diyosezi ya Kabgayi, asimbuye Musenyeri Simaragidi Mbonyintege, ugiye mu kiruhuko cy’izabukuru.
Minisitiri w’Ingabo wa Uganda, Vincent Bamulangaki Sempijja, yavuze ko kwiyemeza n’ubudaheranwa byagaragajwe n’Abanyarwanda, nyuma ya Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994, byagombye kubera Isi yose urugero ku bijyanye n’iterambere.
Buri Munyarwanda iyo umubwiye ahitwa Nyabugogo ahita ahamenya ndetse abenshi batarahagera bahafata nk’ahantu bahingukira bwa mbere iyo bakinjira mu mujyi wa Kigali.
Bamwe mu baturage bivuriza ku bitaro bishya by’Akarere ka Gakenke bizwi ku izina ry’ibitaro bya Gatonde, baravuga ko babangamiwe na zimwe mu nyubako ziva mu gihe cy’imvura, kuko bituma badahabwa service neza.
Itsinda rigizwe n’Abanyeshuri n’abarimu babo baturutse mu Ishuri rikuru rya gisirikare muri Ghana, bari mu rugendoshuri ruzamara icyumweru mu Rwanda.
Ikigo gishinzwe Ubumenyi bw’Ikirere (Meteo-Rwanda), kivuga ko mu Rwanda hateganyijwe imvura igwa buri munsi yikurikiranya mu minsi ine, kuva tariki ya 1 kugeza ku ya 4 Gicurasi 2023.
Abanyarwanda 32 babaga i Khartoum muri Sudani, bari kumwe n’abandi bantu 10 bakomoka mu bindi bihugu, baraye bageze mu Rwanda bahunze intambara ibera muri icyo gihugu.
Ikipe ya Banki ya Kigali yatwaye ibikombe muri Basketball, Ikigo cy’lgihugu Gishinzwe Mine, Peteroli na Gaze n’Ubumwe Grande Hotel, byegukana ibikombe muri ruhago mu irushanwa ryateguwe mu kwizihiza umunsi w’umurimo, ryasojwe ku ya 1 Gicurasi 2023.