Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Gicumbi, yafatanye abasore babiri moto yari yibwe barimo gushaka kuyigurisha.
Abaturage bo mu mirenge itandukanye mu Karere ka Rubavu, batangiye gukusanya inkunga yo gufata mu mugongo imiryango yasenyewe n’ibiza byabaye mu ijoro rya tariki 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023.
IBUKA mu Karere ka Musanze, irasaba ko urwibutso rwa Jenoside rwa Musanze ruhindurwa inzu ndangamateka, bitewe n’umwihariko w’Abatutsi bari bahungiye mu ngoro y’Ubutabera, bakahicirwa kandi bari bizeye kuhakirira.
Mu ishyirwa mu bikorwa ry’Igishushanyo-mbobera cy’Umujyi wa Kigali kuva muri 2020-2050, Ubuyobozi bw’uyu Mujyi buvuga ko abantu bazashakirwa amacumbi rwagati muri Nyarugenge na Nyabugogo, bikazatuma bakora amasaha yose y’umunsi 24/24.
Ikompanyi y’u Bushinwa yubaka imihanda (CRBC), yifatanije na Leta y’u Rwanda mu gutabara no gutera inkunga abaturage basizwe iheruheru n’ibiza by’inkangu n’umwuzure ukabije, biherutse kwibasira Intara y’Iburengerazuba, iy’Amajyaruguru n’iy’Amajyepfo.
Guverinoma y’u Rwanda yatangaje ko nyuma yo kubyemeranywaho n’ababuriye ababo mu kirombe cyacukurwaga mu buryo bunyuranyije n’amategeko, mu Murenge wa Kinazi mu Karere ka Huye, kubashakisha bihagaritswe.
Kompanyi eshatu ari zo Kigali City Tour (KCT), Ikaze Rwanda Tours & Travel, na QA Venue Solutions Rwanda isanzwe icunga inzu y’imyidagaduro n’imikino ya BK Arena, zatangije ubukerarugendo bwiswe ‘BK Arena Guided Tours’ bugamije gufasha abashaka gusura iyo nzu.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’ubutabazi (MINEMA), yatangaje ko inyubako z’amashuri zirenga 50 zagizweho ingaruka n’ibiza byibasiye cyane uturere two mu Ntara y’Iburengerazuba, ariko ngo harakorwa ibishoboka byose kugira ngo abanyeshuri bakomeze kwiga.
Umwami mushya w’u Bwongereza Charles III, uherutse gusimbura umubyeyi we Elisabeth II, yimikanywe n’Umugore we Camilla kuri uyu wa Gatandatu tariki 6 Gicurasi 2023.
Kuri uyu wa Gatandatu amakipe yiganjemo arwana no kutamanuka yakinnye imikino y’umunsi wa 28 Marine FC ishyira Bugesera FC ahabi,Rutsiro FC nayo ibarisha nabi Sunrise FC iyitsinda 1-0.
U Rwanda rurashimirwa n’abagize Ihuriro ry’ibihugu bya Afurika rigamije kubungabunga ibidukikije no kurengera urusobe rw’ibinyabuzima (AfriMAB), n’iryo kwiga uburyo umuntu yahuzwa n’urusobe rw’ibinyabuzima (MAB), nyuma y’iminsi itanu bamaze mu Rwanda mu nama Nyafurika ya karindwi y’iryo huriro.
Kugeza ubu abaturage ba Sudani nk’uko byatangajwe n’ibinyamakuru bitandukanye, bafite ibibazo byinshi biterwa no kuba bamaze iminsi igera kuri 20 bugarijwe n’intambara.
Ubuyobozi bwa Banki ya Kigali (BK), buvuga ko bwashoye amafaranga abarirwa muri Miliyari 150 mu buhinzi n’ubworozi, mu gihe cy’imyaka itanu uhereye muri uyu wa 2023, mu rwego rwo kugira uruhare mu kubiteza imbere.
Ubuyobozi bw’Umujyi wa Kigali bwatangaje ko nta Siporo rusange #CarFreDay, izakorwa kuri iki Cyumweru tariki 7 Gicurasi 2023, mu rwego rwo kuzirikana abahitanywe n’ibiza mu Ntara z’Iburengerazuba, Amajyaruguru n’Amajyepfo, mu ijoro ryakeye ku itariki 3 Gicurasi 2023.
Guhera kuri uyu wa Gatandatu mu Karere ka Gisagara, mu Ntara y’Amajyepfo, harakinirwa imikino ya nyuma ya Volleyball y’abafite ubumuga (sitting volleyball) mu bagbo n’abagore.
Minisiteri y’Ibikorwa Remezo (MININFRA) yatangaje ko gusana ibikorwa remezo, byangijwe n’ibiza biheruka kwibasira bikomeye ibice byo mu Ntara y’Iburengerazuba n’Amajyaruguru, bizatwara arenga Miliyari 110Frw.
Abajyanama b’ubuzima 175, ku wa Gatanu tariki 5 Gicurasi 2023, boherejwe mu bigo bibiri (Vision Jeunesse Nouvelle na Kanyefurwe) byo mu Karere ka Rubavu, bicumbikiye abagizweho ingaruka n’ibiza, kugira ngo bite by’umwihariko ku bana.
Itsinda ry’abantu 50 bacuruza ikawa muri Amerika binyuze muri Kompanyi yitwa Starbucks, bagiriye uruzinduko mu Karere ka Gakenke, aho bakomeje gusura ibikorwa by’abahinzi b’ikawa, bibumbiye muri Koperative “Dukundekawa Musasa”, ikorera ubuhinzi mu Murenge wa Ruli.
Imodoka yo mu bwoko bwa Fuso yikorera imizigo, yataye umuhanda yinjira mu nzu y’ubucuruzi yangiza ibyarimo ariko ntihagira uhasiga ubuzima.
Urubyiruko rw’Abayisilamu rwize mu mahanga, rwibumbiye mu muryango witwa ‘HODESO’, rwubatse ibiro bishya by’Akagari ka Cyabararika mu Murenge wa Muhoza w’Akarere ka Musanze.
Abaturage bo mu Karere ka Bugesera by’umwihariko abo mu Murenge wa Juru, bifuza ko Abajyanama b’Akarere barushaho kubaba hafi, bakamenya ibyifuzo byabo n’uko babayeho.
Umuyobozi w’Akarere ka Rubavu, Kambogo Ildephonse, yahagaritswe mu mirimo n’Inama Njyanama, imushinja kutuzuza inshingano ze, harimo n’ibibazo birebana n’ibiza byahitanye benshi muri ako karere.
Hategekimana Philippe uzwi ku izina rya Biguma, wari umujandarume mu gihe cya Jenoside, azatangira kuburana mu rukiko rwa rubanda i Paris mu Bufaransa, guhera tariki ya 10 Gicurasi 2023.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje uburyo bwo gucishamo inkunga y’infashanyo ku baturage baherutse kwibasirwa n’ibiza byahitanye abantu 131. Ni nyuma y’uko inzego zinyuranye zakomeje kwihanganisha u Rwanda, ndetse hari n’abari bamaze kwegeranya inkunga yabo.
Ingabo z’u Rwanda (RWABAT2) ziri mu bikorwa by’Umuryango w’Abibumbye byo kugarura amahoro muri Repubulika ya Santarafurika(MINUSCA), zambitswe imidari y’ishimwe.
Minisitiri w’Ibidukikije, Dr Mujawamariya Jeanne d’Arc, arashishikariza Abanyarwanda guhindura imyumvire mu guteka ibishyimbo, by’umwihariko abatekera abantu benshi nko mu bigo by’amashuri, mu rwego rwo kugabanya ibiti bitemwa no kubungabunga ibidukikije, aho abasaba kubanza kubitumbika mu mazi.
Minisiteri y’Ubuzima yahawe inkunga izafasha Igihugu kongera umubare w’ababyaza no kubongerera ubumenyi. Iyo nkunga igizwe n’ibikoresho bitandukanye by’imfashanyagisho bifite agaciro k’ibihumbi ijana by’Amadolari (abarirwa muri Miliyoni 111 z’Amafaranga y’u Rwanda), ibyo bikoresho bikaba bigenewe amashuri arindwi yigisha (…)
Perezida Paul Kagame uyobora Umuryango w’Ibihugu bikoresha ururimi rw’Icyongereza (Commonwealth) muri iki gihe, yitabiriye inama y’Abakuru b’Ibihugu na za Guverinoma bahuriye muri uyu muryango. Iyi nama yanitabiriwe n’Umwami Charles III w’u Bwongereza.
Amashusho ya videwo atarabonerwa gihamya, arimo kuzenguruka ku mbuga nkoranyambaga z’u Burusiya yerekana umwotsi uturuka inyuma y’ibiro bya Perezida (Kremlin), nyuma y’igitero bivugwa ko cyagabwe n’indege itagira umupilote (drone).
Mu bakora urugendo nyobokamana i Kibeho, hari abapfukama bagakoza umutwe ku butaka cyangwa bakabusoma bakihagera, bakanahagenda nta nkweto, kuko baba bavuga ko ari Ahatagatifu.
Minisiteri ishinzwe ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA), yatangaje ko abantu bishwe n’ibiza byabaye mu ijoro rya tariki 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023 ari 131, bikomeretsa abantu 94 umwe aburirwa irengero.
Umuryango uharanira inyungu z’abarokotse Jenoside yakorewe Abatutsi mu Rwanda (IBUKA), uvuga ko kuba Munyeshyaka Wenceslas yarirukanywe hashingiwe ku cyemezo cya Papa Francis, agakurwa mu nshingano zose z’ubusaseridoti bitagombye kurangirira aho, ahubwo yagombye gukomeza gukurikiranwa no kuburanishwa ku ruhare (…)
Aborozi b’amatungo magufi mu Karere ka Gatsibo barishimira ko batakivunika bajya gushaka ibiryo by’amatungo kuko babonye uruganda rubitunganya hafi yabo kandi ku giciro gito ugereranyije n’icyo baguriragaho.
Abaturage basanzwe batunzwe no guhingira amafaranga abatunga barataka ibura ry’akazi kuko n’akabonetse ngo bahembwa macye cyane atabasha guhahira urugo. Ubusanzwe mu Karere ka Nyagatare gukora mu murima w’ibigori, amasaka cyangwa ibishyimbo ntihabarwa umubyizi ahubwo babara umubare w’ibyate (intambwe) yakoze.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Nyagatare, Hategikimana Fred, avuga ko ibagiro rya kijyambere rya Nyagatare ririmo kubakwa niryuzura, nta modoka zizongera gupakira amatungo ahubwo zizajya zipakira inyama zayo.
Nyuma yuko umutoza wa Musanze FC,Adel Ahmed atumvikanye n’ubuyobozi ku bijyanye n’imikinishirize y’ikipe,umukino uzayihuza na Kiyovu Sports ku cyumweru uzatozwa n’abayobowe n’ushinzwe ubuzima bw’ikipe Imurora Japhet.
Kiliziya y’u Bwongereza (The Church of England) yasohoye raporo yise ‘Love Matters’ (Iby’Urukundo) igaragaza ko abantu b’ingaragu bagombye guhabwa agaciro kandi bakagenerwa igihe cyo kwizihizwa muri kiliziya no mu muryango mugari.
Abayobozi mu nzego z’ibanze bavuga ko bihaye ingamba zo kurandura ihohoterwa mu miryango n’irikorerwa abana, bahereye ku Isibo kuko ingo zifitanye amakimbirane ariho zibarizwa.
Umuryango w’Abahoze ari Abanyeshuri barokotse Jenoside yakorewe Abatutsi (GAERG), urimo kwigisha abana n’abarimu b’amashuri abanza, kurwanya ibibazo byibasira ubuzima bwo mu mutwe byiganje mu barokotse.
Mu mishinga 50 y’ubuhinzi y’urubyiruko yatoranyijwe mu bice bitandukanye by’Igihugu, yarimo guhatana mu irushanwa ImaliAgriChallenge, 30 muri yo yatoranyijwe ikazakomeza mu cyiciro cya nyuma.
Mu ijoro ryacyeye ku wa 4 Gicurasi 2023, ikipe ya Napoli yegukanye shampiyona y’u Butaliyani 2022-2023 nyuma y’imyaka 33 itabikora.
Minisitiri w’Intebe Dr. Edouard Ngirente yifatanyije n’abaturage b’Akarere ka Rubavu mu gushyingura abaturage 13 bapfuye bishwe n’ibiza byabaye mu ijoro ryo ku itariki ya 2 rishyira tariki 3 Gicurasi 2023.
Ikipe ya APR WVC yerekeje muri Tunisia aho igiye guhagararira u Rwanda mu irushanwa rihuza amakipe yabaye aya mbere muri Afurika (2023 Women Club Championship.)
Ubuyobozi Bukuru bwa Banki ya Kigali (BK) bwaganiriye n’abakiriya bayo ba Muhanga, basezerana gukomeza ubufatanye kugira ngo bakomeze kwagura ishoramari ryabo, by’umwihariko abafite ibikorwa binini birimo n’inganda ziri kubakwa mu cyanya cy’inganda cya Muhanga, abacuruzi n’abandi bikorera.
Ibiro by’Intumwa ya Papa mu Rwanda byatangaje ko Papa Fransisiko yifatanyanyije n’Abanyarwanda mu kababaro kubera abitabye Imana bazize ibiza. Ikinyamakuru ‘Vatican News’ na cyo cyanditse ko Papa Francis yavuze ko ababajwe kandi asabira abapfuye bazize Ibiza byatewe n’imvura nyinshi mu Ntara y’Iburengerazuba (…)
Abanyarwandakazi 58 baba mu bihugu byo hirya no hino ku Isi (Diaspora) bitabiriye Itorero ry’Igihugu, bavuga ko n’ubwo baje bitwa Intore, bafite icyizere cyo gusohoka ari Abatoza, aho biteguye kujya kwerekana mu mahanga aho baba, n’ishusho y’aho u Rwanda rugeze mu kwimakaza ubumwe bw’Abanyarwanda.
Perezida wa Repubulika Paul Kagame yageze i London mu Bwongereza, aho yitabiriye umuhango wo kwimika Umwami Charles III uzaba tariki 6 Gicurasi 2023.
Urwego rw’Ubugenzuzi Bukuru bw’Imari ya Leta (OAG), rwatangarije Inteko Ishinga Amategeko (Imitwe yombi), ko hari inzego zitakoresheje neza Ingengo y’Imari y’Umwaka wa 2021/2022, icyo gihe yanganaga na Miliyari 4,604Frw.