Umukandida ku mwanya wa Perezida wa Repubulika watanzwe n’Ishyaka Riharanira Demukarasi no Kurengera Ibidukikije mu Rwanda (Democratic Green Party of Rwanda), Dr. Frank Habineza, yavuze ko mu minsi 11 iri shyaka rimaze mu bikorwa byo kwiyamamaza, ryabangamiwe mu Karere ka Ngoma gusa.
Ubuyobozi bw’Ishyaka riharanira Demokarasi n’Imibereho Myiza (PSD) bwasezeranyije abaturage kuzaringaniza abagore n’abagabo ku kigero cya 50% mu nzego zifata ibyemezo mu gihe bazaba batorewe kujya mu Nteko Ishinga Amategeko.
Mu muhango wo gushyingura Nirere Jeannette waguye mu muvundo nyuma yo kwamamaza umukandida wa FPR-Inkotanyi mu Karere Rubavu, abanyamuryango ba FPR biyemeje kuzafasha umuryango yaratunze harimo n’umwana asize.
Mu bikorwa byo kwiyamamaza k’Umukandida wa RPF-Inkotanyi, byabereye mu Karere ka Rubavu n’abo mu twa Nyabihu na Rutsiro bihana imbibi Minisitiri w’Urubyiruko n’Iterambere ry’Ubuhanzi, Utumatwishima Abdallah, yavuze ko ubwo baheruka kuza kwamamaza umukandida w’umuryango RPF mu 2017, Intore z’Akarere ka Rubavu zatanze impano (…)
Abaturage batuye mu Karere ka Rubavu bavuga ko bashimira umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, kubera uburyo yabatabaye ubwo Sebeya yari yabateye igasenyera abarenga igihumbi naho abandi ibihumbi bitanu bagashyirwa mu nkambi.
Mu ijambo umukandida wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame, yagejeje ku baturage bo mu Karere ka Rubavu, yababwiye ko yaje kubasuhuza no kugira ngo bafatanye mu rugendo basanzwemo.
Perezida Paul Kagame yageze aho kwiyamamariza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu saa tanu n’iminota ine kuri iki Cyumweru tariki 23 Kamena 2024, asuhuza abanyamuryango ba FPR Inkotanyi bari baje kumwereka ko bamushyigikiye kandi biteguye kumutora.
Abaturage ibihumbi baraye bagenda bajya ahiyamamariza umukandida w’umuryango wa FPR Inkotanyi wiyamamariza mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu tariki 23 Kamena 2024.
Abanyamuryango ba FPR Inkotanyi mu Karere ka Rubavu mu Ntara y’Iburengerazuba batangiye urugendo rwakira Umukandida w’Umuryango wa FPR Inkotanyi, Paul Kagame wiyamamaza kuyobora u Rwanda.
Minisiteri y’Ibikorwa by’Ubutabazi (MINEMA) yemereye abacuruzi babarirwa mu 180 bafite inyubako ku nkengero z’umugezi wa Sebeya kongera gufungura ibikorwa byabo nyuma y’igenzura ryakozwe rikagaragaza ko Sebeya imaze gushyirwaho ibikorwa bikumira amazi ku buryo atazongera gutera abaturage.
Paul Bahati, afite ubumuga bw’ingingo. Akomoka muri Repubulika ya Demukarasi ya Kongo, ariko akaba akora ubucuruzi bwambukiranya umupaka muto uhuza u Rwanda na Repubulika ya Demukarasi ya Kongo mu Karere ka Rubavu.
Rubavu ni kamwe mu turere twagiye tuvugwamo ibibazo by’indwara ziterwa n’imirire mibi n’igwingira ry’abana, abenshi bagakeka ko icyo kibazo giterwa no kuba ako karere gakora ku mupaka uhuza u Rwanda na Congo (RDC), ahakorerwa ubucuruzi bwambukiranya imipaka.
Bamwe mu bahinzi b’icyayi mu ntara y’Uburengerazuba bw’u Rwanda, baganiriye na Kigali Today, bagaragaza ko mu gihe kitari gito bamaze bahinga icyayi bashobora kubara inshuro mu ngo zabo bakinyweye bitewe n’uko batabona amajyani y’umwimerere nk’ay’icyayi bahinga kikoherezwa mu mahanga, bagasaba ababishinzwe koborohereza.
Ingabire Assumpta Umuyobozi mukuru ikigo cy’igihugu gishinzwe imikurire no kurengera umwana (NCDA) avuga ko barimo gukora ubukangurambaga bugamije kurandura igwingira mu bana, aho asaba ababyeyi kugaburira abana indyo yuzuye no kubagirira isuku.
Abahinzi b’icyayi baratangaza ko bagifite imbogamizi bahura nazo zirimo ifumbire ihenze ku isoko bakifuza ko hakorwa ubuvugizi mu rwego rwo kuborohereza bakabona nkunganire bikabafasha kurushaho gutanga umusaruro uhagije.
Bamwe mubafite uburwayi bwo mu mutwe mu Rwanda, bavuga ko gushyirwa mu kato bituma uburwayi bwabo bubaviramo ubumuga kandi bashobora kuvurwa bagakira, basaba kwitabwaho no kugezwa kwa muganga kuko uburwayi bwo mu mutwe buvurwa bugakira.
Ikipe y’umurenge wa Rubengera wo mu karere ka Karongi ni wo wegukanye irushanwa "Umurenge Kagame Cup" nyuma yo gutsinda uwa Kimonyi wo mu karere ka Musanze
Kayiranga wavukiye muri Komini Kibirira ariko we n’umuryango we bakabuzwa amahwemo bagahungira muri Gisenyi kugera bageze ku mupaka wa Sudani, avuga ko ihohoterwa Abatutsi bakorewe ryatangiye kera.
Tariki 30 Mata 1994 nibwo mu mujyi wa Gisenyi hishwe Abatutsi benshi, nyuma y’ikinyoma cy’ituze Interahamwe zakwirakwije mu mujyi, abari bihishe bakigaragaza, ariko bajyanwa kwicirwa ahitwa kuri Komine Rouge.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu bwasabye abafite hoteli n’inzu zakira abantu ku nkengero z’ikiyaga cya Kivu, gushyiraho ingamba zikumira impanuka zibera mu mazi harimo gushyiraho, abafasha abantu koga mu kiyaga, kwambara umwenda ukumira impanuka mu mazi hamwe no gushyiraho amato akomeye, ashaje bakayareka.
Ubuyobozi bw’Ikigo gishinzwe gukwirakwiza amazi isuku n’isukura (WASAC) mu Karere ka Rubavu, bwasabye abaturage kubika amazi mu kwirinda ko bayabura mu gihe imvura iguye ari nyinshi ikangiza ibikorwa remezo biyabagezaho.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Rubavu butangaza ko bugiye kugenzura imikorere ya gahunda ya Girinka, kugira ngo harebwe uko itanga umusaruro n’aho yagiye igira ibibazo, cyane cyane nk’aho hari abaturage bahabwaga inka nyuma bakazinyagwa, kandi ubundi ngo inka yageze mu rugo igoma kurugumamo.
Abaturage bo mu Mirenge ya Rubavu, Cyanzarwe, Bugeshi na Busasamana yegeranye n’umupaka wa Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, basabwe gukumira ibihungabanya umutekano w’u Rwanda.
Abayisilamu bo mu mujyi wa Goma muri Repubulika Iharanira Demokarasi ya Congo, bangiwe gusengera muri stade Ubumwe kubera impungenge z’umutekano muke, baza gusengera mu Rwanda, mu mujyi wa Gisenyi.
Inama Njyanama y’Akarere ka Rubavu yemeje ko abaturage batuye ku butaka bwa Minisiteri y’Ingabo (MINADEF) bagomba kubwimurwaho bagahabwa ingurane bagashaka ahandi batura.
Urubyiruko rw’umuryango wa Lotary mu Karere ka Afurika y’Iburasirazuba, rwo mu ihuriro ryitwa Rotaract, rwakusanyije inkunga y’ibikoresho byo kwiga imyuga byagenewe abangavu batewe inda mu Murenge wa Rugerero mu Karere ka Rubavu.
Abatuye umujyi wa Gisenyi batangaza ko bakomeje kubangamirwa n’amazi y’imvura amanuka aturuka mu mirenge y’icyaro, akaboneza mu mujyi rwagati akabasenyera,kubera kubura inzira.
Amadini n’amatorero akorera mu Karere ka Rubavu, yasabwe kugabanya urusaku nk’uko biteganywa n’itegeko rya Minisitiri w’ibidukikije ryashyizweho mu 2023.
Abagore 300 bakora ubucuruzi buciriritse n’ibindi bikorwa bibateza imbere, bashyikirijwe igishoro cya Miliyoni 50 n’ibihumbi 700Frw azabafasha mu mirimo bakora.
Ubuyobozi bwa Polisi y’u Rwanda mu Karere ka Rubavu bwasanze abaturage mu nsengero kugira ngo bibutswe gahunda ya Gerayo Amahoro ifasha abantu kwirinda impanuka zo mu muhanda.