Twahagurukiye kurwanya icyabuza umwana w’u Rwanda kwiga – Munyakazi Isaac

Minisiteri y’uburezi irasaba buri wese kurwanya icyo ari cyo cyose cyabuza umwana w’u Rwanda kwiga, igashishikariza ababyeyi kurushaho gukundisha abana ishuri no kwirinda ibishuko ingeso mbi zibaganisha mu biyobyabwenge n’ubusambanyi.

Abayobozi bakuru muri uyu muhango bataha ku mugaragaro aya mashuri
Abayobozi bakuru muri uyu muhango bataha ku mugaragaro aya mashuri

Byatangajwe n’Umunyamabanga wa Leta muri iyi Minisiteri ushinzwe amashuri abanza n’ayisumbuye, Munyakazi Isaac, kuri uyu wa kabiri taliki 16 Mutarama 2018.

Hari mu muhango wo gutaha ibyumba by’amashuri birimo Groupe scolaire Kacyiru II Perezida Paul kagame yashyizeho ibuye ry’ifatizo mu muganda wo ku itariki 29 Ukuboza 2017 yakoranye na Minisitiri w’intebe wa Ethiopia Hailemariam Desalegn.

Perezida Kagame na minisitiri w'Intebe wa Ethiopie bashyira ibuye ry'ifatizo ahubatswe aya mashuri
Perezida Kagame na minisitiri w’Intebe wa Ethiopie bashyira ibuye ry’ifatizo ahubatswe aya mashuri

Nubwo hari gushyirwa imbaraga mu kubaka ibikorwa remezo n’afashwa na Leta bushire, ngo hirya no hino haracyagaragara ikibazo cy’abana bata ishuri, abandi bakishora mu ngeso z’ubusambanyi ndetse n’ibiyobyabwenge.

Munyakazi Isaac yavuze ko buri wese akwiye guhaguruka kugira ngo imbaraga igihugu gikoresha muri ibi byose zidapfa ubusa.

Yagize ati “Ibiyobyabwenge n’ubusambanyi ni byo byugarije cyane abana muri iyi minsi. niyo mpamvu mpamagarira buri wese, guhaguruka tukabirwanya kuko biri mu bibuza abana b’u Rwanda kwiga’’.

rimwe mu masomero y'iri shuri
rimwe mu masomero y’iri shuri

Ibyumba byatashywe byubatswe ku bufatanye n’ingabo z’u Rwanda. Muri uyu muhango zari zihagarariwe na General Fred Ibingira wavuze ko kuri bo urugamba rwo kwita ku muturage ruba rugikomeje.

Ati “Tugira uruhare mu bikorwa byinshi dufatanyije n’izindi nzego, kugira ngo dufatanye kubaka igihugu. Bimwe muri ibyo bikorwa tugiramo uruhare ni aya mashuri dutashye none. “

Gen Fred Ibingira avuga ko Ingabo zikomeje urugamba rwo kurengera abaturage zibubakira ibikorwa by'iterambere
Gen Fred Ibingira avuga ko Ingabo zikomeje urugamba rwo kurengera abaturage zibubakira ibikorwa by’iterambere

Ababyeyi bafite abana muri aya mashuri barishimira ko iki gikorwa kije gusubiza byinshi mu bibazo bari bafite, kandi ko biteguye gukomeza gufasha igihugu kurera, nk’uko Sengabo Furgence yabitangaje.

Ati “Niba umwana ari mu ishuri ntabwo abona umwanya wo kujya mubitamufitiye umumaro, birimo ibyo biyobyabwenge, ubwo burara, ubujura, n’ibindi. “

Muri rusange hatashywe ibyumba 26, ubwiherero 32, amasomero, ibyumba by’ikoranabuhanga, n’irerero.

Byubatswe n’inkeragutabara mu mwaka w’amashuri wa 2017 mu karere ka Gasabo, byuzura bitwaye miriyoni hafi 316 z’amafaranga y’U Rwanda.

Munyakazi avuga ko icyabuza umwana w'u Rwanda kwiga cyose cyahagurukiwe
Munyakazi avuga ko icyabuza umwana w’u Rwanda kwiga cyose cyahagurukiwe
Abayobozi berekwa igishushanyo mbonera cy'uko iri shuri ryubatse
Abayobozi berekwa igishushanyo mbonera cy’uko iri shuri ryubatse
Iri shuri rije kugabanya ubucucike bw'abanyeshuri
Iri shuri rije kugabanya ubucucike bw’abanyeshuri
Aha niho abanyeshuri bazigira ikoranabuhanga
Aha niho abanyeshuri bazigira ikoranabuhanga
kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka