Inteko Ishinga Amategeko y’u Rwanda yatangaje ko ingendo Abadepite batangiye mu mpera z’Ukwezi gushize kwa Gicurasi, zikomereza mu Mujyi wa Kigali kuva kuri uyu wa Gatandatu tariki 11 Kamena 2023.
Ku wa Gatanu tariki ya 9 Kamena 2023 mu Karere ka Rulindo habereye igikorwa cyo gutora Umuyobozi w’Akarere Wungirije Ushinzwe Iterambere ry’Ubukungu, uwatowe akaba ari Rugerinyange Theoneste wasimbuye Mutsinzi Antoine wahawe inshingano zo kuyobora Akarere ka Kicukiro.
Abafatanyabikorwa b’Akarere ka Kamonyi barasaba ko igihe giteganyijwe cyo kumurika no gucuruza ibyo bakora cyakongerwa, kugira ngo ibyo baba bazanye babone umwanya wo kubicuruza no gukomeza guha amakuru ababagana.
Minisitiri w’Ingabo z’u Rwanda, Juvenal Marizamunda, yabwiye Abofisiye bakuru baturutse mu bihugu 11 byo ku mugabane wa Afurika ko bahanzwe amaso mu kubakira ku bumenyi bakesha amasomo bahawe, abasaba kurushaho gusigasira ubusugire bw’ibihugu bakomokamo.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yakiriye abayobozi baturutse muri Volkswagen aho bari mu Rwanda mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka itanu y’ubufatanye buri hagati y’u Rwanda n’uru ruganda.
Madamu Jeannette Kagame arashishikariza Abanyarwanda muri rusange, n’urubyiruko by’umwihariko, kwibona nk’abanyamigabane mu kubaka u Rwanda.
Abakora umwuga wo gutwara abantu n’ibintu kuri moto mu Karere ka Nyagatare bafite impungenge ko ibinyabiziga byabo bishobora gutezwa cyamunara kubera kunanirwa kwishyura amadeni y’amakosa batakoze, bikekwa ko biterwa n’abahindura ibirango by’ibinyabiziga.
Ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023, mu Karere ka Ngoma batashye gare yuzuye itwaye Amafaranga y’u Rwanda Miliyoni 750, ikaba ifite ubushobozi bwo kwakira imodoka hagati ya 150 na 200, yubatswe na Jali Investment Group.
Umuyobozi w’ishuri ribanza rya Birembo, Rukundo Jean Baptiste, mu Kagari ka Mpushi, Umurenge wa Musambira mu Karere ka Kamonyi, avuga ko ibyumba bitatu barimo kubakirwa bigiye gukemura ikibazo cy’abana basangiraga icyumba kimwe cy’ishuri batiga mu mwaka umwe.
I Kigali hakomeje kubera umwiherero wa Komite Ihoraho y’Umuryango wa Afurika Yunze Ubumwe, ugamije kwiga aho amavugurura yakozwe mu nzego z’uyu muryango ajyanye n’imikorere yawo ageze ashyirwa mu bikorwa.
Abanyamuryango ba koperative ihinga umuceri mu Karere ka Gisagara yitwa Coproriz-Nyiramageni, baravuga ko bamenye ko koperative yabo ifite igihombo cy’amafaranga menshi, bakanifuza ko byabazwa uwayiyoboraga.
Imvura nyinshi yaguye muri Haiti mu ntangiriro z’uku kwezi kwa Kamena, imaze guhitana ubuzima bw’abantu 51 abandi 140 barakomereka, mu gihe abandi 18 baburiwe irengero nk’uko byatangajwe n’ubuyobozi bwa ‘Civil Protection Directorate’.
Umuvugizi wa Polisi mu Ntara y’Iburengerazuba, CIP Mucyo Rukundo, yabwiye Kigali Today ko tariki 7 Kamena 2023, umuturage yatoraguye imbunda ebyiri mu murima ahinga, zishyikirizwa inzego z’umutekano.
Abadepite mu Nteko Ishinga Amategeko, barasaba ko bajya batumirwa mu nteko z’abaturage mu mirenge, kugira ngo na bo bagire uruhare mu bitekerezo bitangwa.
Imiryango 100 iheruka kwibasirwa n’ibiza yo mu Murenge wa Kimonyi mu Karere ka Musanze, yashyikirijwe ibiribwa, imyambaro n’ibikoresho by’ibanze byo kubunganira mu mibereho no kubafasha guhangana n’ingaruka ibyo biza byabasigiye.
Umujyanama Mukuru wa Perezida wa Repubulika mu by’umutekano, General James Kabarebe, yagiriye uruzinduko rw’iminsi itatu muri Repubulika ya Santarafurika, aho yasuye Ingabo z’u Rwanda ziri mu butumwa bw’Umuryango w’Abibumbye bwo kubungabunga amahoro(MINUSCA).
Bamwe mu bacumbikiwe muri Site y’Inyemeramihigo mu Murenge wa Rugerero, Akarere ka Rubavu, baremeza ko ibiza byatandukanyije abashakanye, aho umugabo akumbura umugore we n’ubwo baba mu nkambi imwe.
Kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023, itsinda riturutse mu Ngabo z’u Bufaransa (FAF) riyobowe na Brig Gen Fabien Kuzniak, Umuyobozi w’Ishami rishinzwe Ubutwererane n’Amahanga, ryatangiye uruzinduko rw’akazi mu Rwanda.
Perezida Paul Kagame yakiriye mugenzi we wa Repubulika ya Santarafurika, Prof. Faustin-Archange Touadéra, uri mu ruzinduko rw’akazi mu Rwanda. Ibiro by’Umukuru w’Igihugu byatangaje ko Perezida Kagame yakiriye mugenzi we ku gicamunsi cyo kuri uyu wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umuyobozi Nshingwabikorwa wungirije w’Akarere ka Kicukiro, Madamu Ann Monique Huss, ari kumwe n’abafatanyabikorwa batandukanye, batangije ubukangurambaga bwo kwita ku ngo mbonezamikurire (ECDs) mu Karere ka Kicukiro ndetse no gutegura indyo yuzuye.
Imiriro y’Impeshyi yibasiye amashyamba mu Ntara ya Quebec muri Canada yateje imyotsi myinshi yijimisha ikirere cya Leta zunze Ubumwe za Amerika (USA), binateza abantu guhumeka umwuka mubi.
Lt Col Simon Kabera wagizwe Umuvugizi Wungirije w’ Ingabo z’u Rwanda (RDF) kuri uyu wa Kane tariki 8 Kamena 2023, afite imyaka 50 y’amavuko, kuko yavutse mu 1973. Yavukiye muri Uganda, akomoka ku babyeyi b’Abanyarwanda bari barahungiye muri Uganda mu 1962.
Kubera ikibazo cy’ingengo y’imari idahagije, Komite mpuzamahanga ya Croix Rouge (ICRC), igiye gufunga amashami yayo 26 muri 350 ifite hirya no hino ku Isi, ndetse inirukane abakozi bayo 1800 kubera ikibazo cy’amikoro.
Umuyobozi muri Minisiteri y’Ubuzima ya Uganda yatangaje ko Perezida Yoweri Kaguta Museveni bamusanzemo COVID-19, ariko ngo nta bibazo by’ubuzima afite ndetse ngo akomeje imirimo ye nk’ibisanzwe mu gihe arimo kwitabwaho.
Abakinnyi b’ikipe y’igihugu bahamagawe mu kwitegura umukino uzahuza u Rwanda na Mozambique, batangiye umwiherero
Mu rwego rwo gukomeza kunoza serivisi zitangwa n’ishami rya Polisi rishinzwe ibizamini, no gutanga impushya zo gutwara ibinyabiziga, abashaka gukorera impushya za burundu bashyiriweho uburyo bushya bwo kuzakoramo ibizamini byari biteganyijwe mu gihe cy’umwaka, bikazakorwa mu mezi abiri gusa.
Imvura yaguye muri Werurwe 2023, nyuma yo kumara imyaka igera kuri itatu itagwa, yaguye ari nyinshi iteza imyuzure yishe abantu, igira n’ingaruka ku baturage bagera ku 300,000 muri Ethiopia no muri Somalia, nk’uko bitangazwa n’ibinyamakuru bitandukanye birimo Aljazeera.
Ikigo gishinzwe Ubushakashatsi n’Iterambere mu by’Inganda (NIRDA), kivuga ko uruganda rw’i Nyabihu rwoza, rutonora ndetse rugakata ifiriti mu birayi, rugitegereje abaruhaye imashini kugira ngo babanze baze mu Rwanda kwerekana uko ikora.
Umushumba wa Kiliziya Gatolika ku Isi, Papa Francis, ku wa Gatatu tariki 7 Kamena 2023, yajyanywe kwa muganga kubagwa kubera ikibazo yagize cy’amara.
Umuhanzi Nemeye Platini uzwi nka Platini P, wamenyekanye mu itsinda rya Dream Boys, aritegura kwerekeza ku mugabane wa Amerika, mu bitaramo bizenguruka Canada.
Ikipe ya APR FC biravugwa ko iri mu biganiro n’Umugande, Allan Kayiwa wigeze kwifuzwa na Rayon Sports.
BK TecHouse yasinyanye amasezerano y’ubufatanye n’ikigo cy’ikoranabuhanga cyitwa Africa AeTrade Group azafasha abakiriya bayo kugera ku isoko rusange rya Afurika hifashishijwe ikoranabuhanga.
Manayubahwe Kazana Leonidas, umunyeshuri wa Kaminuza ya Kigali muri Master’s (University of Kigali graduate), ni we wegukanye umwanya wa mbere mu marushanwa yateguwe na Banki nkuru y’u Rwanda (BNR) mu 2022, yiswe ‘Inaugural 2022 National Bank of Rwanda (BNR) Postgraduate Research Competition’.
Kuri uyu wa Gatatu tariki ya 7 Kamena 2023, Perezida wa Repubulika Paul Kagame, yakiriye indahiro z’abayobozi baherutse guhabwa inshingano nshya, abasaba kwita ku nshingano bahawe.
Nshimirimana Ismael bakunda kwita Pitchou wakiniraga ikipe ya Kiyovu Sports hagati mu kibuga ari mu biganiro bishobora gutuma yinjira mu ikipe ya Rayon Sports.
Urukiko rwatangaje ko Kabuga Félicien ukurikiranyweho ibyaha bya Jenoside yakorewe Abatutsi 1994, kubera ibibazo by’ubuzima adafite ubushobozi bwo gukomeza kuburana.
Inzego z’umutekano n’ubuyobozi bw’Akarere ka Ruhango, barasaba abaturage kwirinda kwihanira ahubwo bagakumira ibyaha bitaraba, mu rwego rwo kwirinda ubwicanyi buturuka ku makimbirane mu miryango.
Nyuma y’uko Intara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru zibasiwe n’ibiza by’imvura, byateye abaturage mu ijoro rishyira itariki 03 Gicurasi 2023, bigatwara ubuzima bw’abantu 135, hakomeje kwibazwa uburyo abarokotse ibyo biza babayeho.
Imiryango 26 yo mu Mirenge ya Shingiro, Gataraga na Busogo yo mu Karere ka Musanze, yahawe inka zo gufasha abayigize kuvana abana mu mirire mibi, hanatangizwa gahunda y’igikoni cy’itorero.
Muri Tanzania ahitwa Mikumi, abantu batanu bapfuye abandi 15 barakomereka, mu mpanuka y’imodoka yo mu bwoko bwa Coaster yavaga ahitwa Mbeya, yagonganye n’Ikamyo igeze ahitwa Mikumi mu Ntara ya Morogoro.
Inzego zifite aho zihuriye n’umutekano mu Rwanda, zirimo guhabwa amahugurwa ku iyubahirizwa ry’amategeko mu gihe cy’intambara, kugira ngo mu gihe bari mu bikorwa bya gisirikare barusheho kuyubahiriza.
Minisitiri w’Ubucuruzi n’Inganda w’ u Rwanda, Dr Jean-Chrysostome Ngabitsinze, kuva tariki ya 05 Kamena 2023, ari i London mu Bwongereza aho yitabiriye Inama y’Abaminisitiri bagize Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza, Commonwealth, akaba ari na we wayiyoboye.
Kuri uyu wa Kabiri ikipe ya Kiyovu Sports yatangaje ko yatandukanye n’abakinnyi bayo babiri barimo rutahizamu Erissa Ssekisambu.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) na Ambasade y’u Buyapani mu Rwanda, basuye uruganda rw’amazi rwa Nzove nyuma yo guhabwa imiyoboro minini izatanga amazi aho yaburaga muri Kigali, guhera ku wa Kane tariki 08 Kamena 2023.
Umugabo witwa Rukundo Ndahiriwe Laurent, yaguye mu mpanuka yaturutse ku cyuma gikoresha ikoranabuhanga mu kuzamura no kumanura abantu mu igorofa, kizwi nka asanseri (Ascenseur) ahita apfa.
Kimisiyo y’amatora ya FERWAFA imaze gutangaza urutonde rw’abakandida bemerewe kwiyamamariza kuyobora FERWAFA
Perezida wa Repubulika, Paul Kagame, kuri uyu mugoroba tariki ya 6 Kamena 2023, ayoboye Inama y’Abaminisitiri irimo kwiga ku ngamba na Politiki zinyuranye, nk’uko byatangajwe ku rubuga rwa Twitter rw’ibiro by’Umukuru w’Igihugu.
Abayobozi bakuru mu nzego za gisirikare bashyizwe mu myanya n’Umukuru w’Igihugu, bamaze kugera mu nshingano, aho Lt Gen Mubarakh Muganga, wagizwe umugaba mukuru w’Ingabo z’u Rwanda, yahererekanyije ububasha n’uwo asimbuye, Gen Kazura Jean Bosco.
Ababyeyi ba Noah Anterhope Nziza barishimira ko abaganga bo mu Buhinde babavuriye umwana ubu akaba yarakize, bakanashima cyane Leta y’u Rwanda yabafashije kumuvuza ndetse n’abantu bitanze, bakegeranya amafaranga yabafashije mu kumuvuza.