Ikiyaga cya Kivu nticyahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo
Ikigo cy’igihugu cyo kubungabunga ibidukikije (REMA) cyatangaje ko ikiyaga cya Kivu kitahungabanyijwe n’iruka rya Nyiragongo, ibi kikaba kibitangaje cyifashishije ubugenzuzi bwakozwe n’ishami ryacyo rikorera mu Karere ka Rubavu rishinzwe kugenzura ubudahungabana bw’ikiyaga cya Kivu rizwi nka "Lake Kivu Monitoring Program".

Iri tsinda ryakomeje gukurikirana ikiyaga cya Kivu mu matariki y’iruka rya Nyiragongo no mu bihe by’imitingito imaze igihe mu Karere ka Rubavu ndetse imwe igakubitira mu kiyaga cya Kivu no ku nkombe zacyo.
Hagendewe ku igenzura ryakozwe n’ubushakashatsi bw’ikigo cya REMA, ibyagendeweho bigaragaza ko ibidukikije byakomeje kubaho neza mu mazi nyuma yo kuruka kwa Nyiragongo.
Iri tsinda ryakoze ibipimo by’amazi birimo ubushyuhe, ubwikorezi, umwuka uhumekwa "oxygen", chlorophyll, na pH.
REMA itangaza ko ibisubizo byerekana ko ikiyaga kigifite umutekano, kandi nta mpinduka zigeze zigaragara kuva ku ya 22 kugeza ku ya 27 Gicurasi 2021.
REMA yagize iti “Mu gihe cyo guturika kwa Nyiragongo, abantu benshi bakomeje kwerekana impungenge z’ingaruka iruka rya Nyiragongo ryagira ku kiyaga cya Kivu, ariko amahindure y’ikirunga ntiyatembaga yerekeza mu kiyaga."
Ikomeza itanga icyizere ko ingaruka z’iruka ritazagira uruhare runini mu gutuza kw’ikiyaga.
Imitingito myinshi yumvikanye mu Karere ka Rubavu yagiye ikubitira ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, ndetse ikaba yaratumye n’amazi y’amashyuza agenda.
Icyakora nta zindi ngaruka ziraboneka haba mu kwangirika kw’ibinyabuzima biri mu Kivu cyangwa ku bikorwa bihakorerwa.
Umwuka w’ikirere ntiwahumanye
Ubusanzwe iruka ry’ibirunga rijyana n’imyotsi yoherezwa mu kirere, iyi myuka iyo igeze mu kirere igahura n’ubukonje ihinduka umucanga ugaruka ukagwa ku isi ku bintu bitandukanye harimo imboga, imbuto, ubwatsi bw’amatungo ariko abahanga mu buzima bagira inama abatuye hafi kubisukura n’amazi meza kuko kubirya bitogeje byabagiraho ingaruka bitewe n’ibigize iyo misenyi.
Naho kubera imyotsi iba iri gukwirakwira, abantu basabwa kwambara udupfukamunwa ngo batayihumeka cyangwa ikabajya mu maso.
REMA igaragaza ko ibipimo byafashwe kuva tariki ya 27 kugeza ku ya 29 Gicurasi 2021 n’ itsinda ryaturutse muri REMA gukurikirana imyuka ihumanya ikirere ijyanye no guturika kwa Nyiragongo ryasanze ibipimo bimeze neza.
Ibipimo bya RAMPS na ATMOTRACK byakoreshejwe mu myitozo yo kugenzura yakorwaga amanywa n’ijoro hifashishwa imirasire y’izuba nk’isoko y’ingufu.
Imyuka ihumanya nka SO2, CO2, CO, O3, NO2, PM2.5, PM10, PM1, NH3 n’urusaku hamwe n’ibipimo byose by’ikirere birimo ubushyuhe, ubuhehere, umuvuduko w’umuyaga.
Ibyavuye mu bushakashatsi byerekana ko ibyangiza ubuziranenge bw’ikirere bigenda bigabanuka mu buryo bwemewe.

Itsinda rishinzwe gukurikirana ikiyaga cya Kivu rikomeje gukorana hamwe n’ikigo cy’Igihugu gishinzwe Mine, peteroli na gazi (RMB) hamwe n’abahanga mpuzamahanga kugira ngo barebe niba hari ingaruka zikomeye zishobora guturuka ku bikorwa by’ibiza byibasiye urusobe rw’ibiyaga bigari.
Ububi bw’ikiyaga cya Kivu bushobora kubyazwa inyungu
Ikiyaga cya Kivu ni kimwe mu biyaga binini byo muri Afurika y’Iburasirazuba, giherereye ku mupaka uhuza Repubulika y’u Rwanda na Repubulika Iharanira Demokarasi ya Kongo (DRC).
Amazi yo hejuru y’ikiyaga cya Kivu yitwa "biozone" kuko abamo ibinyabuzima, naho amazi maremare yikiyaga arimo metani nyinshi iri ku ngano iri hagati ya 55-60 km3, harimo kandi CO2 "dioxyde de carbone" nyinshi ku bunini bwa 300 km3.
Iyi myuka iboneka mu kiyaga cya kivu ifatwa nk’igisasu gishobora guhungabanya ubuzima bw’amamiliyoni igihe hagize ikiyihungabanya kuko iyi myuka ishobora guturika ikaba yahitana ubuzima bw’abantu benshi.
Abahanga bavuga ko n’ubwo bishobora kuba ariko bisaba imbaraga zidasanzwe nk’umutingito uri hejuru y’igipimo cy’umunani (8) wazamura ibiri mu ndiba y’ikiyaga cya Kivu, cyangwa amahindure y’ikirunga akaba yajya mu kiyaga ari menshi kugera mu ndiba n’ubwo bavuga ko hari amahirwe menshi ko bitashoboka.
Abashakashatsi ariko bagaragaza ko hari amahirwe ku Rwanda na DRC mu gihe bikoresheje iyi myuka mu kuyibyaza umusaruro.
Gaz méthane yatangiye kubyazwa ingufu zo gucana, ishobora gukoreshwa mu gutwara imodoka byoroshye, u Rwanda rugatandukana n’izamuka ry’ibiciro bya peteroli bya hato na hato. Yakoreshwa mu guteka ikarengera ibidukikije n’ibiciro bya gazi ituruka hanze.
CO2 ikoreshwa mu nganda zitandukanye, naho azote N3 ikaba ingenzi mu gukora amafumbire bikaba byafasha Abanyarwanda kongera umusaruro w’ibikomoka ku buhinzi.
H2S na yo yafasha mu gukora H2SO4 iyi ikaba ari acide ikenerwa mu nganda no mu butabire butandukanye.
U Rwanda rushoboye kubyaza umusaruro iyi myuka rwagera kuri byinshi rusanzwe rutumiza hanze, kandi bikajyana no kwirinda ingaruka za gaz yateza ikibazo ikomeje kwiyongera mu kiyaga cya Kivu.
Inkuru zijyanye na: Nyiragongo
- Rubavu: Abagizweho ingaruka n’iruka rya Nyiragongo babayeho bate?
- Goma: Ubuyobozi bwasabye abahunze iruka rya Nyiragongo gusubira mu ngo
- Rubavu: Imiryango 2,504 yangirijwe n’imitingito imaze guhabwa ubutabazi
- Rubavu: Ibitaro bya Gisenyi byongeye gutanga serivisi
- Amashyuza yari yaragiye kubera imitingito yagarutse
- Mu Rwanda hasigaye Abanyekongo babarirwa mu 1000 bahunze Nyiragongo
- Imiryango yasenyewe n’imitingito irasaba gufashwa kubona ahandi ho kuba
- Rubavu: Ubuyobozi burahamagarira abantu gusubukura ibikorwa byabo
- Rubavu: Amashyuza yaburiwe irengero kubera umutingito
- Impunzi z’Abanyekongo zikomeje gusubira iwabo
- Rubavu: Ibyangijwe n’imitingito byatangiye gusanwa
- Ubuyobozi burahumuriza abumvaga ko ikirere n’amazi bya Rubavu byagize ikibazo
- Kuruka kw’ibirunga n’imitingito bizagira uruhare mu gutandukanya Congo n’u Rwanda – Impuguke
- Rubavu: Inzu zisaga 1,500 zimaze kwangizwa n’imitingito
- Ibyuka bituruka muri Nyiragongo bigira ingaruka ku buzima - Impuguke
- Mu Kivu hagaragaye isambaza zapfuye nyuma y’umutingito
- Igihiriri cy’Abanyekongo bahungiye mu Rwanda
- Hari impungenge z’uko Nyiragongo yakongera kuruka
- Abatuye muri metero 200 uvuye ku murongo waciwe n’imitingito bafite inzu ziyashije bagomba kuhava - Minisitiri Kayisire
- Rubavu: Inyubako ikorerwamo n’ivuriro ‘La Croix du Sud’ yangijwe n’umutingito
Ohereza igitekerezo
|