• Abantu 33 bafashwe basenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya Covid-19

    Ku Cyumweru tariki 26 Nzeri na tariki 25 Nzeri 2021, ku makuru yatanzwe n’abaturage bo mu Karere ka Gicumbi, Polisi yafashe abantu 33 barimo gusenga barenze ku mabwiriza yo kurwanya ikwirakwira ry’icyorezo cya Covid-19.



  • Abaturage bibukijwe ko kwishora mu bucuruzi bw

    Gicumbi: Polisi iraburira abishora mu biyobyabwenge na magendu

    Polisi y’u Rwanda ikorera mu Ntara y’Amajyaruguru, iraburira abishora mu bikorwa bifitanye isano n’ibiyobyabwenge, ndetse n’ubucuruzi bw’ibintu bitemewe kubireka hakiri kare, mu kwirinda kugongana n’amategeko ahana mu gihe hagize ufatiwe mu byaha nk’ibyo.



  • Aba abana bakusanyije ibintu bitandukanye byiganjemo ibiribwa bajya gusura mugenzi wabo wagize ibyago

    Gicumbi: Abana barashimirwa kubera umuco wo gutabarana bimakaje

    Bamwe mu batuye Akarere ka Gicumbi, barashima urukundo rukomeje kuranga abana bo muri ako gace ku muco bakomeyeho wo gutabarana, aho bemeza ko uwo muco ukwiye kubera abakuru urugero kuko bo ngo bagenda bawudohokaho.



  • Barashima ibikorwa bya World Vision byabagejeje ku iterambere

    Barashima ibikorwa bya World Vision byabagejeje ku iterambere

    Abaturage bo mu Ntara y’Amajyaruguru, by’umwihariko abatuye Umurenge wa Nyankenke mu Karere ka Gicumbi, bavuga ko batewe akanyamuneza n’ibikorwaremezo binyuranye bubakiwe n’Umuryango World Vision, aho yabakuye mu mibereho mibi yari yugarije uwo murenge, ibegereza iterambere rirambye.



  • Bahawe ibikoresho byo gutera intanga

    Gicumbi: Kuvugurura amatungo mu kuyatera intanga bikomeje kongera umukamo

    Gahunda yo gutera inka intanga mu Karere ka Gicumbi, ni kimwe mu bikomeje kongera amatungo atanga umukamo ushimishije, aho ku munsi litiro z’amata zikamwa zigeze ku 101,700 mu gihe mu myaka ishize by’umwihariko mu mwaka wa 2017, ku munsi hakamwaga litiro ibihumbi 56.



  • Uyu muryango wishimiye inzu washyikirijwe n

    Gicumbi: Urubyiruko rw’abakorerabushake rwatuje uwabaga mu nzu y’ikirangarizwa

    Nyuma y’ibyumweru bibiri urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Gicumbi rworoje umuturage utishoboye inka ifite agaciro k’ibihumbi 380, urwo rubyiruko rumaze gushyikiriza kandi umuturage utishoboye inzu ifite agaciro ka miliyoni eshatu n’ibihumbi magana abiri y’u Rwanda, byose babikuye mu maboko yabo.



  • Gicumbi: Umugore akurikiranyweho kwangiza igitsina cy’umwana yareraga

    Tariki ya 26/08/2021, Ubushinjacyaha bwagejeje imbere y’Urukiko umugore w’imyaka 47 y’amavuko, ubarizwa mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Muko, Akagari ka Kigoma, bumusabira gufungwa by’agateganyo iminsi 30 ku cyaha cyo kwangiza imyanya ndangagitsina y’umwana w’umuhungu yareraga.



  • Ni inka yishimiwe n

    Gicumbi: Urubyiruko rw’abakorerabushake rwahaye inka utishoboye

    Urubyiruko rw’abakorerabushake mu Karere ka Gicumbi, rwishyize hamwe mu bushobozi rufite, rukusanya inkunga y’Amafaranga y’u Rwanda agera ku bihumbi 380, rworoza umuturage utishoboye inka ihaka.



  • Gicumbi: Umugabo arakekwaho gusambanya umwana w’umuhungu

    Urukiko rw’Ibanze rwa Byumba tariki 11 Kanama 2021 rwafunze by’agateganyo iminsi 30 umugabo utuye mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rwamiko, Akagari ka Cyuru, ukekwaho gusambanya umwana w’umuhungu w’imyaka 9 baturanye.



  • Gicumbi: Batwitse banamena ibiyobyabwenge birimo litiro 348 za kanyanga

    Ku wa Gatatu tariki ya 04 Kanama 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’abayobozi mu nzego z’ibanze batwitse banamena ibiyobyabwenge birimo litiro 348 za Kanyanga, udupfunyika tw’urumogi 1358, ibiro 5 by’ikiyobyabwenge cya Mayirungi n’ibiro 2 by’urumogi.



  • Meya Ndayambaje aganiriza abanyonzi ku myifatire ikwiye kubaranga mu kurwanya Covid-19

    Gicumbi: Yarwaye Covid-19 ayitiranya na Malaria yanduza agasozi kose

    Mu gihe Raporo ya buri munsi ya Minisiteri y’Ubuzima imaze kugaragaza Akarere ka Gicumbi ku mwanya wa kabiri inyuma y’Umujyi wa Kigali, Ubuyobozi bw’ako karere bwemeza ko kimwe mu byazamuye iyo mibare, harimo n’urupfu rw’umusaza wazize Covid-19 ayita maralia, aho yanduje benshi mu bazaga kumusura no mu bagiye kumushyingura.



  • Abanyagicumbi barashimira Leta yabagobotse muri Guma mu Rugo

    Imiryango 2,278 igizwe n’abantu 8,064 yabonaga ibyo kurya ari uko ikoze akazi ka buri munsi mu mirenge inyuranye igize Akarere ka Gicumbi, yatangiye gushyikirizwa inkunga y’ibiribwa irimo umuceri, ifu y’ibigori n’ibishyimbo mu rwego rwo kuyunganira muri ibi bihe bya Guma mu Rugo. Abagize iyo miryango bibukijwe ko urufunguzo (…)



  • Bafashwe bahinduye urugo akabari

    Gicumbi: 17 bafatiwe mu rugo rwahinduwe akabari banywa ‘dunda ubwonko’

    Ku mugoroba wo ku wa Mbere tariki ya 12 Nyakanga 2021 ahagana saa tatu z’ijoro, abapolisi bakorera mu Karere ka Gicumbi muri sitasiyo ya Rutare bafatiye abantu 17 mu rugo rwa Ntezimana w’imyaka 37, utuye mu Murenge wa Nyamiyaga, Akagari ka Kiziba, Umudugudu wa Rwingwe.



  • Aha ni mu Karere ka Gicumbi ubwo abanyeshuri barimo baganirizwa mbere y

    Amajyaruguru: Abanyeshuri 34 barakora ibizamini bya Leta barwaye COVID-19 mu gihe abasaga 600 babisibye

    Abanyeshuri 34 mu Ntara y’Amajyaruguru ni bo bari gukora ibizamini bya Leta bisoza amashuri abanza bafite ubwandu bwa COVID-19, mu gihe 628 basibye ibizamini ku munsi wa mbere.



  • Ba Gitifu b’Utugari babiri bafatiwe mu tubari bahanywera inzoga

    Abanyamabanga Nshingwabikorwa b’Utugari babiri bari mu maboko ya Polisi, nyuma yo gufatirwa mu tubari bahanywera inzoga rwihishwa kandi bitemewe muri iki gihe cyo kwirinda icyorezo cya Covid-19.



  • Gicumbi: Polisi yagaruje amafaranga arenga miliyoni ebyiri yari yibwe umucuruzi

    Mu mpera z’icyumweru gishize Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi yagaruye Amafaranga y’u Rwanda 2,477,000 yari yibwe umukozi w’uruganda rwa SKOL, ayo mafaranga bicyekwa ko yibwe n’umusore witwa Tuyisingize Pacifique w’imyaka 20, akaba yarafashwe ku bufatanye n’inzego z’ibanze n’abaturage batanze amakuru y’aho yihishe.



  • Gicumbi: Abantu 19 bafatiwe mu ishyamba basenga bitemewe

    Ku Cyumweru tariki ya 13 Kamena 2021 mu masaha ya saa tatu, Polisi y’u Rwanda ikorera mu Karere ka Gicumbi ku bufatanye n’inzego z’ibanze bafashe abantu bagera kuri 19 basenga mu buryo bunyuranyije n’amabwiriza yo kwirinda Covid-19, bari mu ishyamba ry’ahitwa Ikadeshi riherereye mu Mudugudu wa Nyirabadugu mu Kagari ka (…)



  • Amazi y

    Green Gicumbi yatumye amazi yasenyeraga abaturage yuhirizwa imirima

    Umushinga ’Green Gicumbi’ w’Ikigega cy’Ibidukikije (FONERWA), wubakiye abaturage b’Umudugudu wa Rurembo, Akagari ka Rugerero mu Murenge wa Mukarange, ibigega bifata amazi y’imvura bifite agaciro ka miliyoni 189 z’Amafaranga y’u Rwanda, ayo mazi akaba yatangiye kwifashishwa mu kuhira imirima mu gihe yasenyeraga abaturage.



  • Umushinga Green Gicumbi uvuga ko amaterasi wakoze mu mwaka ushize yatangiye gutuma umusaruro wiyongera

    Amaterasi ya Green Gicumbi yatangiye kongera umusaruro w’ibiribwa

    Abayobozi b’umushinga wo kubungabunga icyogogo cy’umugezi wa Muvumba mu Karere ka Gicumbi “Green Gicumbi”, bavuze ko amaterasi bakoreye abaturage azatanga umusaruro w’ibishyimbo wikubye inshuro zirenga eshatu uwo babonaga.



  • Nyuma y

    Umushinga ‘Green Gicumbi’ witezweho kurengera icyogogo cy’Umuvumba

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi hamwe n’Umushinga wa Leta y’u Rwanda ugamije kubungabunga icyogogo cy’umugezi w’Umuvumba (Green Gicumbi), berekanye amahegitari y’ubutaka bw’abaturage bemeye ko hashyirwa amaterasi n’ibiti, mu rwego rwo kurengera ibidukikije mu gice cy’Amajyaruguru y’igihugu, kandi na bo bakahabonera inyungu (…)



  • Mu mezi atandatu kizaba cyuzuye abakigana bahabwe serivisi mu buryo bunoze kandi bisanzuye

    Gicumbi: Ikigo nderabuzima cya Mulindi kigiye gukurwa mu manegeka

    Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi buratangaza ko mu gihe gito kiri imbere, Ikigo nderabuzima cya Mulindi kizimukira mu nyubako nshya kandi zagutse kugira ngo kibashe gutanga serivisi zinoze.



  • Bafashwe binjiza kanyanga mu Rwanda

    Gicumbi: Abantu batanu bafashwe binjiza kanyanga mu Rwanda

    Ku wa Gatatu tariki ya 12 Gicurasi 2021, Polisi y’u Rwanda yafashe abantu batanu bacyekwaho kwinjiza mu Rwanda ikiyobyabwenge cya kanyanga bakivanye mu gihuhu cya Uganda. Abo bantu bagize itsinda rizwi ku izina ry’abarembetsi bafatanywe litiro 22 za kanyanga, bafatiwe mu Karere ka Gicumbi, Umurenge wa Rubaya mu Kagari ka (…)



  • Gicumbi: Abantu babiri bafashwe bagerageza guha ruswa umupolisi

    Ku mugoroba wo ku wa mbere tariki ya 26 Mata abapolisi bafashe Nyandwi Hassan w’imyaka 40 na Ibisamaza Oscar w’imyaka 43, bafatiwe mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Rutare mu Kagari ka Gacyamo. Bafashwe barimo guha ruswa umupolisi ingana n’Amafaranga y’u Rwanda ibihumbi 70 kugira ngo abahe ikiyobyabwenge cyo mu bwoko bwa (…)



  • Mpayimana Epimaque wasezeye ku kazi

    Gitifu w’Akarere ka Gicumbi yanditse asezera ku mirimo

    Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’Akarere ka Gicumbi, Mpayimana Epimaque, yanditse asezera ku mirimo ye akavuga ko abikoze mu nyungu z’akazi.



  • Abaturage baguriye moto nshya DASSO mu gufatanya kwicungira umutekano

    Gicumbi: Abaturage b’Umurenge wa Muko baguriye moto nshya DASSO

    Abatuye umurenge wa Muko mu Karere ka Gicumbi, bakomeje gufasha Leta mu bikorwa binyuranye aho bemeza ko iterambere n’umutekano urambye ari bo bagomba kuba ku isonga mu kubiharanira, cyane ko baherutse kugurira DASSO moto ifite agaciro ka miliyoni imwe n’ibihumbi 300.



  • Akumba bari bicayemo bari bacucitse ku buryo no kwinyagambura byari ikibazo

    Gicumbi: Abantu 27 bafatiwe mu rugo rw’umuturage basenga kandi bitemewe

    Abo bantu uko ari 27, Polisi y’u Rwanda yabafatiye mu rugo rw’umuturage witwa Mushimiyimana Jacqueline, ruherereye mu Mudugudu wa Busa, Akagari ka Remera, Umurenge wa Manyagiro mu Karere ka Gicumbi.



  • Akarere ka Gicumbi karashakisha uko abana bataye ishuri barigarukamo, bagasanga abandi batangiye kwiga

    Gicumbi: Barashaka uko abana 1,658 bataye ishuri barigarukamo

    Akarere ka Gucumbi katangije gahunda y’ubukangurambaga bwo gushakisha abana 1,658 batagarutse ku ishuri, nyuma y’uko amashuri yongeye gutangira aho yari yarahagaritswe mu rwego rwo kwirinda icyorezo cya Covid-19.



  • Bafashwe binjiza ibiyobyabwenge mu Rwanda

    Gicumbi: Abarembetsi batanu bafashwe binjiza kanyanga mu gihugu

    Mu ijoro ryo ku wa Gatanu tariki 05 Gashyantare 2021, Polisi ikorera mu Karere ka Gicumbi yaguye gitumo abasore batanu bageragezaga kwinjiza kanyanga mu Rwanda bazikuye muri Uganda.



  • Abaturage barapimwa indwara zitandukanye bakamenya uko bagomba kwitwa

    Gicumbi: Buri muturage uremye isoko ataha azi uko ubuzima bwe buhagaze

    Akarere ka Gicumbi gakomeje gushyira mu ngiro imihigo 92 kihaye ijyanye n’imibereho myiza y’abaturage mu by’ubuzima, aho gakomeje gupima abaturage indwara zitandura na Hepatite C, bakazapimwa ku kigero kiri hejuru ya 80% nk’uko babihigiye.



  • Imashini (Water Pumps) zagenewe gusunika amazi azamurwa mu misozi zatangiye gushyirwa ahabugenewe

    Gicumbi – Rulindo: Miliyari zisaga 5 zigiye gushorwa mu kwegereza abaturage amazi meza n’imihanda

    Muri uyu mwaka w’ingengo y’imari wa 2020-2021, hari imishinga ikomeye uturere twateganyije ko ugomba gusozwa yarangiye, bigafasha abaturage kurushaho kwikura mu bukene.



Izindi nkuru: