Abayobozi b’amadini n’amatorero bo mu karere ka Rusizi barasabwa kwita kuri gahunda yo kuboneza urubyaro no kuyikangurira abayoboke babo ndetse bagashishikarizwa kwigisha urubyiruko rwo mu madini bayobora ibijyanye na gahunda yo gusobanukirwa ubuzima bw’imyororokere yabo.
Ubuyobozi bw’akarere ka Ngororero hamwe n’abaturage cyane cyane urubyiruko barasaba Ishami ry’Umuryango w’abibumbye ryita ku baturage (UNFPA) kubafasha kubona ikigo cyihariye gitanga serivisi ku buzima bw’imyororokere kubera ikibazo cy’inda zitateganyijwe n’izitwarwa n’abana b’abakobwa kibugarije.
Ivuriro rya Nyamicucu riherereye mu karere ka Burera mu ntara y’Amajyaruguru ryagizwe ikigo nderabuzima, nyuma y’uko bigaragaruye ko ryakira abantu benshi kandi barenze ubushobozi bwaryo, nk’uko byatangajwe kuwa kane tariki 17/7/2014.
Abacuruzi bakorera inyuma y’isoko rya Byangabo mu Karere ka Musanze n’abahaturiye bavuga ko babangamiwe n’umunuko uva mu myanda iva mu isoko imenwa aho, basaba ubuyobozi ko bubatabara bagashaka ahandi yajya ishyirwa.
Minisiteri y’Ubuzima yashyikirije ibigo nderabuzima byo mu turere dutandatu amapikipiki 80 afite agaciro ka miliyoni 167 azaborohereza mu bikorwa byo gukurikirana no kuvura indwara ya malariya kugira ngo umuhigo u Rwanda rwihaye wo kuyirandura burundu ugerweho.
Nyuma y’uko mu murenge wa Kilimbi mu karere ka Nyamasheke, hari gukorwa umuhanda uva Rusizi werekeza i Karongi, ababyeyi baturiye aho ikorwa ry’umuhanda rikorerwa bakomeje guhangayikishwa n’iterwa ry’inda ku bakobwa babo cyane abiga mu mashuri yisumbuye.
Mu gihe cy’ibyumweru bibiri, mu kigo nderabuzima cya cyanika, kiri mu murenge wa Cyanika, mu karere ka Burera, habera igikorwa cya “Army Week” cyo gukeba abagabo ndetse no kuvura abaturage indwara zitandukanye, ubuyobozi bw’icyo kigo nderabuzima butangaza ko abaturage bitabiriye icyo gikorwa mu kigero gishimishije.
Mu gihe bamwe mu baturage bo mu tugali twa Kagina na Gishororo umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bavuga ko bahangayikishijwe no kuba nta miti isukura amazi babona ku buryo bworoshye dore ko bakoresha ayo bakura mu bishanga, ubuyobozi bw’uyu murenge bwo buvuga ko ubu iyi miti yamaze kugezwa ku bajyanama b’ubuzima (…)
Iyo uganiriye na bamwe mu bagore bo mu karere ka Muhanga bagannye gahunda yo kuboneza urubyaro ku buryo bwa kizungu, usanga bishimira ko byagabanyije imihangayiko yo kurera abo badashoboye kurera bituma babona n’umwanya wo guteza imbere ingo zabo.
Abakecuru babuze amagambo yo gushimira ingabo z’igihugu ziri mu gikorwa cyo kubavura indwara y’amaso izwi nk’ishaza nyuma yo gusabwa n’ibyishimo batewe no kongera kugira amahirwe yo kubona mu gihe bari bamaze imyaka itatu barahumye.
Mu gihe inzitiramubu ari igikoresho gikomeye mu kwirinda umubu utera marariya cyane iyo abantu baryamye mu ijoro, abaturage bamwe bo mu murenge wa Shangi mu karere ka Nyamasheke, bo bazikoreshaga mu kuzirobesha amafi n’isambaza abandi bakazikoresha mu bundi buryo nko kuzanikaho imyaka yabo bityo icyo zagenewe mu kubarinda (…)
Abaturage bivuriza ku kigo nderabuzima cya Gihundwe kiri mu murenge wa Kamembe, mu karere ka Rusizi cyane cyane abahamara igihe (hospitalisés), baravuga ko bafite ikibazo gikomeye cy’amazi kuko icyo kigo nderabuzima kitagira amazi meza ahagije bikabangamira isuku n’ibindi bihakorerwa bikenera gukoresha amazi.
Abatuye umurenge wa Mukama mu karere ka Nyagatare bemeza ko uretse kuba kuboneza urubyaro bifasha imiryango kwiteza imbere kuko babona umwanya uhagije wo gukora ngo n’abana barerwa neza kandi n’urukundo ruriyongera; gusa ngo kuboneza urubyaro ku bagabo ntibyitabirwa kubera gutinya ko abagore babo babaca inyuma.
Nyuma y’aho mu gihe cyashize hashyizwe imbaraga nyinshi mu kurwanya marariya, kandi ikagabanuka ku buryo bugaragara, ubu noneho abantu basigaye basa nk’abiraye mu kuyirinda kuko umubare w’abayirwaye watangiye kongera kwiyongera kandi noneho ikaza ikaze kurusha iya mbere.
Umuyobozi wungirije ushinzwe ibikorwa by’ubuzima by’ikigega cy’Abanyamerika (USAID) ku isi, Katie Taylor, yashimye abajyanama b’ubuzima mu Karere ka Gakenke yashimye uburyo bakora anabasaba gukomeza kuko ibikorwa bakora birengera benshi.
Imboga hafi ya zose zifite imirimo inyuranye n’iyo zihuriyeho, zitera ubuyanja mu mubiri, kwituma neza, zifite amazi ahagije kandi zifasha mu birinda umubiri indwara akaba ari yo mpamvu buri muntu wese asabwa kwita ku mbuto n’imboga mu mirire ye ya buri munsi.
Abatuye mu kagari ka Buhabwa ko mu murenge wa Murundi mu karere ka Kayonza bavuga ko bafite ikibazo cy’amazi kibakomereye kuko bakoresha amazi mabi bavoma mu bidendezi. Ayo mazi ngo aba ari mabi cyane kuko aba ashobora kumara igihe kirenga umwaka aretse ahantu hamwe kuko adatemba bigatuma aba arimo imyanda myinshi.
Nyuma y’uko abatuye Umurenge wa Rwimbogo mu karere ka Gatsibo bashyiriye ingufu mu kwishyura ubwisungane mu kwivuza bifashishije ibimina, ubu barahamya ko batakivunika cyangwa ngo bacyererwe muri iyi gahunda.
Ubuyobozi bw’ibitaro bya Butaro biri mu karere ka Burera butangaza ko nyuma y’imyaka ibiri gusa batangije serivisi yo kuvura kanseri hagiye hagaragara abantu batandukanye barwaye kanseri ngo kuburyo kuri ubu bari kuvura abarwayi barenga 2000.
Mu gihe abaturage basabwa umusanzu w’ubwisungane mu kwivuza y’umwaka wa 2014 hari amafaranga agera kuri miliyoni 14 yatanzwe n’abaturage ariko yariwe n’abayobozi b’ibimina bari bashinzwe kuyageza ku makonti ya za mituweli.
Abanyamuryango ba koperative y’abajyanama b’ubuzima bo mu murenge wa Rurenge akarere ka Ngoma, barashima iterambere bamaze kwigezaho ndetse nuko abaturage bashinzwe bamaze guhindura byinshi mu myumvire ngo bagire ubuzima buzira indwara.
U Rwanda ruri mu ibihugu 10 bya mbere ku isi byateye intambwe igaragara mu kugabanya impfu z’umwana n’umubyeyi, nk’uko bigaragara muri Muri raporo iheruka gushyirwa ahagaragara mu nama y’ubuzima yabereye i Johannesburg muri Afurika y’Epfo ibigaragaza.
Sosiyete Forward Rich ikora ibijyanye no guhugura abantu mu bijyanye no kwiteza imbere yarihiye abanyamuryango bayo 738 bo mu turere twa Ngoma na Kirehe ubwishingizi mu kwivuza bufite agaciro k’amafaranga asaga miliyoni ebyiri.
Muri gahunda y’ihuriro ry’urubyiruko y’akarere ka Rusizi (Rusizi Youth network) iterwamo inkunga na Imbuto Foundation, hatangijwe amahugurwa y’iminsi ibiri agamije kwigisha urubyiruko kumenya ubuzima bw’imyororokere yabo hagamijwe kwirinda no gukumira indwara zandurira mu mibonano mpuza bitsina, inda zitateguwe n’ibindi bibazo.
Nyuma y’uko hatangijwe uburyo bwo kwishyura ubwisungane mu kwivuza (mutuelle de sante) binyuze mu bimina ubuyobozi bw’akarere ka Ngoma buravuga ko bitanga umusaruro kuko ibimina byinshi byamaze kwishyura 100%.
Umuryango “Vision For a Nation” ukorana na Minisiteri y’Ubuzima mu kwegereza abaturage ubuvuzi bw’amaso, urasaba abaturage b’akarere ka Rwamagana ndetse n’ab’ahandi mu gihugu ko bakwiriye gukangukira kwisuzumisha no kwivuza amaso kuko ubuvuzi bwayo bwatangiye kubegerezwa kugeza ku bigo nderabuzima.
Abaturage bo mu karere ka Burera baturiye ikirunga cya Muhabura batangaza ko mu myaka 20 ishize u Rwanda rwibohoye bishimira ko bagejejweho amazi meza bakaba baribohoye umwanda ndetse n’indwara ziterwa n’isuku nke.
Kuba abagabo bakomeje kumenya akamaro kwisiramuza bituma abitabira icyo gikorwa bagenda biyongera aho bavuga ko kwikebesha uretse kuba bibafasha kugira isuku y’imibiri yabo ngo binabafasha kwirinda uburwayi bumwe na bumwe bwandurira mu mibonano mpuzabitsina ndetse abafite ingo bikabafasha no kuburinda abo bashakanye.
Abahumanyijwe n’amafunguro bafashe ubwo bari mu munsi wo kwizihiza umwana w’umunyafurika wizizwa ku itariki ya 16 Kamena bavuga ko bamaze koroherwa mu gihe abandi bakiri kwa muganga kuko bataroroherwa neza.
Ibitaro bya Kiziguro byo mu karere ka Gatsibo byishatsemo ubushobozi none biri kwiyubakira inyubako z’ibitaro zizuzura zitwaye akayabo ka miliyari na miliyoni zisaga 200 z’amafaranga y’u Rwanda.