Rulindo: Ngo Mitiweri ni bwo buzima

Bamwe mu baturage bo mu karere ka Rulindo ngo basanga kuba umuntu yabaho atagira mituweri (ubwisungane mu kwivuza) ari ubujiji bukabije kuko mituweri ari bwo buzima.

Ngo hari abaturage usanga mituweri batayiha agaciro nyamara barwara ugasanga bahangayikijwe no kubona amafranga yo kwivuza, dore ko iyo nta mituweri umuntu atanga amafranga menshi kugira ngo abashe kubona imiti imuvura.

Kuri ubu mu karere ka Rulindo hagaragara ubwitabire budahagije mu bijyanye na mituweri, ubuyobozi bw’aka karere bukaba busaba ubufatanye mu nzego zose, haba mu madini no mu mashyirahamwe.

Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Rulindo arasba abaturage gutanga mituweri byihuse.
Umuyobozi ushinzwe imibereho myiza mu karere ka Rulindo arasba abaturage gutanga mituweri byihuse.

Nyamara ariko nubwo ubwitabire butameze neza muri aka karere, abaturage bo bemeza ko abayobozi b’inzego z’ibanze bahagurutse bakabasanga mu ngo iwabo, abatarayitanga barushaho kumva neza akamaro ka mituweri.

Rutaganira Jean utuye mu murenge wa Ntarabana, avuga ko yabonye kudatanga mituweri kuri bamwe haba harimo n’imyunvire mibi, yo kuvuga ngo umuntu ntakunda kurwara bigatuma no gutanga amafranga ya mituweri bitoroha.

Yagize ati “imyunvire mike kuri bamwe usanga ahanini ari ukuvuga ngo umuntu ntarwagaragurika, jye numva abayobozi bakwiye kubasanga mu ngo zabo bakongera kubumvisha ikiza cyo gutanga mituweri no kubumvisha ko ari bo bifitiye inyungu, wenda byagira icyo bitanga.”

Ku rundi ruhande ariko usanga hari n’abavuga ko kudatanga mituweri kuri bamwe bishobora no kuba biterwa n’uko amafranga asigaye ari menshi na serivise ihabwa abafite ubwisungane muri mituweri. Bavuga ko ngo umuntu adashobora guhabwa imiti ihenze cyangwa ngo abe yavurizwa mu mavuriro akomeye.

Umubyeyi Clemence aragira ati “nta muti ukomeye wahabwa iyo wivuriza kuri mituweri, usanga ari utunini twa bure bure baguha. Hari n’igihe umuntu aba arwaye indwara ikomeye ntibamwohereze mu ivuriro rikomeye bakamuheza ku kigo nderabuzima gusa.”

Mitiweli ngo igomba gutangwa kuko aribwo buzima.
Mitiweli ngo igomba gutangwa kuko aribwo buzima.

Akomeza avuga ko iyo bigenze gutyo usanga bamwe bacika intege zo gutanga ayo mafranga kuko baba bavuga ko nibarwara bazigurira imiti bakeneye.

Nyamara n’ubwo aba baturage batanga impamvu zitandukanye zituma bamwe mu baturanyi babo badatanga mituweri, ngo bazi neza ko mituweri ari inyungu kuri bo kurusha uko yaba inyungu ku buyobozi.

Hortense Munyantore

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka