Abana n’urubyiruko bagomba kwigirira icyizere cyo kubaho imyaka ijana - Rucagu

Umutahira w’intore ku rwego rw’igihugu, Rucagu Boniface, arakangurira urubyiruko n’abana bato kubaho bafite icyizere cyo kuzabaho nibura imyaka ijana inarenga nta wubahungabanije, ariko ngo bagomba kubigiramo uruhare.

Rucagu yabitangaje tariki 05/05/2013, ubwo yari yaje kwifatanya n’Abanyarulindo kwibuka abana n’urubyiruko bahitanywe na Jenoside yakorewe Abatutsi muri Mata 1994 muri aka karere.

Uyu muhango wabereye mu murenge wa Cyinzuzi, wari witabiriwe n’abayobozi mu nzego zitandukanye, abaturage b’akarere ka Rulindo biganjemo abana bakiri bato n’urubyiruko. Waranzwe no gukora urugendo rwo kwibuka, bava ku rwibutso rwa Remera, berekeza ku biro by’umurenge wa Cyinzuzi.

Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo kwibuka abana n'urubyiruko biciwe mu karere ka Rulindo mu gihe cya Jenoside.
Abayobozi batandukanye bitabiriye umuhango wo kwibuka abana n’urubyiruko biciwe mu karere ka Rulindo mu gihe cya Jenoside.

Rucagu yasabye urubyiruko kwitwara neza, kugira urukundo, kugira ubutwari, no kuganira n’ababyeyi babo ngo kuko ari byo bizatuma bagera ku ntego biyemeje yo kwamagana ingengabiterezo ya Jenoside.

Rucagu yasabye urubyiruko kubiba imbuto nziza mu Banyarwanda,biyama abashaka kubabibamo urwango,biyubakira igihugu ngo kuko ari bo Rwanda rw’ejo.

Abana bakoze urugendo bamagana Jenoside.
Abana bakoze urugendo bamagana Jenoside.

Umukuru w’intara y’amajyaruguru, Bosenibamwe Aimee, yasabye urubyiruko kubaka igihugu, kwibuka bagenzi babo, ariko baniyubaka mu rwego rwo kwiteza imbere badaheranwa n’ubukene. Yasabye urubyiruko kuyamagana kuko idatoranya uhereye ku mwana ukiri mu nda ya nyina.

Yavuze ko bamwe mu rubyiruko rwagize uruhare mu kwica bagenzi babo,asaba urubyiruko rw’ubu guhindura amateka no kureba igifitiye akamaro igihugu. Yagize ati “Hari bamwe mu rubyiruko bafashe iya mbere mu gukora Jenoside,bica bagenzi babo ariko noneho mwebwe ubu icyo musabwa ni uguhindura amateka yabaye mu gihugu cyacu.”

Guverineri Bosenibamwe ashyira indabo ku rwibutso rwa Remera rushyinguyemo abana n'urubyiruko bazize Jenoside.
Guverineri Bosenibamwe ashyira indabo ku rwibutso rwa Remera rushyinguyemo abana n’urubyiruko bazize Jenoside.

Uyu muyobozi yasabye ababyeyi mu karere ka Rulindo kutaroga abana babacengezamo ingengabitekerezo ya Jenoside ko ahubwo bagomba kubatoza rukundo, ubutwari no gukora.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka