Ku mugoroba wa tariki 02/11/2012 ubwo abana bari bagiye gutashya mu gashyamba kari hejuru ya Bralirwa mu karere ka Karongi aho bita mubagasirika, babonye umusore n’inkumi barimo kwivura umusonga ariko ntibamenya ibyo ari byo bagirango ni imirambo.
Mu gihugu cy’Ubuhinde haravugwa umugabo witwa Sohanial Chouhan w’imyaka 38, watahuweho kuba yarashyize intoboro ku gitsina cy’umugore we, ngo ajye abona aho ashyira ingufuri igihe yagiye ku kazi.
Umugabo witwa Kieti Mwangangi wo muri Kenya yatahuweho ko yari amaranye umurambo w’umwana we iminsi 10 yaranze kumushyingura ategereje ko azazuka akongera akaba muzima.
Umugabo witwa Gilberto Valle w’imyaka 28 y’amavuko wari usanzwe ari umupolisi mu mujyi wa New York muri Amerika yatawe muri yombi ateguraga umugambi mubisha wo kuzahotora abagore basaga 100 yarangiza akabarya abatetse mu nkono.
Mu cyumweru gishize, Cuthbert Kasikai Majada, umuyobozi wungurije wo mu gace k’ahitwa Chiwara mu gihugu cya Kenya, yitabye Imana amaze kwezi kose igitsina cye cyaranze kugwa azira kuba yarasambanyije umugore wa mwishywa we.
Amapantaro manini agenda amanuka akagera mu nsi y’ikibuno (baggies) ntakemewe kwambarwa mu ruhame mu mujyi witwa Cocoa, wo muri Let aya Floride muri Leta Zunze Ubumwe za Amerika.
Gilberto Araújo, Umunya-Brazil w’imyaka 41 yatunguye abantu ubwo yagaragaraga ku kiriyo umuryango we wamukoreraga. Icyo kiriyo cyabaye tariki 21/10/2012 nyuma yo gushyingura undi muntu bagirango ni Gilberto bashyinguye.
Nyuma yo kubona ko umugabo we afite ibibazo by’ihungabana yakuye mu ntambara muri Iraque, umugore witwa Ashley Wise yifotoje yambaye ubusa ndetse yiyanditseho amagambo atanga ubutumwa burebana n’ibyo abagabo babo bahura nabyo muri iyo ntambara.
Umusaza witwa Ramjit Raghav w’imyaka 96 y’amavuko ukomoka mu gihugu cy’u Buhinde yibarutse umwana we wa kabiri.
Abanyeshuri babiri bo muri Kaminuza y’i Texas muri Leta zunze ubumwe za Amerika, bahishe ababyeyi ba bo ko baryamana n’abo bahuje ibitsina, ariko birangira ababyeyi ba bo babimenye kuko urubuga rwa Facebook rwabashyize ku karubanda.
Abaganga bo mu gihugu cy’u Bushinwa batunguwe no gusuzuma umwana witwa Mengru Kang ufite umwaka umwe bagasanga atwite.
Umugabo Claver (amazina ye ryahinduwe nkuko yabyifuje) avuga ko nyuma yo gukora imibare agasanga amaze kunywa amakesi 4000 y’inzoga ya mitzig ziguze amafaranga arenga miliyoni 43 yumva bitazamuca intege mu kunywa iki kinyobwa.
Umugore witwa Terri Graham w’imyaka 44 akaba afite abana babiri ariko atarigeze abonsa amaze imyaka ibiri yonsa imbwa.
Umugabo witwa Gary Norton w’abana bane yifuje kuba umugore ageza n’ubwo abazwe ngo ahindurirwe igitsina ariko kuri ubu avuga ko ari ryo kosa rikomeye yakoze mu buzima bwe.
Umunyamideri ukomoka mu gihugu cy’u Bushinwa witwa Tsai Shiou-ying w’imyaka 54 y’amavuko usanzwe akora umwuga wo gutunganya imisatsi yakoze ubwoko bw’inkweto mu musatsi.
Abanyeshuri bo muri kaminuza ya Cophenagen Institute of Interaction Design mu gihugu cya Danmark bakoze ikoti ridasanzwe kuko rifite ubushobozi bwo kubika no gusukura amazi y’imvura yariguyeho.
Hari amoko menshi y’inkweto ashyirwa ku rutonde rw’inkweto mbi kurusha izindi, ariko izo mu bwoko bwa “Scary Beautiful” zakozwe na Leanie Van Der Vyver na René Van Den Berg zishobora guca agahigo.
Ishyirahamwe rigamije kurwanya umubyibuho ukabije mu nyamaswa zo mu rugo ritanga ikigereranyo ko imbwa n’injangwe birenga kimwe cya kabiri muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika bishobora kuba bifite ibiro byinshi.
Umugore utatangajwe amazina kubera impamvu z’ibanga yatanze ikirego mu rukiko rwa Harare muri Zimbabwe asaba umucamanza Miriam Banda ko yategeka umugabo we akajya amukorera imibonano mpuzabitsina kuko ngo amaze amezi 6 ntacyo amumenyera mu buriri.
Umukecuru Antisa Khvichava wo muri Leta ya Georgia bivugwa ko ariwe ufite imyaka myinshi ku isi yitabye Imana tariki 05/10/2012 ku myaka 132 y’amavuko. Yavutse tariki 08/07/1880, nk’uko bigaragara mu byangombwa bye byo muri Leta Zunze Ubumwe z’Abasoviyeti.
Mu gihugu cya Bresil hari gutegurwa amarushanwa adasanzwe, agamije gushaka abakobwa bafite amabuno meza kurusha abandi.
Abanyamideri bakomoka mu gihugu cya Esipanye bashyize ku isoko ubwoko bw’umwenda w’imbere udasanzwe. Iyi shusho nshya y’umwambaro ufite amateka maremare yahawe izina rya C-String.
Umukobwa wo mu gihugu cya Brézil witwa Catarina Migliorini w’imyaka 20 y’amavuko yashyize ku isoko ubusugi bwe kugirango abone amafaranga yo gushyira mu muryango udaharanira inyungu ufasha mu kubakira abatishoboye.
Umushakashatsi witwa Professeur Richard Lynn yashyize ahagaragara ubushakashatsi bwerekana ko kugira ubwenge bwinshi biza ku mwanya wa mbere mu bituma abagabo bagira ibitsina binini ariko hari n’izindi mpamvu nk’ahantu umuntu aba (climat) ubwoko (race) n’ibindi.
Umugabo witwa Umberto Billo umaze kuryamana n’abagore bagera ku 8000 niwe uza ku isonga ry’urutonde rw’abagabo b’ibihangange mu kuba baraciye agahigo mu gutera akabariro n’abagore benshi ku isi; nk’uko byatangajwe n’urubuga rwa Zigonet.
Florida Niyiragira wo mu mudugudu w’Akabare ka II, akagari ka Rwimishinya, umurenge wa Rukara wo mu karere ka Kayonza, yemeza ko mu icebe ry’ihene ye havuyemo igisiga gihita gipfa.
Umubyeyi witwa Eva Ottosson w’imyaka 56 y’amavuko wo mu gihugu cya Sweden yafashe umwanzuro wo kubagwa agakurwamo inda ibyara igaterwa mu mukobwa we witwa Sara w’imyaka 25 ngo abashe kubyara.
Umwana wo mu gihugu cy’Ubushinwa witwa Yang Jinlong afite imbaraga zidasanzwe kuko ku myaka irindwi gusa abasha guterura se ufite ibiro 90, ndetse akanakurura imodoka ifite uburemere bwa toni 1,85.
Umuntu muremure ku isi witwa Sultan Kosen ubu nta gikura, bikaba bibaye nyuma yuko abaganga bamuvuye indwara yatumaga akura bidasanzwe.
Umusore w’imyaka 17 w’Umushinwa witwa Wang wiga mu mashuri yisumbuye yagurishije impyiko ye imwe kugira ngo agure iPhone na iPad.