Nyanza: Abantu 6000 bazabona imirimo itari iy’ubuhinzi mu mwaka 2012/2013

Abantu 6000 biganjemo urubyiruko bazahabwa imirimo itari iy’ubuhinzi mu karere ka Nyanza mu mwaka w’ingengo y’imali 2012-2013; nk’uko Murenzi Abdallah, umuyobozi w’akarere ka Nyanza yabitangaje tariki 21/06/2012.

Iyo mirimo yose izaba ishingiye ku bwubatsi bw’ibintu bitandukanye birimo ibigo nderabuzima, ikigo gishyirwamo abantu b’inzererezi, urwibutso rw’abazize Jenoside yakorewe Abatutsi mu karere hamwe n’ibindi bikorwa remezo.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza abisobanura atya: “ Turashaka ko urubyiruko rwacu twiteza imbere binyuze mu kurubonera akazi bityo rukabasha gukura amaboko mu mufuka”.

Urubyiruko rutabonye icyo gukora ngo rwiteze imbere nirwo usanga rwiyahuza ibiyobyabwenge ndetse na bamwe muri rwo bagahinduka inzererezi; nk’uko umuyobozi w’akarere ka Nyanza abisobanura.

Ako kazi kazatuma abantu bagira icyo bahuguraho bityo biteze imbere nk’uko aricyo cyerekezo u Rwanda rwihaye.

Umuyobozi w’akarere ka Nyanza kandi yanishimiye ko ako karere ayoboye kari hejuru y’umurongo w’ubukene kimwe n’akarere ka Kamonyi mu gihe utundi turere 6 two mu Ntara y’Amajyepfo turi munsi y’umurongo w’umukene.

Jean Pierre Twizeyeyezu

kigalitoday android app mobile

Ibitekerezo  

Ohereza igitekerezo

Igitekerezo cyanyu kiragaragara kuri Kigali Today nyuma y'isuzuma kandi mu gihe kidatinze. Udashaka ko izina ryanyu rimenyekana wakoresha alias, Turabashimiye.

Amakuru aheruka