Abunganira abana mu mategeko bahangayikishijwe n’ikibazo cy’abana usanga bafungirwa hamwe n’abantu bakuru muri za kasho, maze bikabangamira iburanisha kuko bigishirizwamo kutavugisha ukuri.
Mu gihe mu bihe byashize abantu batandukanye babaga bafashe umunsi wa mbere w’ukwezi kwa kane nk’umunsi udasanzwe, bamwe bafataga nk’umunsi wo kubeshya ndetse bakanabikora, muri iki gihe iyo myumvire isa n’igenda ihinduka, aho abantu bavuga ko bashishikajwe no gushaka imibereho kuruta kwirirwa bahimba ibinyoma byo kubeshya (…)
Karabayinga Jacques w’imyaka 39 utuye mu nkambi ya Kiziba mu karere ka Karongi, ari mu maboko y’Urwego rw’Ubugenzacyaha RIB, nyuma yo kwica inka 10 agakomeretsa bikabije izindi ebyiri azitemaguye, icyakora ngo yari agambiriye kwica nyirazo.
Abagore bapfushaga ubusa inkunga bahabwa ntibagirire akamaro ngo babashe kwiteza imbere, bagiye kwigishwa kuyicunga kandi bakanayishora mu mishanga ibazanira inyungu.
Haracyari umubare mwinshi w’Abanyarwanda batarasobanukirwa akamaro ko kwandikisha umutungo bwite ushingiye ku bwenge, ugasanga abandi bayibatwaye akaba aribo bayibonaho inyungu.
Madame Jeannette Kagame arashimira abakomeje kugira uruhare mu gusobanurira amahanga jenoside yakorewe Abatutsi bifashishije ibimenyetso bifatika.
Chorale de Kigali imenyerewe mu ndirimbo zo guhimbaza Imana mu idini gatulika, yibutse abahoze ari abaririmbyi bayo bagera kuri 23 bazize Jenoside yakorewe Abatutsi.
Abagore barashishikarizwa kwiyandikisha mu ba mbere kuri lisiti z’itora,mu gihe usanga akenshi bagaragara ku migereka n’ubwo baba bitabiriye ku kigero gishimishije.
Mu rwego rwo korohereza abashoramari mpuzamahanga gushora imari yabo mu Rwanda, Banki ya Kigali igiye kurenza imipaka imigabane yayo, iyigeze ku isoko ry’imigabane rya Kenya.
Abiga imyuga bagiye kujya bakora ibikoresho binoze kandi bishobora gucuruzwa ku isoko ryo mu karere, ku mugabane w’afurika no hanze yawo.
Ibitabo bya Tom Close bije gusubiza ibibazo abantu bajyaga bibaza ku bijyanye n’uko abana b’iki gihe basigaye bakurana imico ihabanye n’indangagaciro za Kinyarwanda.
Umunyamabanga Nshingwabikorwa w’inama nkuru y’itangazamakuru, Peacemaker Mbungiramihigo, yemeza ko abagore bakora itangazamakuru bashoboye, ariko bakwiye gukanguka, bakerekana ko bashoboye nka basaza babo bakora umwuga umwe.
Minisiteri y’uburezi irasaba buri wese kurwanya icyo ari cyo cyose cyabuza umwana w’u Rwanda kwiga, igashishikariza ababyeyi kurushaho gukundisha abana ishuri no kwirinda ibishuko ingeso mbi zibaganisha mu biyobyabwenge n’ubusambanyi.
Nyakubahwa Madamu Jeannette Kagame yasabye ababyeyi kongera kwita ku burere bw’umwana, kuko uburere bw’ibanze buhera mu rugo, anagaruka ku mirimo idakwiye ikoreshwa abana.
Gukoresha urumuri ruturuka ku mirasire y’izuba bizafasha abaturage mu kubungabunga ibidukikije n’ubuzima kuko ibindi bicanwa bihumanya kandi bikaba byakwangiza ikirere.
Abaturage bo mu Karere ka Nyamagabe ntibavuga rumwe n’ubuyobozi ku byiciro by’ubudehe, kuko mu gihe cyo kubashyiramo hadakurikizwa amabwirizwa ajyanye n’ubushobozi bafite.
Abakozi b’Akarere ka Nyamagabe bashinzwe kwegereza abaturage serivisi z’ikoranabuhanga no kuribigisha baravuga ko baterwa impungege n’urubyiruko rutitabira ikoranabuhanga rwegerejwe.
Umushinga wo bungabunga amazi y’imvura ukorera mu Karere ka Nyamagabe, watumye umusaruro w’ubuhinzi wiyongera ku binjiye muri gahunda yo kubika neza ayo mazi.
Abageze mu zabukuru batishoboye bo mu Murenge wa Mugano muri Nyamagabe, bahabwa inkunga y’ingoboka, barinubira ko batakiyihabwa n’amafaranga bizigamye ngo bazahabwe amatungo ntibayasubizwe.
Abaturage bo mu Murenge wa Mushubi muri Nyamagabe bahagaritse guhinga amatunda, bitewe n’uko yabembye, bahinga ntibagire icyo basarura.
Gusobanukirwa n’uko ubuvugizi bw’ibibazo abaturage bahura nabyo bukorwa, bigiye gufasha sosiyete sivile n’inzego z’ibanze za leta kubonera umuti ibyo bibazo.
Abaturage barasabwa gukumira inkongi z’umuriro birinda gutwika amashyamba n’ibindi byateza umuriro kugira ngo birinde impanuka zakwangiza ubuzima bwabo n’ubwibintu byabo.
Abatuye nabi mu Karere ka Nyamagabe bagiye gutuzwa mu midugudu y’ikitegererezo, bagezweho n’ibikorwaremezo, muri gahunda igamije kunoza imiturire.
Abaturage bo mu Murenge wa Musebeya mu Karere ka Nyamagabe barishimira ko kwegerezwa amashanyarazi byatumye babona indi mirimo idaturuka ku buhinzi, yatumye bivana mu bukene.
Abiga mu ishuri ribanza rya Gitantu, mu Murenge wa Gasaka bishimira ishuri begerejwe ariko ariko bakavuga ko bidahagije kuko abanyeshuri bagicucikiranye.
Jonas Nkundumukiza wo mu Murenge wa Cyanika mu Karere ka Nyamagabe yavumbuye Imbabura ikoresha umufuka umwe w’amakara ku mwaka yifashishije itaka ryo mu mashyuza.
Abatishoboye n’abafite ubumuga batagiraga aho baba bo mu Murenge wa Gasaka, bashyikirijwe amazu yo kubamo.
Abaturage badukanye ingeso y’ubuharike, bagashaka abagore barenze umwe, baribustwa ko ntaho itegeko ry’u Rwanda ribyemera, bityo bagasabwa kubyirinda.
Abahinzi bo mu Murenge wa Buruhukiro muri Nyamagabe bahangayikishijwe n’imbuto y’ibirayi yashaje, ikabateza igihombo ntibabashe kubona umusaruro bari biteze.
Akarere ka Nyamagabe kafashe ingamba zo kubarura abaturage bafite uburwayi bwo mu mutwe bakavuzwa.