Umugabo witwa Datta Phuge wo mu Buhinde yaguze ishati ikoze muri zahabu ipima ibiro bitatu n’amagarama 300, ikamutwara amadorari y’amerika ibihumbi 250 angana n’amanyarwanda asaga miliyoni 160.
Sindayigaya Charles w’imyaka 30 y’amavuko utuye mu mudugudu wa Kirwa mu kagali ka Mushirarungu mu murenge wa Rwabicuma arashinjwa kuba yarasanze inka aho yari iziritse mu ishyamba akayisambanya ku manywa y’ihangu.
Umubikira wo muri kiliziya Gatulika witwa Mary Anne Rapp yemereye imbere y’urukiko muri Amerika ko yibye amadolari ya Amerika ibihumbi 130 (86.500.000 Rwf) akayakinisha mu mikino bita casino benshi bafata nk’urusimbi rwa kizungu kandi rwemewe.
Abaturage 21 baherutse gufatwa bajya gusengera mu rutare rwihishe mu murenge wa Rubavu mu karere ka Rubavu, bavuga ko gusengera mu rutare rumeze nk’ubuvumo bituma amasegesho agera ku Mana kuko ntakibarangaza.
Abanyeshuri batatu bo mu gihugu cy’Ubuhinde (abakobwa babiri n’umuhungu) baherutse gukora isutiye (soutien-gorge) ikoze ku buryo irekura amashanyarazi ya kilovolute 3800 igihe nyir’ukuyambara agiye guhohoterwa.
Mugeri Theodore w’imyaka 88 y’amavuko na Mukangwije Emilienne ufite imyaka 79 bafashe umwanzuro wo gusezerana imbere y’Imana muri kiliziya Gatulika, Paruwasi ya Congo Nil mu karere ka Rutsiro tariki 06/04/2013, kubera ko ngo imibanire yabo Imana itigeze iyemera, bigatuma imbere yayo bafatwaga nk’abasambanyi.
Timothy Doner w’imyaka 17 wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika adidibuza indimi 23 zirimo indimi zizwi ko zikomeye. Uretse indimi eshatu yigiye mu ishuri izindi zigera kuri 20 yaraziyigishije.
Abenshi baturutse hirya no hino baza gusengera ku rutare ruri mu kagari ka Rubona umurenge wa Bweramana mu karere ka Ruhango ngo kuko bahasubirizwa ibibazo baba bafite. Aho hantu bahise kuri “Banguka Nkutabare”.
Abagabo batatu bavugakana bafite ubumuga bwo kuba bagufi bidasanzwe, bavuga ko uko baremwe byatumye batabwa n’umuryango wabo ndetse n’abaturanyi bakabitaza, bityo ntibabashe kuba babona akazi ngo babashe kubona imibereho.
Nyiri hoteri yitwa Finn iri mu mujyi wa Helsinki mu gihugu cya Finlande yatunguwe no gutanga akazi ko kugerageza ibyumba bya hoteri ye, maze akabona abantu bashaka ako kazi bagera kuri 800 mu gihe hagisigaye ukwezi kose ngo igihe cyo gusaba ako kazi kirangire.
Augustin Bazimaziki utuye mu kagari ka Congo Nil mu murenge wa Gihango mu karere ka Rutsiro yokeje inyama z’imbwa arazirya nyuma y’uko yari imaze kwicwa n’abaturage kuko ngo ari imwe mu mbwa enye z’inzererezi zari zimaze iminsi ziriye ihene y’umuhungu we.
Polisi yo mu mujyi wa Bangalore, mu gihugu cy’Ubuhinde yatangiye gukora abapolisi bakoze mu bikarito, maze ngo abashoferi nibabona bagende neza ngo badahanwa.
Umugore wo muri Leta Zunze Ubumwe z’Amerika yamenye ko umugabo we amuca inyuma ananirwa kumubikira ibanga, afata icyemezo cyo kumushyira ku karubanda akoresheje icyapa gishyirwaho amatangazo yo kwamamaza.
Mukamana Alphonsine, umukecuru utuye mu Kagari ka Kabona mu Murenge wa Kinazi, Akarere ka Huye, afite ihene yise Cyabakobwa.
Abaganga mu mujyi witwa Shenzhen mu gihugu cy’u Bushinwa bavumbuye uburyo bazajya bakoresha mu guha abana imisemburo n’amaraso ituma baba abanyabwenge atari uko Imana yabaremye.
Umugabo w’Umwongereza witwa Andrew Wardle ufite imyaka 39, wavutse adafite igitsina kubera ubumuga yakuye munda ya nyina, ubu abaganga barimo kumukorera igitsina bifashishije ibice by’umubiri we.
Ibishambusha birimo inyama bikunze gucururizwa mu masenteri yo mu cyaro, ibyo muri santeri ya Musumba, mu murenge wa Nyarubaka mu karere ka Kamonyi babyita “Nzaba ndwubaka”. Abahatuye bavuga ko iryo zina baribihaye kuko bikunze kuribwa n’abasore badafite abagore.
Umugabo w’imyaka isaga 6o mu Bufaransa, mu mujyi wa Brest, yakatiwe igifungo cy’umwaka umwe hamwe n’izahabu y’amafaranga kubera gufata amashusho (Video) abagore basaga 1.535 batabizi kandi bari mubwiherero (toilette).
Umugabo wo mu bwongereza witwa Paul Marshallsea, w’imyaka 62, yirukanywe ku kazi yari asanzwe akora mu gihugu cye kuko yagaragaye ku mbuga za internet afata igifi cyo mu bwoko bwa requin i Brisbane mu gihugu cya Australia, mu gihe yari ari mu kiruhuko cy’uburwayi.
Umwana w’Umwongereza w’imyaka 12 witwa Neha Ramu yinjiye mu rutonde rugizwe n’abantu barusha abandi ubwenge ku isi, nyuma yo kugira ikigero kinini ku gipimo QI.
Ruhango: Umupadiri arahakana umwana ashinjwa ko yabyaranye n’umunyeshuri yafashaga.
Umusaza witwa Maborogo Jean wo mu murenge wa Ntarama mu karere ka Bugesera yashyingiranywe n’umukecuru witwa Nyiramajoro Donata bari bamaranye imyaka babana batarasezeranye imbere y’amategeko.
Twagirumukiza Innocent n’umugore we Nyiranizeyimana Jacqueline batuye mu mudugudu wa Nduruma muri Kigombye mu murenge wa Muhoza mu karere ka Musanze basabiwe kurambikwaho ibiganza, kugirango Imana ibafashe mu buzima bushya biyemeje bwo kugendera kure amakimbirane aterwa n’ubusinzi bw’umugore.
Jean Bosco Hagenimana wigaga mu mwaka wa mbere mu ishuri ryisumbuye ES Murunda ryitiriwe mutagatifu Yohani ntabwo yigeze aboneka mu kigo nyuma yo guhamwa n’ikosa ryo kwituma mu cyumba abahungu bararamo dortoir.
Abashakashatsi b’Abanyamerika bo mu mujyi wa San Francisco bavumbuye abuhanga bwereka abantu bafite kuva ku myaka 50 kuzamura, igihe bazarangiriza ubuzima bwabo kwisi.
Charles Uwimana w’imyaka 49, aracyekwaho gusambanya Intama y’umuturanyi we witwa Rudakubana Bertrand utuye mu mudugudu wa Rusizi akagali ka Nyakogo umurenge wa Kinihira, akarere ka Ruhango.
Umugabo witwa Ralph Napierski wo mu gihugu cy’u Butaliyani, kuri uyu wa mbere tariki 04/03/2012, yigize musenyeri wo mu bitwa Aborutodogisi bazwi ku izina rya Basile kugira ngo abashe gukurikirana inama y’abayobozi bakuru ba Kiliziya Gatulika i Vatikani itegura itorwa rya Papa.
Ku cyumweru tariki ya 03/03/2013, umugore turi bwite Kanakuze wo muri Kabaya yakubiswe ibisura n’undi mugore ubwo yari arimo gusenga mu rusengero rw’idini rya ADEPR ahitwa Gakararanga muri uwo murenge.
Amakuru atangazwa n’urubuga www.lepoint.fr aravuga ko mu ijoro ryo kuwa kane ushyira uwa gatanu tariki ya 01/03/2013, umugabo w’ahitwa i Brandon muri leta ya Floride muri Letza Zunze ubumwe za Amerika yamizwe n’icyobo cyikoze munsi y’aho yari aryamye. Icyo cyobo cyikoze asinziriye nuko kiramutwara.
Umukecuru witwa Reba Williams ufite imyaka 106 ngo yaba agiye guhabwa impamyabushobozi ye akwiye kuba yarahawe mu myaka 87 ishize. Amakuru dukesha Mansfield News Journal aravuga ko mu mwaka wa 1926 Reba Williams yari inkumi yigaga mu ishuri ryisumbuye rya Mount Vernon muri Leta ya Pennsylvania muri Leta zunze ubumwe za Amerika.