Mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Kageyo mu Kagari ka Gacurabwenge, ahahoze inkambi y’Impunzi z’Abanyekongo ya Gihembe, hagiye kwagurirwa inyubako za Kaminuza yigenga ya UTAB.
Ku bufatanye bw’umushinga Green Gicumbi, Akarere ka Gicumbi gafite intego yo kuzasazura amashyamba ku buso bungana na hegitari 360 mu mwaka wa 2023.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Karere ka Gicumbi mu Mirenge ya Kaniga na Rutare, baremeye abaturage inka 22 ndetse babaha ibiribwa mu rwego rwo kwizihiza isabukuru y’imyaka 35 y’Umuryango RPF-Inkotanyi.
Polisi y’u Rwanda ku bufatanye n’izindi nzego z’umutekano, ubuyobozi bw’inzego z’ibanze n’abatuye Akarere ka Gicumbi, bamennye banatwika ibiyobyabwenge birimo urumogi n’inzoga z’inkorano zitujuje ubuziranenge, kandi zitemewe gucururizwa mu Rwanda.
Abasore babiri, Irafasha Donat na Ntakirutimana Noel, bo mu Mudugudu wa Nyarusange mu Kagari ka Kabare mu Murenge wa Ruvune mu Karere ka Gicumbi, bagwiriwe n’ikirombe bahasiga ubuzima, ubwo bacukuraga amabuye y’agaciro (Wolfram).
Abafite ubumuga bagaragaza ko kubona insimburangingo no kwiga ururimi rw’amarenga bikiri imbogamizi kuri bo, bagasaba Leta kubakorera ubuvugizi kuri ibyo bibazo.
Guverineri w’intara y’Amajyaruguru Nyirarugero Dancille yibukije Urubyiruko rw’Abakorerabushake rwo mu Karere ka Gicumbi ko ejo hazaza h’Igihugu ari bo hashingiyeho, bityo ko rugomba gusigasira ibyagezweho no kubyubakiraho rukagiteza imbere. Yanabibukije ko bagomba kurangwa no gukunda Igihugu ndetse no kugira imyitwarire myiza.
Abayobozi n’abakozi ba Komisiyo y’Igihugu y’Uburenganzira bwa Muntu, ku itariki ya 26 Ugushyingo 2022 bifatanyije n’abayobozi ndetse n’abaturage b’Akarere ka Gicumbi hamwe na Guverineri w’Amajyaruguru mu gikorwa cy’umuganda rusange wibanze ku gutera ibiti mu Murenge wa Cyumba.
Abanyamuryango ba RPF-Inkotanyi bo mu Murenge wa Cyumba mu Karere ka Gicumbi, baremeye umuryango wa Barawigirira inzu n’ibiribwa, bifite agaciro k’asaga miliyoni eshatu.
Umushumba w’Itorero Anglican mu Rwanda (EAR) muri Diyosezi ya Byumba, Ngendahayo Emmanuel, yakoze impanuka ikomeye y’imodoka, ku bw’amahirwe arayirokoka.
Mu rwego rwo kugabanya ikoreshwa ry’inkwi n’amakara mu guteka no kurengera ibidukikije, hatangijwe umushinga ukwirakwiza mu baturage amashyiga avuguruye arondereza ibicanwa ndetse n’andi akoresha ibicanwa bitari inkwi n’amakara.
Kuramukobwa Aline wo mu Mudugudu wa Kabacuzi, Akagari ka Gatobotobo mu Murenge wa Giti, yashyikirijwe inzu yubakiwe n’abagize Inama y’Igihugu y’Abagore mu Karere ka Gicumbi, ifite agaciro ka miliyoni zirindwi, ndetse banamuremera ibiribwa n’ibikoresho byo mu rugo hamwe n’imashini yo kudoda.
Umunsi mpuzamahanga wahariwe umugore wo mu cyaro ku rwego rw’Intara y’Amajyaruguru, waranzwe n’ibikorwa by’urukundo mu gufasha abatishoboye, aho umuryango wabagaho unyagirwa washyikirijwe inzu yubatswe bigizwemo uruhare n’abagore, amatsinda abiri y’abagore ahabwa inkunga ingana na miliyoni.
Abatuye mu Murenge wa Kageyo mu Karere ka Gicumbi, bahangayikishijwe n’ikiraro kimaze igihe kirekire gitwawe n’ibiza, bihagarika imihahirane n’imigenderanire y’abaturage.
Urwego rw’Igihugu rw’ubwiteganyirize (RSSB), rwageneye ibihembo by’ishimwe Uturere twahize utundi muri EjoHeza mu mwaka ushize w’ingengo y’imari wa 2021/2022, aka Gakenke kakaba ariko kaje ku isonga.
Umuyobozi Mukuru w’Umuryango Prison Fellowship Rwanda, ugamije kwimakaza amahoro, ubumwe n’ubwiyunge, Bishop Gashagaza Deogratias, asanga imbaraga z’urubyiruko uyu munsi ari umusanzu ukomeye wo gukomeza gusigasira ibyagezweho, no kubaka Igihugu kitajegajega.
Nk’uko bisanzwe mu Rwanda, ku wa Gatandatu usoza buri kwezi abayobozi bifatanya n’abaturage mu muganda rusange, mu rwego rwo kubaka no gutunganya ibikorwa remezo mu mirenge inyuranye.
Minisitiri w’Umutekano imbere mu Gihugu, Alfred Gasana, mu ruzinduko yagiriye mu Karere ka Gicumbi mu Murenge wa Rushaki, tariki ya 20/9/2022 yasabye abashakanye kwimakaza ihame ry’uburinganire mu muryango kuko rifasha ingo gutera imbere.
Imiryango itishoboye yo mu turere tugize Intara y’Amajyarugu imaze kubakirwa inzu 184 ndetse yorozwa inka, ihabwa n’ibikoresho bitandukanye. Abahawe izi nzu baganiriye na Kigali Today bavuga ko ari igikorwa cyiza bashimira aba banyamuryango ba RPF Inkotanyi kuko cyabavanye mu buzima bwari bugoye babagamo.
Imiryango 173 yasezeranye imbere y’amategeko mu Murenge wa Rushaki ,mu Karere Ka Gicumbi ubwo hatangizwaga ibikorwa byimakaza Ihame ry’Uburinganire no kurwanya ihohoterwa rishingiye ku gitsina (Gender Accountability Day ) mu Nteko y’Abaturage idasanzwe.
Ambasaderi wa Amerika mu Rwanda, Deb MacLean, yasuye Akarere ka Gicumbi atambagizwa ibikorwa binyuranye by’iterambere, aza kugera no ku rwibutso rwa Jenoside rwa Mutete ruherereye mu Murenge wa Mutete, ashengurwa n’amateka yaranze Jenoside yakorewe Abatutsi mu 1994.
Ku Cyumweru tariki 4 Nzeri 2022, mu Karere ka Gicumbi mu Majyaruguru y’u Rwanda, hakiniwe Shampiyona ya Triathlon, akaba ari ku nshuro ya 3 ihakiniwe kuva hashyizwe ku hazajya habera imikino itegurwa n’Ishyirahamwe rya Triathlon mu Rwanda.
Akarere ka Gicumbi kashyizeho gahunda ya Ngira nkugire Tugeraneyo, izabafasha kugabanya umubare w’abana bagwingiye.
Byagarutsweho ku wa 25 kanama 2022, ubwo Umuryango wa World Vision wamurikaga ibikorwa remezo wubakiye abaturage, mu muhango wo gusoza ibikorwa byawo mu Murenge wa Rutare, ahatashwe ivomo riteganyijwe gusakaza amazi mu ngo zigera ku bihumbi 27 n’ibindi.
Ku wa Gatatu tariki 24 Kanama 2022, Ikigo cy’Igihugu gishinzwe Imikurire no Kurengera Umwana (NCDA), cyatanze ibikoresho mu Karere ka Gicumbi birimo robine zifasha abana gukaraba intoki ndetse n’ubwiherero bya kompanyi ya SATO, ikora ibikoresho by’isuku n’isukura.
Umugabo witwa Nsekanabo Patrick w’imyaka 32, afungiye kuri Sitasiyo y’Urwego rw’Igihugu rw’Ubugenzacyaha (RIB) ya Gicumbi, akurikiranyweho kwica umubyeyi we witwa Mukamugenzi Claudette.
Ubuyobozi bw’Akarere ka Gicumbi burasaba abantu baturuka hirya no hino mu gihugu, bajya gusengera mu mazi yo ku Rusumo, mu Murenge wa Mutete muri ako karere, ko bagomba kubihagarika kugira ngo batazahuriramo n’ingorane zo kuhaburira ubuzima.
Ni kenshi abaturage bavuga ko imvugo ya Perezida Paul Kagame ariyo ngiro, kubera ko ibyo yasabye ko babakorera bidatinda kubageraho, mu batanga ubwo buhamya hakaba harimo n’abatuye Umurenge wa Kaniga, Mukarange na Cyumba yo mu Karere ka Gicumbi, bishimira ikigo nderabuzima buzurijwe.
Gakenke na Gicumbi ni uturere twashimiwe ko dukomeje guhesha ishema Intara y’Amajyaruguru mu kwitwara neza muri gahunda z’imihigo zinyuranye za Leta, aho utwo turere twombi twatwaye ibikombe bine mu bikombe bitanu byatanzwe.
Abaturage 66 barimo abagore 14 biga mu ishami ry’ubwubatsi n’amashanyarazi muri Mukarange TVET School, barashimira ubuyobozi bwabafashije kureka ibiyobyabenge byari byarabagize imbata bakagana ishuri ry’imyuga.